• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 02 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Guverinoma y’u Buholandi yakuriye inzira ku murima abadepite bayo baherutse kuyandikira bayibaza niba izakomeza gufasha u Rwanda nyuma yo kugirana amasezerano n’ikipe ya Arsenal FC.

Aya masezerano y’imyaka itatu avuga ko ikipe ya Arsenal nkuru, iy’abatarengeje imyaka 23 ndetse n’iy’abagore zizajya zambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso.

Ni amasezerano agamije guteza imbere ubukerarugendo, hongerwa umubare w’abanyamahanga basura u Rwanda.

Nubwo aya masezerano yishimiwe na benshi mu Rwanda no mu karere, hari abandi bayamaganiye kure barimo n’abadepite bo mu Buholandi.

Abo badepite barimo uwitwa Joel Voordewind na Isabelle Dicks bandikiye Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag, bamusaba ibisobanuro.

Mu bibazo bitanu bamubajije, byose byagarukaga ku buryo Guverinoma ibona igihugu itera inkunga nacyo kigahindukira kikajya gufatanya n’imwe mu makipe akomeye kandi akize ku Isi.

Hari n’aho bibaza niba u Buholandi bufite gahunda yo gukomeza gufasha u Rwanda nyuma y’ibi.

Abasubiza, Minisitiri Sigrid yavuze ko na we amakuru y’ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal yayamenyeye mu binyamakuru no kuri Twitter, gusa anyomoza abavuga ko u Rwanda ruzishyura miliyoni 40 z’amadolari ashingiye ku kuba nta rwego rwa Leta rwigeze rubitangaza.

Aba badepite bari bandikiye Minisitiri Sigrid bamubaza niba koko Guverinoma y’u Buholandi ikibona u Rwanda nk’igihugu gikwiye gufashwa, maze asubiza ati “Tariki 19 Nzeli 2016, Inteko yanyu yamenyeshejwe iby’icyemezo cyo gushyira u Rwanda mu bihugu byiswe ibiri mu ‘nzibacyuho’. Ibihugu biri mu nzibacyuho, intego ni ukuzabikuriraho imfashanyo, tukajya mu mubano ushingiye ku nyungu zishingiye ku ishoramari, ubucuruzi n’ubufatanye mu bya politiki ku mpande zombi.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda ruracyari mu bihugu bikennye n’ubukungu budahagije ariko rufite intego yo kwigobotora imfashanyo. Ibi biri mu murongo mwiza nk’uwo ubucuruzi n’ishoramari by’u Buholandi biharanira.”

Mu 2017, u Buholandi bwashoye miliyoni 42.5 z’amayero mu bikorwa bitandukanye mu Rwanda binyuze muri Ambasade yabwo i Kigali aho ndetse n’uyu mwaka hari gahunda yo gukomeza ibyo iki gihugu cyiyemeje.

Sigrid ati “ Guverinoma irashaka gukomeza ubufatanye n’u Rwanda. Mu Rwanda, u Buholandi bwita ku bijyanye n’ibiribwa, umutekano, amazi n’isukura ndetse no mu bijyanye n’urwego rw’amategeko. Ibyiyongeye kuri ibyo, u Buholandi bwashoye amafaranga mu iterambere ry’urwego rw’abikorera mu Rwanda. Mu 2017, u Buholandi bwashoye miliyoni 42.5 z’amayero mu Rwanda binyuze muri Ambasade yabwo. Mu 2018, u Buholandi burifuza gukomeza iyi mikorere.”

‘Ibyo u Rwanda rwakoze ni amahitamo yarwo’

Minisitiri Sigrid yavuze kuba u Rwanda rwifuza kwigobotora inkunga z’amahanga nta handi byanyura atari mu iterambere ry’ubukungu, ubukerarugendo bufitemo uruhare.

Ati “U Buholandi bwumva neza ko u Rwanda muri gahunda yagutse y’iterambere rushaka guteza imbere ubukerarugendo kandi kubwamamaza ni kimwe muri ibyo. Kuba rwarahismeo Arsenal, ibyo bireba u Rwanda ubwarwo.”

Yongeyeho ati “Shampiyona y’u Bwongereza igera henshi ku Isi kandi ikurikirwa na miliyoni nyinshi z’abantu buri Cyumweru […] U Rwanda rubona ubufatanye na Arsenal nk’ishoramari rizarufasha kurumenyekanisha nk’ahantu ho gukorera ubukerarugendo, bikagira n’akamaro ku iterambere ry’igihugu.”

Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag

Minisitiri Sigrid yatanze urugero ku mibare ya IMF igaragaza ko abanyamahanga basura u Rwanda bikubye kabiri bakagera kuri miliyoni 1.3 hagati ya 2010 na 2015.

Ni mu gihe inyungu yabwo ku mwaka yavuye kuri miliyoni 202 z’amadolari mu 2010 ikagera kuri 400 mu 2016. Iyi gahunda yo kuzamura inyungu iva mu bukerarugendo ngo inafitwe n’ibindi bihugu bikorana n’u Buholandi nk’aho ngo Kenya iherutse kwemeza gahunda nshya ijyanye n’ubukerarugendo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, Clare Akamanzi, aherutse kuvuga ko unenga amasezerano y’u Rwanda na Arsenal ari utarwifuriza ineza.

Ati “Unenga amasezerano twagiranye na Arsenal, ashingiye ko u Rwanda rukennye cyangwa ruhabwa ubufasha, ashobora kuba yifuza ko rukomeza kuba gutyo cyangwa akaba adasobanukiwe ko mu bucuruzi ubwo ari bwo bwose, imenyekanishabikorwa ari ingenzi mu byo ikigo gitangaho amafaranga.”

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024.

Abakinnyi Mesut Ozil, Alexandre Lacazette na Pierre-Emerick Aubameyang nibo bamenyekanisha ubu bufatanye n’u Rwanda

Umutoza mushya wa Arsenal, Unai Emery, afite umwambaro mushya w’iyi kipe ugaragaraho amagambo yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa Arsenal, Ivan Gazidis ari kumwe n’Umutoza Unai Emery mu rwambariro rwa Arsenal rurimo imyenda yanditseho ‘Visit Rwanda’

Amagambo ‘Visit Rwanda’ azajya agaragara ku byapa byose byamamaza ibikorwa bya Arsenal. Aha hari mu cyumba gitangirwamo ikiganiro n’abanyamakuru

Visit Rwanda, bizajya biba byanditse ku kuboko kw’ibumoso ku mwambaro w’abakinnyi ba Arsenal mu gihe cy’imyaka itatu

Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag mu Ugushyingo 2017


2018-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi

Zambia: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye Inama ya COMESA iheruka kwamburwa u Burundi

Ubwanditsi 18 Jul 2018
RDC: FDLR Irabonwa Nk’ishobora Guhungabanya Amatora

RDC: FDLR Irabonwa Nk’ishobora Guhungabanya Amatora

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera

Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera

Ubwanditsi 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yatorewe kuba umwe mubagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League
Amakuru

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa yatorewe kuba umwe mubagize inama y’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League

Ubwanditsi 15 Feb 2025
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi
Amakuru

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru