• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Editorial 09 Feb 2018 Mu Rwanda

Uwamahoro Bonaventure yatorewe kuba Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, kuri uyu wa 9 Gashyantare 2018, asimbuye Mugisha Philbert wahagaritswe kuri uwo mwanya mu Ugushyingo 2018.

Uwamahoro yatowe n’abajyanama b’Akarere ka Nyamagabe nyuma y’uko taliki 03 Gashyantare 2018 yari yatowe n’abaturage bo mu Murenge wa Kamegeri kuba umujyanama ubahagarariye mu nama Njyanama y’Akarere asimbuye Philbert Mugisha wahagaritswe.

Yatowe ku majwi 324 naho Marie Louise Mujawayezu bari bahanganye agira 13mu bajyanama 337 b’imirenge batoye.

Mbere y’uko atorerwa kuba Umuyobozi w’Akarere, Uwamahoro yabanje kurahirira kuba Umujyanama w’Akarere ka Nyamagabe nk’uko anategeko abiteganya.

Uwamahoro Bonaventure yari asanzwe ari umuyobozi w’Igenamigambi, ushinzwe amahugurwa no kubaka ubushobozi bw’Abakozi muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA kuva muri Kamena 2012.

Mu Ugushyingo 2017, Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe yahagaritse uwari Umuyobozi w’Akarere, Mugisha Philbert, nyuma y’igihe kigera ku cyumweru atawe muri yombi akekwaho ibyaha birimo kunyereza umutungo wa Leta no gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Icyo gihe Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe, Ndahindurwa Fiacre, yabwiye IGIHE ko bakoze inama tariki ya 18 Ugushyingo 2017, bafata icyemezo cyo guhagarika Meya muri Njyanama nyuma yo gusanga hari amakosa yakoze.

Ndahindurwa yavuze ko Umujyanama atorwa kubera ubunyangamugayo, bityo ko Mugisha kuba yarageze aho atabwa muri yombi nta bunyangamugayo bwari bukimurangwaho.

Abajijwe impamvu bamusezereye kandi ubutabera butaramuhamya icyaha, Ndahindurwa yavuze ko ibyo bakoze bijyanye n’amahame ya Njyanama, bityo ko ubutabera nabwo buzakora ibyabwo.

Yagize ati “Twebwe ntabwo turi abacamanza, twamusezereye. Twe nka njyanama biba bisebeje, igihe rero dufashe icyemezo nk’icyo bakamugira umwere, ubwo byazagira izindi ntera bifata.”

Gusa nyuma yaho mu kwezi k’Ukuboza 2017, urukiko Rukuru urugereko rwa Nyanza rwategetse ko Philbert Mugisha arekurwa kuko rwasanze ari umwere ariko ntiyasubiye mu kazi kuko Inama Njyanama y’Akarere yari yaramaze kumusezerera.

Uwamahoro Bonaventure w’imyaka 40 watorewe kuba Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe yavukiye mu Murenge wa Mugano; ni umugabo wubatse ufite umugore umwe n’abana batatu.

Afite impamayabushobozi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Master’s Degree) mu bijyanye n’iterambere yakuye mu Busuwisi mu 2010.

2018-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Editorial 18 May 2018
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Editorial 29 Jun 2021
Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Editorial 07 Oct 2017
Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Editorial 05 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe
SHOWBIZ

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Editorial 06 May 2018
Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’
Amakuru

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Editorial 07 Jul 2023
Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero
Mu Rwanda

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Editorial 30 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru