• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 02 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Guverinoma y’u Buholandi yakuriye inzira ku murima abadepite bayo baherutse kuyandikira bayibaza niba izakomeza gufasha u Rwanda nyuma yo kugirana amasezerano n’ikipe ya Arsenal FC.

Aya masezerano y’imyaka itatu avuga ko ikipe ya Arsenal nkuru, iy’abatarengeje imyaka 23 ndetse n’iy’abagore zizajya zambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso.

Ni amasezerano agamije guteza imbere ubukerarugendo, hongerwa umubare w’abanyamahanga basura u Rwanda.

Nubwo aya masezerano yishimiwe na benshi mu Rwanda no mu karere, hari abandi bayamaganiye kure barimo n’abadepite bo mu Buholandi.

Abo badepite barimo uwitwa Joel Voordewind na Isabelle Dicks bandikiye Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag, bamusaba ibisobanuro.

Mu bibazo bitanu bamubajije, byose byagarukaga ku buryo Guverinoma ibona igihugu itera inkunga nacyo kigahindukira kikajya gufatanya n’imwe mu makipe akomeye kandi akize ku Isi.

Hari n’aho bibaza niba u Buholandi bufite gahunda yo gukomeza gufasha u Rwanda nyuma y’ibi.

Abasubiza, Minisitiri Sigrid yavuze ko na we amakuru y’ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal yayamenyeye mu binyamakuru no kuri Twitter, gusa anyomoza abavuga ko u Rwanda ruzishyura miliyoni 40 z’amadolari ashingiye ku kuba nta rwego rwa Leta rwigeze rubitangaza.

Aba badepite bari bandikiye Minisitiri Sigrid bamubaza niba koko Guverinoma y’u Buholandi ikibona u Rwanda nk’igihugu gikwiye gufashwa, maze asubiza ati “Tariki 19 Nzeli 2016, Inteko yanyu yamenyeshejwe iby’icyemezo cyo gushyira u Rwanda mu bihugu byiswe ibiri mu ‘nzibacyuho’. Ibihugu biri mu nzibacyuho, intego ni ukuzabikuriraho imfashanyo, tukajya mu mubano ushingiye ku nyungu zishingiye ku ishoramari, ubucuruzi n’ubufatanye mu bya politiki ku mpande zombi.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda ruracyari mu bihugu bikennye n’ubukungu budahagije ariko rufite intego yo kwigobotora imfashanyo. Ibi biri mu murongo mwiza nk’uwo ubucuruzi n’ishoramari by’u Buholandi biharanira.”

Mu 2017, u Buholandi bwashoye miliyoni 42.5 z’amayero mu bikorwa bitandukanye mu Rwanda binyuze muri Ambasade yabwo i Kigali aho ndetse n’uyu mwaka hari gahunda yo gukomeza ibyo iki gihugu cyiyemeje.

Sigrid ati “ Guverinoma irashaka gukomeza ubufatanye n’u Rwanda. Mu Rwanda, u Buholandi bwita ku bijyanye n’ibiribwa, umutekano, amazi n’isukura ndetse no mu bijyanye n’urwego rw’amategeko. Ibyiyongeye kuri ibyo, u Buholandi bwashoye amafaranga mu iterambere ry’urwego rw’abikorera mu Rwanda. Mu 2017, u Buholandi bwashoye miliyoni 42.5 z’amayero mu Rwanda binyuze muri Ambasade yabwo. Mu 2018, u Buholandi burifuza gukomeza iyi mikorere.”

‘Ibyo u Rwanda rwakoze ni amahitamo yarwo’

Minisitiri Sigrid yavuze kuba u Rwanda rwifuza kwigobotora inkunga z’amahanga nta handi byanyura atari mu iterambere ry’ubukungu, ubukerarugendo bufitemo uruhare.

Ati “U Buholandi bwumva neza ko u Rwanda muri gahunda yagutse y’iterambere rushaka guteza imbere ubukerarugendo kandi kubwamamaza ni kimwe muri ibyo. Kuba rwarahismeo Arsenal, ibyo bireba u Rwanda ubwarwo.”

Yongeyeho ati “Shampiyona y’u Bwongereza igera henshi ku Isi kandi ikurikirwa na miliyoni nyinshi z’abantu buri Cyumweru […] U Rwanda rubona ubufatanye na Arsenal nk’ishoramari rizarufasha kurumenyekanisha nk’ahantu ho gukorera ubukerarugendo, bikagira n’akamaro ku iterambere ry’igihugu.”

Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag

Minisitiri Sigrid yatanze urugero ku mibare ya IMF igaragaza ko abanyamahanga basura u Rwanda bikubye kabiri bakagera kuri miliyoni 1.3 hagati ya 2010 na 2015.

Ni mu gihe inyungu yabwo ku mwaka yavuye kuri miliyoni 202 z’amadolari mu 2010 ikagera kuri 400 mu 2016. Iyi gahunda yo kuzamura inyungu iva mu bukerarugendo ngo inafitwe n’ibindi bihugu bikorana n’u Buholandi nk’aho ngo Kenya iherutse kwemeza gahunda nshya ijyanye n’ubukerarugendo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, Clare Akamanzi, aherutse kuvuga ko unenga amasezerano y’u Rwanda na Arsenal ari utarwifuriza ineza.

Ati “Unenga amasezerano twagiranye na Arsenal, ashingiye ko u Rwanda rukennye cyangwa ruhabwa ubufasha, ashobora kuba yifuza ko rukomeza kuba gutyo cyangwa akaba adasobanukiwe ko mu bucuruzi ubwo ari bwo bwose, imenyekanishabikorwa ari ingenzi mu byo ikigo gitangaho amafaranga.”

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024.

Abakinnyi Mesut Ozil, Alexandre Lacazette na Pierre-Emerick Aubameyang nibo bamenyekanisha ubu bufatanye n’u Rwanda

Umutoza mushya wa Arsenal, Unai Emery, afite umwambaro mushya w’iyi kipe ugaragaraho amagambo yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa Arsenal, Ivan Gazidis ari kumwe n’Umutoza Unai Emery mu rwambariro rwa Arsenal rurimo imyenda yanditseho ‘Visit Rwanda’

Amagambo ‘Visit Rwanda’ azajya agaragara ku byapa byose byamamaza ibikorwa bya Arsenal. Aha hari mu cyumba gitangirwamo ikiganiro n’abanyamakuru

Visit Rwanda, bizajya biba byanditse ku kuboko kw’ibumoso ku mwambaro w’abakinnyi ba Arsenal mu gihe cy’imyaka itatu

Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag mu Ugushyingo 2017


2018-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Ubwanditsi 20 May 2019
Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Ubwanditsi 17 Jun 2019
RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero

RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Miss Rwanda: Uwaraye asezerewe ngo yari yacitse intege mbere

Miss Rwanda: Uwaraye asezerewe ngo yari yacitse intege mbere

Ubwanditsi 23 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe
Amakuru

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

Ubwanditsi 10 Oct 2024
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.
Amakuru

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Ubwanditsi 06 Mar 2023
Urubyiruko ruratungwa agatoki  kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Rwanda

Urubyiruko ruratungwa agatoki kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru