• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$
Umucamanza w'Urukiko Rukuru muri Kenya, George Odunga, yategetse ko abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya bacibwa amande y’ibihumbi bibiri by’amadolari ya Amerika

Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Editorial 01 Apr 2018 Mu Mahanga

Urukiko Rukuru muri Kenya rwategetse abayobozi batatu mu nzego za leta kwishyura amande y’ibihumbi bibiri by’amadolari ya Amerika, bazira kurenga ku mabwiriza bakarekura Miguna Miguna utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

Mu baciwe amande harimo Minisitiri w’Umutekano, Fred Matiang’I; Umuyobozi Mukuru wa Polisi, Joseph Boinnet ndetse n’uw’Ikigo gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, Gordon Kihalangwa.

Mu rubanza rwasomwe ku wa kane, Umucamanza George Odunga yavuze ko ku mushahara w’ukwezi gutaha, aba bayobozi batatu buri umwe azagenda akatwa ibihumbi 200 by’Amashilingi ya Kenya.

Nk’uko Ijwi rya Amerika ryabitangaje, ku wa Gatatu nibwo urukiko rwatangiye gukurikirana aba bayobozi batatu, nyuma y’uko banze kubahiriza icyemezo cyasabaga ko Miguna wari ufungiwe ku kibuga cy’indege kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru akangirwa kwinjira mu gihugu arekurwa.

Odunga yagize ati “Muri iki kibazo biragaragara ko abo bireba ari ba bandi bashinzwe umutekano muri iki gihugu. Bafite inshingano zo gushyira mu bikorwa impapuro zo guta abantu muri yombi. Berekanye neza ko batubaha itegeko, ndetse batazashyira mu bikorwa amabwiriza y’urukiko.”

Yakomeje avuga ko niyo abaturage bahabwa uburenganzira bwo kubata muri yombi, bizakorwa n’ababungirije, kandi bizagorana ko babyubahiriza mu gihe bireba abayobozi babo.

Umuyamategeko wa Miguna, Nelson Havi, yatangaje ko Guverinoma yatanze urugero rubi.

Yagize ati “Guverinoma niyo ya mbere yakungukira muri uru rubanza, bityo, iyo isuzuguye amabwiriza y’urukiko iba iri gutanga urugero rubi kuko mu gihe kizaza nta muntu n’umwe uzaba acyubaha urukiko.”

Iki kinyamakuru cyagerageje kuvugisha Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutabera ariko ntiyabasha kuboneka.

Ku wa kane nibwo Abanya-Kenya babyukiye ku makuru y’uko Miguna uza ku isonga mu batavuga rumwe na leta ndetse akaba yari mu barahije Raila Odinga, yongeye kwirukanwa mu gihugu, akoherezwa i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Uyu mugabo wirukanwe muri Kenya ku nshuro ya kabiri, ubwa mbere akaba yaroherejwe muri Canada dore ko anafite ubwenegihugu bwaho, yemeza ko mbere yo kumushyira mu ndege ijya Dubai babanje kumuha ibiyobyabwenge.

2018-04-01
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi icyenda batawe muri yombi  bazira kurigisa umutungo wa Leta no gukoresha inyandiko mpimbano.

Abayobozi icyenda batawe muri yombi bazira kurigisa umutungo wa Leta no gukoresha inyandiko mpimbano.

Editorial 21 Jul 2016
Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Editorial 27 Apr 2021
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Editorial 08 Jul 2016
Kirehe: Babiri bafunzwe bacyekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi

Kirehe: Babiri bafunzwe bacyekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi

Editorial 26 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.
Amakuru

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Editorial 18 Jun 2021
Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Editorial 29 Oct 2016
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 24 Ukwakira 2018

Editorial 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru