• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 02 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Guverinoma y’u Buholandi yakuriye inzira ku murima abadepite bayo baherutse kuyandikira bayibaza niba izakomeza gufasha u Rwanda nyuma yo kugirana amasezerano n’ikipe ya Arsenal FC.

Aya masezerano y’imyaka itatu avuga ko ikipe ya Arsenal nkuru, iy’abatarengeje imyaka 23 ndetse n’iy’abagore zizajya zambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso.

Ni amasezerano agamije guteza imbere ubukerarugendo, hongerwa umubare w’abanyamahanga basura u Rwanda.

Nubwo aya masezerano yishimiwe na benshi mu Rwanda no mu karere, hari abandi bayamaganiye kure barimo n’abadepite bo mu Buholandi.

Abo badepite barimo uwitwa Joel Voordewind na Isabelle Dicks bandikiye Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag, bamusaba ibisobanuro.

Mu bibazo bitanu bamubajije, byose byagarukaga ku buryo Guverinoma ibona igihugu itera inkunga nacyo kigahindukira kikajya gufatanya n’imwe mu makipe akomeye kandi akize ku Isi.

Hari n’aho bibaza niba u Buholandi bufite gahunda yo gukomeza gufasha u Rwanda nyuma y’ibi.

Abasubiza, Minisitiri Sigrid yavuze ko na we amakuru y’ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal yayamenyeye mu binyamakuru no kuri Twitter, gusa anyomoza abavuga ko u Rwanda ruzishyura miliyoni 40 z’amadolari ashingiye ku kuba nta rwego rwa Leta rwigeze rubitangaza.

Aba badepite bari bandikiye Minisitiri Sigrid bamubaza niba koko Guverinoma y’u Buholandi ikibona u Rwanda nk’igihugu gikwiye gufashwa, maze asubiza ati “Tariki 19 Nzeli 2016, Inteko yanyu yamenyeshejwe iby’icyemezo cyo gushyira u Rwanda mu bihugu byiswe ibiri mu ‘nzibacyuho’. Ibihugu biri mu nzibacyuho, intego ni ukuzabikuriraho imfashanyo, tukajya mu mubano ushingiye ku nyungu zishingiye ku ishoramari, ubucuruzi n’ubufatanye mu bya politiki ku mpande zombi.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda ruracyari mu bihugu bikennye n’ubukungu budahagije ariko rufite intego yo kwigobotora imfashanyo. Ibi biri mu murongo mwiza nk’uwo ubucuruzi n’ishoramari by’u Buholandi biharanira.”

Mu 2017, u Buholandi bwashoye miliyoni 42.5 z’amayero mu bikorwa bitandukanye mu Rwanda binyuze muri Ambasade yabwo i Kigali aho ndetse n’uyu mwaka hari gahunda yo gukomeza ibyo iki gihugu cyiyemeje.

Sigrid ati “ Guverinoma irashaka gukomeza ubufatanye n’u Rwanda. Mu Rwanda, u Buholandi bwita ku bijyanye n’ibiribwa, umutekano, amazi n’isukura ndetse no mu bijyanye n’urwego rw’amategeko. Ibyiyongeye kuri ibyo, u Buholandi bwashoye amafaranga mu iterambere ry’urwego rw’abikorera mu Rwanda. Mu 2017, u Buholandi bwashoye miliyoni 42.5 z’amayero mu Rwanda binyuze muri Ambasade yabwo. Mu 2018, u Buholandi burifuza gukomeza iyi mikorere.”

‘Ibyo u Rwanda rwakoze ni amahitamo yarwo’

Minisitiri Sigrid yavuze kuba u Rwanda rwifuza kwigobotora inkunga z’amahanga nta handi byanyura atari mu iterambere ry’ubukungu, ubukerarugendo bufitemo uruhare.

Ati “U Buholandi bwumva neza ko u Rwanda muri gahunda yagutse y’iterambere rushaka guteza imbere ubukerarugendo kandi kubwamamaza ni kimwe muri ibyo. Kuba rwarahismeo Arsenal, ibyo bireba u Rwanda ubwarwo.”

Yongeyeho ati “Shampiyona y’u Bwongereza igera henshi ku Isi kandi ikurikirwa na miliyoni nyinshi z’abantu buri Cyumweru […] U Rwanda rubona ubufatanye na Arsenal nk’ishoramari rizarufasha kurumenyekanisha nk’ahantu ho gukorera ubukerarugendo, bikagira n’akamaro ku iterambere ry’igihugu.”

Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag

Minisitiri Sigrid yatanze urugero ku mibare ya IMF igaragaza ko abanyamahanga basura u Rwanda bikubye kabiri bakagera kuri miliyoni 1.3 hagati ya 2010 na 2015.

Ni mu gihe inyungu yabwo ku mwaka yavuye kuri miliyoni 202 z’amadolari mu 2010 ikagera kuri 400 mu 2016. Iyi gahunda yo kuzamura inyungu iva mu bukerarugendo ngo inafitwe n’ibindi bihugu bikorana n’u Buholandi nk’aho ngo Kenya iherutse kwemeza gahunda nshya ijyanye n’ubukerarugendo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, Clare Akamanzi, aherutse kuvuga ko unenga amasezerano y’u Rwanda na Arsenal ari utarwifuriza ineza.

Ati “Unenga amasezerano twagiranye na Arsenal, ashingiye ko u Rwanda rukennye cyangwa ruhabwa ubufasha, ashobora kuba yifuza ko rukomeza kuba gutyo cyangwa akaba adasobanukiwe ko mu bucuruzi ubwo ari bwo bwose, imenyekanishabikorwa ari ingenzi mu byo ikigo gitangaho amafaranga.”

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024.

Abakinnyi Mesut Ozil, Alexandre Lacazette na Pierre-Emerick Aubameyang nibo bamenyekanisha ubu bufatanye n’u Rwanda

Umutoza mushya wa Arsenal, Unai Emery, afite umwambaro mushya w’iyi kipe ugaragaraho amagambo yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa Arsenal, Ivan Gazidis ari kumwe n’Umutoza Unai Emery mu rwambariro rwa Arsenal rurimo imyenda yanditseho ‘Visit Rwanda’

Amagambo ‘Visit Rwanda’ azajya agaragara ku byapa byose byamamaza ibikorwa bya Arsenal. Aha hari mu cyumba gitangirwamo ikiganiro n’abanyamakuru

Visit Rwanda, bizajya biba byanditse ku kuboko kw’ibumoso ku mwambaro w’abakinnyi ba Arsenal mu gihe cy’imyaka itatu

Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag mu Ugushyingo 2017


2018-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mali: Abasirikare bane ba Loni biciwe mu bitero bibiri bitandukanye

Mali: Abasirikare bane ba Loni biciwe mu bitero bibiri bitandukanye

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere

Ukutumvikana hagati ya Perezida Museveni n’umugore we ku ishyirwaho ry’umuyobozi wa Makerere

Ubwanditsi 30 May 2018
Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ubwanditsi 19 Jul 2016
Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside

Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 25 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”
Amakuru

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.
Mu Rwanda

Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.

Ubwanditsi 15 May 2017
Nizigiyimana Abdul Karim bita Makenzi  yerekeje mu ikipe ya Kiyovu SC yigeze gukinira
Amakuru

Nizigiyimana Abdul Karim bita Makenzi yerekeje mu ikipe ya Kiyovu SC yigeze gukinira

Ubwanditsi 12 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru