• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uhiriwe Byiza Renus yegukanye umudali wa Zahabu muri shampiyona ya Afurika y’amagare, aboneraho gushimira Perezida Paul Kagame

Uhiriwe Byiza Renus yegukanye umudali wa Zahabu muri shampiyona ya Afurika y’amagare, aboneraho gushimira Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 25 Mar 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo shampiyona ya Afurika yo gusiganwa ku magare 2022 yakinwaga ku munsi wayo wa Kabiri, umunyarwanda Uhiriwe Byiza Renus yegukanye umwanya wa mbere mu basiganwaga bari munsi y’imyaka 23 aboneraho no gushimira Perezida Paul Kagame ku bw’ubufasha akomeje kubaha

Ni isiganwa rya shampiyona ya Afurika yo gusiganwa ku magare ryatangiye mu gihugu cya Misiri kuwa gatatu w’iki cyumweru, ubwo abasiganwa bakinaga umunsi wabo wa kabiri umunyarwanda Uhiriwe Byiza Renus yabaye uwa mbere mu bari munsi y’imyaka 23 ubwo abakinnyi basiganwaga ku giti cyabo.

Ku ntera ingana n’ibilometero 44 na metero 400, uyu mukinnyi yakoreshe ibihe bingana n’iminota 59 n’amasegonga ane, aha kandi yanabaye uwa gatanu mu basiganwaga bose ari kumwe n’a bakuru.

Nyuma yo kwitwara neza Byiza Renus abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’ubufasha akomeje guha umukino w’amagare.

Byiza Renus yagize ati “Uyu mudari wa Zahabu nywutuye Perezida Paul Kagame hamwe n’abanyarwanda bose bakomeje kunshyigikira muri uyu mwuga wo gusiganwa ku magare, Nzakomeza kurwanira u Rwanda”

Si Renus wegukanye umwaya wa mbere agahabwa n’umudali wa zahabu gusa kuko na Nsengimana J Bosco yabaye uwa gatatu mu basiganwa ari bakuru ahabwa umudali w’Umuringa, Ku ntera ya km44 na m400 Nsengimana yakoresheje iminota 57 n’masegonda 15.

Kwegukana umudali wa zahabu kuri Byzia Renus wasiganwaga ku giti cye bibaye ku ncuro ya kabiri kuko ubwo hari mu mwaka wa 2019 nabwo yegukanye umudali wa Zahabu abaye uwa mbere muri shampiyona ya Afurika.

Kuri uyu wa gatanu abasiganwa barakomeza guhatana kuko biteganyijwe ko isiganwa rizasozwa kuri iki cyumweru tariki ya 27 Werurwe 2022.

2022-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Ubwanditsi 02 Jan 2022
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Musanze: Gen. Gatama ukuriye ingabo yijeje abashoramari umutekano usesuye nyuma y’igitero cya FDLR

Ubwanditsi 10 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW
Amakuru

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Ubwanditsi 22 Sep 2024
Perezida Nkurunziza yaba yaragiye ku butegetsi ashaka amafaranga kurusha kunga Abarundi?
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza yaba yaragiye ku butegetsi ashaka amafaranga kurusha kunga Abarundi?

Ubwanditsi 23 Jan 2020
AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.
Amakuru

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru