• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze

Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze

Ubwanditsi 22 Aug 2023 Amakuru, IMIKINO

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda 2023/2024 mu Kiciro cya mbere cy’Abagabo mu mupira w’amaguru wasozwaga kuri uyu wa mbere aho AS Kigali yatsindaga ikipe ya Bugesera igitego kimwe ku busa.

Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium, ni igitego cyabonetse ku munota wa 40 gitsinzwe na Rutahizamu Ndayishimiye Antoine Domique watijwe muri iyi kipe y’abanyamujyi avuye muri Police FC.

Uyu mukino ku ruhande rwa AS Kigali wabonetsemo penaliti nayo yatewe na Dominique ariko ntiyabasha kwitwara neza kuko iyi penaliti ntagitego yatanze.

Kugeza ubwo igice cya mbere ndetse n’icyakabiri cyarangiye habonetse mo cya gitego kimwe ku busa.

Icyagaragaye muri uyu mukino ni uko AS Kigali mu bakinnyi 11 babanjemo bari bagizwe n’umunyamahanga umwe, mu gihe abandi 10 ari Abanyarwanda.

Mu byaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda ni uko hatsinzwe ibitego 15 mu mikino yose yakinwe ku bibuga bitandukanye.

Umukino wagombaga guhuza ikipe ya APR FC na Marine FC ntabwo wabaye kuko ikipe y’iingabo z’igihugu ya APR yakinaga imikino Nyafurika ya CAF Champions Leaugue.

Ikipe y’Amagaju niyo kipe yabonye itsinzi yihuse ku gitego cyatsinzwe ku isegonda rya 22 gitsinzwe na Rukundo Abdourahmani.

Charles Bbale wa Rayon Sports niwe watsinze igitego gifungura shampiyona y’u Rwanda, ni igitego cyatsinzwe ku munota wa 11, muri uyu mukino kandi Henou Yao Asse ukinira ikipe ya Gasogi United niwe mukinnyi wa Mbere wahawe ikarita y’umuhondo.

Rutahizamu wa Musanze FC, Peter Agblevorniwe ufite ibitego byinshi kugeza ubu kuko yatsinze ibitego bibiri muri bine ikipe ye yatsinze Etoile de L’Est. 

Umukino wabonetsemo ibitego byinshi ni uwahuje Etoile de l’Est na Musanze wabonetsemo ibitego bitanu, naho uwa Kiyovu na Muhazi niwo utarabonetsemo igitego na kimwe.

Police FC niyo yatsinze ibitego byinshi itinjijwe igitego nakimwe , kuko yatsinze mu izamu rya Sunrise FC ibitego 2 aha kandi yo na AS Kigali niyo makipe atarinjijwr igitego na kimwe.

Muri rusange imikino y’umunsi wa mbere yarangiye muri ubu buryo:

Gasogi United 1-2 Rayon Sports

Police FC 2-0 Sunrise FC

Etoile de l’Est 1-4 Musanze FC

Amagaju FC 1-1 Mukura VS

Etincelles FC 1-1 Gorilla FC

Kiyovu SC 0-0 Muhazi United

AS Kigali 1-0 Bugesera FC 

2023-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 19 Aug 2024
Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Ubwanditsi 01 Apr 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Ubwanditsi 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball

Ubwanditsi 30 Jan 2024
Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena
Amakuru

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 20 Aug 2021
Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6
Mu Rwanda

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Ubwanditsi 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru