• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Editorial 20 Jan 2018 SHOWBIZ

Kenshi usanga ba bakobwa batangarirwa na benshi ko ari beza ku buranga n’ubwo nta we uba uzi uko bameze imbere ku mutima, batinda kubaka ingo, kandi ubona nta kintu babuze.

Ikinyamakuru Bwiza.com  dukesha iyi nkuru cyakusanyirije bimwe mu bishobora gutuma umukobwa utangarirwa na benshi ku buranga ashobora kumara igihe kirekire yarabuze umuvana iwabo.

 1.Kubatinya: Umukobwa uteye neza, usa neza ku isura, mbese wawundi uca ku basore bakavuga bati ‘uyu mukobwa aracyeye’ akenshi uzasanga abahungu batinya kumuvugisha kandi mu by’ukuri na we akeneye umuba hafi, nta n’uwo agira, ahubwo uko ateye kukamubera imbogamizi yo kumucaho abantu.

2.Kubabonamo agasuzuguro: Rimwe na rimwe hari igihe aba abona abasore benshi bamukeneye, aha niho ahera abatera ikizere, umuvugishije yaba atamuhaye akanya akaba yahita amubonamo agasuzuguro cyangwa ubwirasi mu by’ukuri atari uko asuzugura ahubwo ari uburyo bwo kwirinda.

3.Kubabonamo ubunebwe: Hari imirimo imwe n’imwe abasore baba bibeshyaho ko umukobwa mwiza atakora, nko guhinga, gucuruza utuntu duciriritse,… ahubwo bakababonamo isura yo gukora nko mu biro cyangwa ahandi hantu hiyubashye kandi mu by’ukuri nyiri ubwiza bwe, bumwemerera kuba mu buzima bwose rimwe na rimwe anakennye ku mufuka kandi anafite umutima mwiza, akabura amahirwe atyo

4.Kubahuriraho muri benshi bakabura amahitamo: Bitewe n’aho ari, hari igihe abasore bamubana benshi, akabura amahitamo ahubwo agakunda rumwe rwo mu kigare, atendeka abasore, akabura uwo akunda n’uwo areka.

5.Gukeka ko afite umukunzi: Umusore ashobora kwitinya, yumva ko umukobwa nk’uwo ataba yarabuze umukunzi, kandi mu by’ukuri yaramubuze burundu, benshi bagahora bamutinyira ubusa.

6.Kumubonamo Ubwibone: Umukobwa ashobora kumenya ko ari mwiza, nawe yakwireba uko ateye koko akabona ko ari mwiza pe! Ibi rero nibyo bwiza.com ikubwira ko bituma na we yirya ku giti cye ntawe abangamiye cyangwa akagaragaza ubwibone, niyo ataba asuzugura, ariko abasore bamubonamo ubwibone, bati uriya ntabwo yatonora igitoki, ntabwo yakoropa mu nzu, ntabwo yakwisiga amavuta ya make,… ibi bikaba byamuheza iwabo.

7.Kumubonamo inshuti yo mu gitanda: Abasore benshi b’abahehesi, akenshi iyo babonye abakobwa beza cyane, baremera bakabamariraho ibyo bafite ariko intego bakayigeraho, bakabasambanya, ikibabaje ni uko iyo bashaka kubaka urugo, basubira inyuma bakajya gushaka babandi bazi ko badafite ubwiza wenda bushamaje cyane, ariko baciye bugufi, badatangarirwa na benshi,…

8.Amakuru yumvwa ku bandi: Umusore ashobora kuba azi amateka y’undi mukobwa azi ko yari mwiza atarashaka, nyuma yagera mu rwe rukamunanira, ibyo nabyo abasore babigenderaho bavuga bati; wasanga na we umugejeje mu rugo yamera nka kanaka twirirwaga dutangarira ngo ni mwiza, ibi bikaba byabuza umukobwa amahirwe kandi wenda we atari ko ateye.

9.Kumubona nk’uvuka mu muryango ukize: Umukobwa mwiza, wiyitaho, kabone n’iyo yaba avuka kwa ngoferi, abasore iyo bamubonye bahita biyumvisha ko avuka kwa Minisitiri, kwa jenerali kandi wenda avuka kwa ngofero ahubwo ari uko abasha kwiyitaho nk’umwari, abasore bakaba bamutinyira ibyo adafite, imyaka ikamubana myinshi yarabuze umukunzi.

10.Kwibwira ko yazajya aguca inyuma: Hari imvugo benshi bakoresha ko umugore mwiza atarongorwa n’umugabo we gusa, ibi rero bitera ubwoba abasore, bagahora biyumvisha ko umukobwa mwiza n’ubundi namara gushyingirwa abandi bagabo bazajya bamurabukwa.

Gusa ibi biba ari ukwibeshya, ushaka umugore ntamurebera ku miterere y’umubiri we, umugore mwiza umuhabwa n’Imana, umugore mwiza ukamubonera mu bikorwa akora, bikaba akarusho iyo akweretse urukundo rw’ibikorwa aho kukugaragariza rumwe rwo mu magambo cyangwa mu mashuka.

2018-01-20
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Editorial 19 May 2021
Monaco Cafe na Monaco Cosmetics zikomeje kubagezaho ibyiza zifite utasanga ahandi muri Kigali

Monaco Cafe na Monaco Cosmetics zikomeje kubagezaho ibyiza zifite utasanga ahandi muri Kigali

Editorial 19 Nov 2017
Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Editorial 03 Mar 2021
Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Editorial 09 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.
Amakuru

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Editorial 14 Apr 2021
Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be
ITOHOZA

Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Editorial 04 Feb 2019
Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa
Mu Mahanga

Ruhango: Umusore yasanzwe muri SACCO afite umuhoro ahita araswa arapfa

Editorial 29 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru