• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuwa kabiri w’icyumweru gishize nibwo umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yatawe muri yombi, azira kunenga cyane ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Inkuru yaherukaga kwandika, ni ivugaga ko …”Muhoozi Kainerugaba [Umuhungu wa Perezida Museveni] akunda agatama cyane, afite umubyibuho ukabije, utamwemerera kuba umusirikari mwiza n’ umugaba mukuru w’ingabo, bategura kuzaba umukuru w’igihugu”.

Uwitwa Aron Kiiza, umunyamategeko wa Rukirabashaija, akimara gutangariza ikinyamakuru The East African ko umukiliya we yakorewe iyicarubozo muri gereza, ku buryo ubu yihagarika akanaruka amaraso, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yahise ihaguruka, yamagana yivuye inyuma ubunyamaswa bwa polisi ya Uganda, ngo ikomeje guhohotera abaturage yagombye kurinda.

Nyuma yo kwamaganwa n’isi yose, Leta ya Uganda yashatse ibikarito ikinga abaturage mu maso, maze ivuga ko Kakwenza Rukirabashaija ari intasi y’u Rwanda. Ibi nabyo byanenzwe n’abatari bake, biganjemo n’abadafite aho babogamiye, basanga gushinja Rukirabashaija ibyaha atakoze ari ukwikura mu kimwaro, no gushaka kwegeka amakosa ku Rwanda, nk’uko ubutegetsi bwa Museveni busanzwe bubigenza iyo bugonzwe n’ikibazo budafitiye igisubizo.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, aherutse gutangaza ko Ubutegetsi bwa Uganda buhora bushaka gusiga icyasha u Rwanda, bukarushinja ibintu buri wese abona ko bidafite ishingiro. Perezida Kagame ati:”Ntibizagutangaze bavuze ko u Rwanda arirwo rwabateje Covid-19” (Biratangaje!)

Gushinja abantu kuba intasi z’u Rwanda ni umushinga Uganda imazemo imyaka myinshi. Nta munsi wira urwego rw’ubutasi muri icyo gihugu, CMI, rudahohoteye Abanyarwanda batuye cyangwa bagenda muri Uganda, rukabafungira ahantu hatazwi, rukabagira ibimuga, bagacuzwa utwabo, mbere yo kubajugunya ku mupaka w’ibihugu byombi.

Izo nzirakarengane zirimo abagore n’abana bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda, nyamara ntawe barageza imbere y’ubutabera ngo aburanishwe ku byaha aregwa.

Mu minsi mike ishize abategetsi ba Uganda bashinje u Rwanda kohereza muri icyo gihugu amasashi yangiza ibidukikije. Abakurikiranira hafi ibijyanye n’ibidukikije bahaye inkwenene ibyo birego birimo n’ubuswa, kuko isi yose izi neza ko u Rwanda ruri ku isonga muri Afrika mu kurwanya amasashe,mu gihe ahubwo Uganda ari ikimoteri cyayo.

Uganda yitwaje kujya kurwanya umutwe wa ADF (nyamara washinzwe ukanaterwa inkunga na Perezida Museveni n’ibyegera bye), maze yohereza ibihumbi by’abasirikari n’ibitwaro karundura muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, ariko mu by’ukuri bajyanywe no gusahura no gukomeza gufasha imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abantu banyuranye, biganjemo abatavuga rumwe na Museveni bamwokeje igitutu bamubaza igitumye yohereza abana ba Uganda gupfira mu mashyamba ya Kongo (dore ko ngo banapfa ku bwinshi, hagatangazwa umubare muto), maze uwo Kaguta-kabuhariwe mu binyoma atangira gushinja u Rwanda ko rwohereje ingabo muri Kongo.

Ibi nabyo byamukojeje isoni, kuko yaba Leta ya Kongo, zaba n’ingabo za Loni ziri muri icyo gihugu, MONUSCO, bose banyomoje ibihuha bya Museveni, bavuga ko nta musirikari n’umwe w’u Rwanda uri ku butaka bwa Kongo.

Uganda yugarijwe n’ibibazo by’ingutu, birimo ruswa, icyenewabo, imibereho y’abaturage irushaho kuba mibi cyane, n’ibindi birakaje cyane rubanda.

Mu rwego rwo kubarangaza rero, Museveni yahisemo guharabika u Rwanda, akarugaragaza nka nyirabayazana w’ingorane yananiwe kubonera ibisubizo.

Aribeshya ariko, kuko baba abaturage ba Uganda, yaba n’amahanga, ntawe utabona ko amayeri yamushiranye.

2022-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Jan 2024
U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

RUSHYASHYA 21 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we
ITOHOZA

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye
HIRYA NO HINO

Umunyamerika w’umutinganyi wari warakoze ubukwe n’umunyarwanda yapfuye

Ubwanditsi 06 Jun 2017
ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda
POLITIKI

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru