• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Kabishi mu bakinnyi bashya muri Mukura VS yasinyishije umunyarwanda wakinaga mu Burundi

Kabishi mu bakinnyi bashya muri Mukura VS yasinyishije umunyarwanda wakinaga mu Burundi

Editorial 23 Jan 2018 IMIKINO

Ndayishimiye Yussuf ‘Kabishi’ ni umwe mu bakinnyi bashya bashobora kwiyongera muri Mukura VS yamaze gusinyisha Ntate Jumaine, Umunyarwanda wakinaga muri Muzinga FC yo mu Burundi.

‘Kabishi’ ni umwe mu bakinnyi bakanyujijeho mu myaka yo hambere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ndetse no mu ikipe y’igihugu Amavubi, aho yakinnye mu makipe atandukanye nka Kiyovu Sports, Atraco FC, Rayon Sports, Musanze FC, Espoir FC, AS Kigali n’andi.

Kabishi amaze igihe atagaragara mu kibuga ariko ngo yiteguye gutsindira Mukura VS ibitego byinshiKabishi amaze igihe atagaragara mu kibuga ariko ngo yiteguye gutsindira Mukura VS ibitego byinshi

Uyu mukinnyi amaze igihe yitoreza muri Mukura VS, ndetse amakuru agera kuri RuhagoYacu avuga ko Umutoza wa’iyi kipe, Haringiro Francis Christian yamaze gushima uyu mukinnyi ku buryo ari umwe mu bashobora kwiyongera muri iyo kipe nk’uko bitangazwa na Niyobuhungiro Fidel, Umunyamabanga mukuru wayo.

Niyobuhungiro yagize ati “Turacyari mu biganiro kuko igihe kirangiye ni icyo kongeramo abakinnyi bavuye hanze kuko abasanzwe bakina imbere mu Rwanda bo igihe cyabo ntikiragera. Bongerwamo imikino ibanza irangiye kandi ntirarangira.”

Jumaine Ntate (wambaye ikabutura) ngo ni Umunyarwanda wiberaga mu BurundiJumaine Ntate (wambaye ikabutura) ngo ni Umunyarwanda wiberaga mu Burundi

Mu gihe cy’igura n’igurisha ry’abakinnyi baturutse mu bindi bihugu, Mukura VS yasinyishije Ntate Jumaine ukina hagati afasha ba myugariro, uyu akaba Umunyarwanda wavutse kuwa 06 Kamena 1995, bivuze ko afiye imyaka 22, akaba yakinaga mu ikipe ya Muzinga FC yo mu Burundi.

Ntate Jumaine yasinyiye amasezerano yo gukinira Mukura VS kugeza mu mpera z’uyu mwaka w’imikino, bivuze ko yasinye amasezerano y’amezi atandatu ashobora kongerwa bitewe n’uko azaba yitwaye n’umusaruro azaba yaratanze.

Kugeza ku munsi wa 10 wa Azam Rwanda Premier League, Mukura VS iri ku mwanya wa 5 n’amanota 15, ikaba inganya amanota na Rayon Sports, Police FC na Sunrise FC.

2018-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports bafatiwe muri Hoteli yarimo abasifuzi i Burundi yatangaje impamvu bayigiyemo

Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports bafatiwe muri Hoteli yarimo abasifuzi i Burundi yatangaje impamvu bayigiyemo

Editorial 02 Mar 2018
Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Editorial 06 Jul 2016
Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Editorial 13 May 2019
Kwizera Olivier yasezerewe muri APR FC ariko nta kipe agomba gusinyamo umwaka urenze umwe

Kwizera Olivier yasezerewe muri APR FC ariko nta kipe agomba gusinyamo umwaka urenze umwe

Editorial 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu
Amakuru

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Editorial 06 Jun 2024
Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi
Mu Mahanga

Umuhanzi Patient Bizimana yibwe akayabo k’amafaranga arenga miliyoni icumi

Editorial 01 Apr 2016
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth
UBUKUNGU

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Editorial 17 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru