• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Ubwanditsi 14 May 2018 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ingabo, Gen. Kabarebe James, yavuze ko Inkotanyi zifata icyemezo cyo gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda zitigeze zihubuka na rimwe, ahubwo zari zifite intego nyayo yo kurwanya ubutegetsi bubi bwari bwaraciyemo ibice Abanyarwanda.

Mu muhango wo kwibuka urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, Gen. Kabarebe yagarutse ku buryo urugamba rwatangiye, ingabo z’Inkotanyi ari nke ugereranyije n’iza leta, hakagira abapfira ku rugamba ariko ntibacike intege kuko bari bazi intego barwanira.

Icyo gihe ni bwo umuhanzi wamenyekanye mu kubiba urwango mu Banyarwanda abicishije mu ndirimbo, Bikindi Simeon, yaririmbaga ko Inkotanyi bazimaze.

Yavuze uburyo urugamba rutangira mu 1990, Bikindi yaririmbaga uburyo ingabo za leta ya Habyarimana zarashe Inkotanyi zikazimara ariko akibagirwa ko Inkotanyi zifite umugambi ukomeye ari na yo mpamvu zakomeje kurwana ntizisubire inyuma kugeza zihagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ati “Iyo guverinoma ibyo yakoraga byose yirengagizaga ko igitekerezo cyari mu mitwe y’Inkotanyi cyari gifite imbaraga nyinshi cyane kurusha uko bazibonaga barwana na zo. Babona ibitero bya mbere mu 1990, babona banyanyagiza Inkotanyi hariya muri parike mu Mutara, bazica hejuru bakibaza ngo batsinze urugamba. Ntabwo ushobora gutsinda urugamba utatsinze ikiri mu mutwe w’abo urwana na bo, ntabwo bishoboka.”

Urugamba rugitangira kandi ngo hari abana bavaga mu mashuri bakajya mu gisirikare, bagahabwa imyitozo, ariko na bo kubera igitekerezo cyiza cy’urugamba ntibigeze bahunga na gato.

Ati “Biriya Bikindi yavugaga mu ndirimbo ye sinzi ko muyizi avuga ngo ‘Nyamuhemura nabaguye gitumo ngo dore ko iyo noga ikirere ndusha iyo hejuru kubanguka’; ibyo byose ni byo, ibyo Bikindi yavugaga ni byo ijana ku ijana. Aho Nyamuhemura avuga hari ibihumbi bibiri cyangwa bitatu by’abana b’abanyeshuri, bari baje mu mahugurwa ya gisirikare, baza ari benshi tubashyira ku Akagera, dutangira kubatoza. Habyarima azana indege yiba ikirere cya Tanzania abasanga aho ngaho ku myitozo arabarasa. Bikindi ahita abishyira muri iyo ndirimbo.”

Gen. Kabarebe avuga ko icyo Bikindi atamenye ari uko Inkotanyi zitigeze zicika intege ngo zihunge ahubwo zakomeje umurego.

Ati “Icyo atashoboye kumenya ni uko abo bana barashishije indege ntawahunze n’umwe, bagumye ku rugamba, bararwana.”

Iyo ndirimbo ikomeza ivuga ngo ‘i Matimba yarabegeranyije arabatikura arabacucuma ngo Bunyenyezi na Bayingana biyambaje iyo hejuru ngo irabahakanira.’

Gen. Kabarebe ati “Ni byo i Matimba barahabiciye, ni ho Bunyenyezi ni ho Bayinga n’abandi; ariko barwanaga intambara yo kuvuga ngo narashe natsinze ariko bakibagirwa icyo barwanya ko badashobora gutsinda, icyo barwanyaga badashobora gutsinda ni igitekerezo gikomeye cyane, igitekerezo cyo kubohora u Rwanda no guhagarika jenoside ntabwo ari igitekerezo warwanya ngo utsinde n’ubwo wazana ibintu bingana iki.”

Yunzemo ati “Nubwo wazana Abazayirwa bazanye mu 1990, ukazana Abafaransa, ukazana bande bose, ukazana interahamwe zingana iki, igitekerezo cyo kubohora u Rwanda, cyo guhagarika jenoside ntabwo ushobora kugitsinda. Nta n’umwe wagitsinda. Nta n’ubwo gitsindwa n’imibare. Ni ikibazo cy’icyo abantu barwanira.”

Yashimangiye ko icyahagaritse jenoside ari igitekerezo kizima cyo kubaka u Rwanda kuko Inkotanyi zarwaniraga icyiza; avuga ko iyo umuntu arwanirira ikintu kibi, nubwo yaba afite imbaraga zingana gute atashobora gutsinda.

RPA ngo ijya guhagarika jenoside yari ibihumbi 13, leta ikaba yari ifite ingabo ibihumbi 80. Kabarebe avuga ko bitigeze biyibuza ko mu mezi atatu yitanga igahagarika jenoside.

Minisitiri w’Ingabo yavuze ko abakoze Jenoside bumvaga ko nta muntu uzabigobotora, ku buryo bari kwica igihe cyose bashakiye, ikaba ari yo mpamvu Inkotanyi zitangije urugamba bazise amazina mabi kugira ngo bayobye Abanyarwanda babereka ko abateye ntacyo bavuze.

Mu mpanuro yahaye urubyiruko rwari rwitabiriye umuhango wo kwibuka, yarusabye ko kwirinda imitego iyo ari yo yose yatuma u Rwanda rusubira mu icuraburindi rwanyuzemo, ahubwo rugaharanira kurubashisha gukataza mu iterambere.

Bikindi ari muri bamwe mu bagize uruhare mu gushishikariza abahutu kwica abatutsi yifashishije indirimbo ze, mu 2008 yakatiwe gufungwa imyaka 15 amaze guhamywa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yarangije igifungo ku wa 12 Kamena 2016.

2018-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Ubwanditsi 03 Sep 2017
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)

Abakinnyi Ba Filime Bakomeye Ku Isi Bamenyekanye Muri Filime Baby Police Bageze Kigali Mugitaramo Cya (AMAA)

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 26 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u  Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Ubwanditsi 09 Feb 2016
Umuyobozi mukuru wa ADEPR Bishop Sibomana watawe muri yombi  ashobora gusimburwa na Rev. Pst Samuel Usabyimana
ITOHOZA

Umuyobozi mukuru wa ADEPR Bishop Sibomana watawe muri yombi ashobora gusimburwa na Rev. Pst Samuel Usabyimana

Ubwanditsi 29 May 2017
Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Ubwanditsi 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru