• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera

Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera

Editorial 30 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Muri iki gitondo, Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa ry’Ihuriro ry’Abashoramari n’Abikorera ku Mugabane wa Afurika ribera i Addis Ababa muri Etiyopiya.

Abandi Bakuru b’Ibihugu itangizwa ry’iri huriro barimo Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya Hailemariam Desalegn, na Perezida w’u Bugande Yoweri Kaguta Museveni. Iri huriro ryanitabiriwe kandi na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Iri huriro rihuje n’abashoramari n’abikorera barenga 240 bahagarariye abandi, baturutse ku Mugabane wa Afurika no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rigamije gushyiraho uburyo bunoze bwafasha abayobozi mu nzego za leta kumva ijwi ry’abikorera kugira ngo politiki za leta zitandukanye zifashe mu gukuraho imbogamizi abashoramari n’abikorera bagihura.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame, akaba kandi n’Umukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yashimangiye ko uruhare rw’abikorera ari ingenzi mu kugera ku ntego z’iterambere Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wihaye.

Perezida Kagame yagize ati: “Dukeneye ko abikorera bagira uruhare rugaragara. Iyo uruhare rwabo rudahari, hari ikintu kinini tuba tubura. Nyinshi mu ntego Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wihaye zigamije gukura ho imbogamizi ku ishoramari n’ubucuruzi. Byose kandi biganisha ku guhindura imibereho y’abaturage bacu ikaba myiza kurushaho.”

Perezida Kagame yongeyeho ko ubufatanye hagati ya leta n’abikorera bugomba kwiyongera kuko bose basenyera umugozi umwe bagamije guhindura ubuzima b’abaturage ba Afurika.

“Hari byinshi twageraho dukomeje gufatanya nk’abanyafurika nkuko dusanzwe tubikora binyuze mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse tunafatanya n’abandi bo ku yindi migabane harimo n’abo turi kumwe hano.”

U Rwanda kandi rwanatumiye gutanga ibitekerezo mu biganiro byitabanda ku buzima, cyane cyane hibandwa ku bufatanya bwa leta n’abikorera. Ibi biganiro bifite insanganyamatsiko igira iti: “Duteze imbere ubufatanye bwa leta n’abikorera mu kurwanya indwara zitandura.”

Iri huriro rwateguwe na Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Ubukungu (UNECA) ifatanyije n’akanama kagamije guteza imbere umubano mu by’ubucuruzi hagati ya Afurika na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kazwi nka CCA.

2018-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Editorial 09 Nov 2019
Gabiro: Perezida Kagame yashoje  imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Gabiro: Perezida Kagame yashoje imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Editorial 11 Dec 2018
Uko inama ya Kampala yagenze

Uko inama ya Kampala yagenze

Editorial 13 Dec 2019
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Editorial 10 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyaranze itariki ya 28 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje
Mu Rwanda

Ibyaranze itariki ya 28 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje

Editorial 28 Apr 2018
Icyaha cyo gusebanya “Diffamation” nacyo cyakuwe mu gitabo cy’amategeko ahana gishyirwa mu byaha mbonezamubano
ITOHOZA

Icyaha cyo gusebanya “Diffamation” nacyo cyakuwe mu gitabo cy’amategeko ahana gishyirwa mu byaha mbonezamubano

Editorial 02 Oct 2018
Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?
HIRYA NO HINO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Editorial 09 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru