• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Ubwanditsi 27 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Nduhungirehe Olivier, yavuze ko nubwo umubano w’u Rwanda na Uganda umaze iminsi urimo igitotsi hari icyizere ko ibiganiro biba hagati y’impande zombi bizageza ku muti w’ikibazo.

Hashize iminsi havugwa ihohoterwa ry’Abanyarwanda bakorera cyangwa bajya muri Uganda, bagatabwa muri yombi bagakorerwa iyicarubozo, ku buryo Abanyarwanda bakorera ingendo muri icyo gihugu bahoranaga ubwoba.

Ibyo byaje kwiyongeraho ibimenyetso bihamya ko Uganda hahaye icyuho abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari kuhacurira imigambi yo kuruhungabanyiriza umutekano, binjiza impunzi mu mutwe w’abarwanya ubutegetsi bwarwo wa RNC.

Mu kiganiro Infocus cyatambutse kuri Televiziyo y’u Rwanda ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2018, Minisitiri Nduhungirehe yahamije ko hari icyizere mu mubano w’ibihugu byombi. Ni ikiganiro yatanzemo umusanzu ari i Gabiro mu karere ka Gatsibo ahateraniye umwiherero wa 15 w’abayobozi.

Muri uwo mwiherero binitezwe ko hagomba gutangirwa ikiganiro kireba u Rwanda muri Afurika no mu ruhando mpuzamahanga.

Yagize ati “Mu minsi ishize habayeho umubano utari mwiza, wavuze [umunyamakuru] ku Banyarwanda bagiye bafungirwa muri Uganda, tumaze igihe dukorana na guverinoma ya Uganda mu kugerageza gukemura ibyo bibazo kandi abakuru b’ibihugu byombi bahuye kabiri i Addis Ababa ubwo bari bitabiriye inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe kandi turizera ko ibintu bizagenda neza.”

Umubano w’ibihugu byombi uvugwa harebwe ku mishinga y’ibikorwaremezo yagombaga guhuza u Rwanda na Uganda binyuze mu Muhora wa Ruguru irimo iy’amashanyarazi n’umuhanda wa gari ya moshi ariko Uganda yahisemo gushyira ingufu ku gice kiyihuza na Sudani y’Epfo kurusha n’u Rwanda.

Amb Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda na Uganda ari abaturanyi kandi bahurira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kandi imishinga izatuma akarere kihuza irimo iy’ibikorwaremezo nk’ umuhanda wa gari ya moshi uzahuza Mombasa na Kigali uciye Nairobi na Kampala.

Yakomeje agira ati “Dufite imwe muri iyo mishinga yagiye ihura n’ibibazo ariko turakomeza binyuze muri EAC no hagati y’ibihugu byacu, kugerageza gukemura ibyo bibazo kuko ni ngombwa ko niba duhuriye mu muryango nka EAC, duteza imbere iyo mishinga. Ntabwo twakwihuza nk’ibihugu tudafite iyo mishinga y’ibikorwaremezo.”

Yanavuze ko mu minsi ishize habaye inama ya EAC i Kampala yagendanye umwiherero w’abakuru b’ibihugu by’aka karere ku guteza imbere ibikorwaremezo n’urwego rw’buzima, ubwo bemezaga ko hakenewe miliyari 78 $ mu myaka 10 iri imbere, yo gushora mu mishinga igera kuri 200 y’ibikorwaremezo mu karere.

Yakomeje agira ati “Turacyari abafatanyabikorwa, hari ingorane duhura nazo mu gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye ariko ntekereza ko tuzakomeza guhangana nazo iyo mishinga ikorwe kuko ni y’ingenzi ku karere.”

Zimwe muri izo ngorane ni uko ibihugu bitumva kimwe imishinga iba igomba gukorwa, ku buryo biri ku ntambwe zitandukanye mu kuyishyira mu bikorwa.

Urugero ni nko ku mushinga wo kwishyira hamwe wa EAC ufite intego enye zirimo Ihuzwa rya za gasutamo, Isoko Rusange, Ifaranga rimwe n’Ukwishyira hamwe mu bya politiki. Ubu ibihugu biri ku ntego y’isoko rusange ijyana n’urujya n’uruza rw’abantu, ibicuruzwa n’imari ariko nk’umushinga wo guhuza ibiciro byo guhamagara ushyirwa mu bikorwa n’u Rwanda, Uganda na Kenya gusa mu muryango w’ibihugu bitandatu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Nduhungirehe Olivier


2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Ubwanditsi 06 Mar 2020
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Ubwanditsi 01 May 2021
Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Ubwanditsi 13 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?
IMIKINO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi
IMIKINO

Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?
Amakuru

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Ubwanditsi 30 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru