• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Editorial 21 Jan 2018 IMIKINO

Areruya Joseph yanditse amateka aba Umunyafurika wa gatatu ubashije kwegukana isiganwa ry’amagare rya mbere rikomeye kuri uyu mugabane rya “La Tropicale Amissa Bongo”.

Areruya yambaye umwenda w’umuhondo ku wa Kane nyuma yo kwegukana agace ka kane k’iri rushanwa, kuva ubwo akomeza kuwurwanaho nubwo yagize ibyago bamwe mu bakinnyi bamufashaga barimo Ndayisenga Valens na Uwizeyimana Bonaventure bakagwa ku gace ka gatanu bigatuma bahita bava mu irushanwa.

Yatangiye agace ka nyuma kuri iki Cyumweru asiga Holler Nikodemus wari umukurikiye ku rutonde rusange amasegonda 18, arusha Gaudin Damien amasegonda 38 wa gatatu na Koshevoy Ilia wa kane umunota 1:51.

Ibi byamuhaga icyizere ariko bikamusaba gukora cyane kimwe n’abakinnyi batatu ba Team Rwanda yari asigaranye barimo Munyaneza Didier, Ukiniwabo René Jean Paul na Ruberwa Jean.

Intera y’ibilometero 140 y’agace kavaga Bikélé kagasorezwa mu Murwa Mukuru Libreville, Areruya yayirangije ari ku mwanya wa 24 ariko yakomeje gucunga cyane Nikodemus warangije ari uwa 12 ariko bakoresheje ibihe bingana.

Aka gace ka nyuma kegukanywe n’Umutaliyani, Luca Pacioni ukinira ikipe ya Wilier Triestina – Selle Italia akoresheje amasaha 3:07’26” anganya n’abakinnyi 36 bamukurikiye.

Muri rusange iri rushanwa ryari rifite ibilometero 998 byose Areruya yabinyonze mu gihe cy’amasaha 23:52’24” akurikirwa na Nikodemus yarushaga amasegonda 18 naho Gaudin Damien aba uwa gatatu amusiga amasegonda 50.

Areruya abaye umukinnyi w’Umunyafurika wa gatatu mu mateka ubashije kwegukana iri siganwa ryabaga ku nshuro ya 13 nyuma ya Berhane Natnael wo muri Eritrea wabikoze mu 2014 akinira Team Europcar; iyi kipe yo mu Bufaransa yaje guhinduka Direct Énergie ndetse isanzwe ikina amasiganwa akomeye ku Isi nka Tour de France.

Byongeye gukorwa mu 2015 n’Umunya-Tunisia Chtioui Rafaâ wakiniraga Skydive Dubai–Al Ahli Pro Cycling Team yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Ibi bivuze ko u Rwanda rwanabaye igihugu cya mbere cya Afurika cyegukanye iri siganwa.

Ibigwi bya Areruya Joseph

Uyu musore yavutse tariki 23 Ugushyingo 1996 mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza. Ni imfura mu muryango w’abana batandatu ba Gahemba Jean Marie Vianney nawe wigeze kuba igihangange mu mukino wo gusiganwa ku magare ndetse agahagararira u Rwanda mu mahanga inshuro zitari nke.

Ntiyabashije kwiga amashuri asanzwe ariko kuva ari umwana muto yakunze igare kurusha ibindi byose. Yegukanye isiganwa rya mbere afite imyaka 15. Icyo gihe yarushanwaga akoresheje igare risanzwe rizwi nka “matabaro” cyangwa ‘pneu ballon’ mu masiganwa y’imirenge.

Yatangiye kwitabira amasiganwa ategurwa na Ferwacy mu 2012 afite imyaka 16 ariko aba umukinnyi w’ikipe y’igihugu mu 2014 atoranyijwe na Jonathan Boyer mu bana bagombaga gukina Shampiyona ya Afurika ya ‘Mountain Bike’.

Yahagarariye u Rwanda bwa mbere muri Kanama 2015 mu isiganwa rya “Brazil Tour do Rio’ gusa ntiyabashije kurangiza. Kuva ubwo yabaye umukinnyi ukomeye ndetse atoranywa gukina Tour du Rwanda ye ya mbere uwo mwaka asoza ari uwa kabiri ku rutonde rusange anafasha cyane Nsengimana Jean Bosco kuyegukana.

Yitabiriye La Tropicale Amissa Bongo bwa mbere mu 2016 ataha ari uwa 63 ku rutonde rusange aba n’uwa kabiri mu gace k’umunsi wa kane kavaga Oyem kajya Ambam. Yitabiriye andi masiganwa atandukanye yitwara neza asoreza umwaka kuri Tour du Rwanda yegukanyemo igihembo cy’umunsi wa kane anarangiza ari uwa kane muri rusange.

Yahise abona ikipe yabigize umwuga ya Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo iramugura ariko imushyira mu bakiri bato bayo. Byamufashije kumara hafi umwaka yitoreza mu Butaliyani anakina amasiganwa atandukanye i Burayi.

Yongeye kwibutsa Isi yose ko afite impano idasanzwe mu kunyonga igare ubwo yegukanaga igihembo cy’umunsi wa gatanu muri Giro d’Italia y’abatarengeje imyaka 23. Yitwaye neza mu yandi masiganwa mu Bufaransa no mu Butaliyani asoza umwaka wa 2017 yandikisha amateka yegukana Tour du Rwanda 2017 akaba anatangiye neza uwa 2018 mu isiganwa rya mbere awukinnyemo.

2018-01-21
Editorial

IZINDI NKURU

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Editorial 20 Aug 2021
Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Editorial 15 Mar 2017
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Editorial 15 Feb 2023
Mbere yo kwerekeza mu Misiri Ikipe y’Igihugu ya Handball yashyikirijwe ibendera

Mbere yo kwerekeza mu Misiri Ikipe y’Igihugu ya Handball yashyikirijwe ibendera

Editorial 09 Jan 2024
Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Editorial 20 Aug 2021
Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Editorial 15 Mar 2017
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Editorial 15 Feb 2023
Mbere yo kwerekeza mu Misiri Ikipe y’Igihugu ya Handball yashyikirijwe ibendera

Mbere yo kwerekeza mu Misiri Ikipe y’Igihugu ya Handball yashyikirijwe ibendera

Editorial 09 Jan 2024
Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Editorial 20 Aug 2021
Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Editorial 15 Mar 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru