• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Busingye yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga mu kugenzura amakosa yo mu muhanda

Minisitiri Busingye yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga mu kugenzura amakosa yo mu muhanda

Ubwanditsi 15 Dec 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Ubutabera, Jonston Busingye, ejo yatangije uburyo bushya bw’ikoranabuhanga ryo mu rwego rwo hejuru rikomatanya serivisi zitangwa na Polisi y’u Rwanda, ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda ubusanzwe zakorwaga mu buryo bw’intoki.

Iri tangizwa ku mugaragaro ryabereye ku Kacyiru, ryitabiriwe kandi n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Alexis Nzahabwanimana, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, abamwungirije bombi aribo., ushinzwe ibikorwa bya Polisi Dan Munyuza n’ushinzwe ubuyobozi n’abakozi Juvénal Marizamunda, n’abandi,..

Abapolisi bakora muri ririya shami, bazajya bakoresha icyuma cyitwa Hand-Held Terminal(HHT) kizasimbura agatabo karimo impapuro bandikagaho ikosa basanganye utwara ikinyabiziga mu muhanda zizwi nka contravention ; kugabanya umurongo w’abashakaga serivisi z’ikigo kigenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga ndetse kinihutishe uburyo bwo gukorera no gutanga impushya zitwara ibinyabiziga.

Hakoreshejwe ubu buryo bushya, abapolisi ntibashobora guhisha impapuro zigendanye n’ikosa ryabaye n’uwarikoze. Iki cyuma kizajya kinyuzwamo uruhushya rw’uwakoze ikosa maze nyirarwo ahite abona ubutumwa bumumenyesha ikosa n’ihazabu ijyanye naryo, nayo ishobora kwishyurwa mu ikoranabuhanga ry’amabanki cyangwa hakoreshejwe VISA mu kwishyura.

Ba nyiri ibinyabiziga nabo bazajya bandikwa n’ikigo kigenzura ibinyabiziga byabo mu ikoranabuhanga, batavuye aho bari bakire ubutumwa bubamenyesha igihe imodoka zabo zizagenzurirwa.

Ubu buryo kandi bufite ikitwa Automated Number Plate Recognition (ANPR), kizajya gifotora ibiranga imodoka , kikerekana niba iyo modoka iri ku rutonde rw’izishakishwa kubera amakosa n’ibyaha bitandukanye ziba zarakoze, kinahita kibona kandi ko iyo modoka idafite ubwishingizi, itagenzuwe , nyirayo , cyangwa niba nta yandi makosa yakoze mbere.

Itangizwa ry’ikoranabuhanga rishya, ryahuriranye n’ikiganiro ngarukagihembwe hagati ya Polisi y’u Rwanda , gihuza ubuyobozi bwa Polisi n’itangazamakuru , hareberwa hamwe uburyo hakomezwa ubufatanye hagati y’izo nzego mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Minisitiri Busingye akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, yavuze ko ririya koranabuhanga ari kimwe mu bikorwa by’indashyikirwa Polisi y’u Rwanda ikwiye kwishimira.

Yagize ati:” Iri ni ikoranabuhanga ryihuta kandi ritibeshya, ni igisubizo ku Banyarwanda kuri serivisi inoze kandi ni kimwe mu bikomeza guhesha agaciro igihugu cyacu mu gutanga serivisi nziza; twahaye abaturage uburenganzira bwo kutugenzura kandi bakamenya ibyo dukora.”

Yibutsa ko hari igihe Polisi yakoraga akazi kose n’intoki, Minisitiri yavuze ko uburyo bugezweho bukoreshwa mu kazi ko mu muhanda bukomeje gufasha mu iterambere , aho yavuze ko imihanda idatekanye igira ingaruka ku bucuruzi, uburezi, ubuzima, ubukerarugendo byose bikagira ingaruka ku bukungu no ku mibereho y’abaturage.

Nk’uko imibare ibigaragaza, impanuka zihitana abantu zagabanutseho 12 ku ijana muri uyu mwaka ugereranyije n’ushize, mu gihe mu gihembwe gishize, zagabanutseho 37 ku ijana ugereranyije n’igihembwe nka cyo umwaka ushize.

Minisitiri Busingye yashimiye itangazamakuru uburyo riha amakuru kandi ryigisha abaturage , rikaba rigize imbaraga z’impinduka.

Yagarutse kuri ruswa no kunyereza ibya rubanda by’umwihariko, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina nk’ibyaha bibangamiye umuryango nyarwanda, bikaba bigomba kurwanyirizwa cyane mu itangazamakuru.

Aha yagize ati:”turi ku rugamba rwo kubirwanya,…icyakozwe cyose cyagombaga kuba mu murongo ujya imbere, ntitugomba kwemera ko ibyaha n’impanuka bigira ijambo kandi mwebwe nk’itangazamakuru mufitemo uruhare runini.”

Hagati aho, Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yavuze ko ikoranabuhanga rishya rizakuraho ibibazo byabagaho birimo kwandika no gusohora impushya zo gutwara ibinyabiziga, kurandura amakosa yabaga mu myirondoro y’abatwara ibinyabiziga, kugenzura amakosa aba yarakozwe nabo mbere , koroshya no kugenzura ibyo kwishyura amande abantu bacibwa hadakoreshejwe amafaranga mu ntoki n’ibindi.

-5042.jpg

CP Rumanzi yagize ari:”Bikoze ku buryo amakuru yose azajya agendera igihe , agasuzumirwa igihe kandi igikorwa kikagenda neza nta kwibeshya.”

RNP

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Ubwanditsi 12 May 2021
Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Ubwanditsi 19 May 2021
Polisi y’u Rwanda mu bukangurambaga bugamije guca ikoreshwa nabi ry’imirongo y’ubutabazi

Polisi y’u Rwanda mu bukangurambaga bugamije guca ikoreshwa nabi ry’imirongo y’ubutabazi

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?
Mu Rwanda

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 03 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru