• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Ubwanditsi 08 Jul 2016 Mu Mahanga

Mu itangazo Polisi y’u Rwanda yashyize ahagaragara kuwa kane tariki ya 7 Nyakanga 2016, riravuga ko umukwabu wiswe usalama ya gatatu wari ugamije kurwanya ibyaha ndengamipaka ugaterwa inkunga na Polisi mpuzamahanga, ukaba warabaye mu kwezi gushize ugakorwa mu bice bitandukanye by’igihugu wafatiwemo ibiyobyabwenge, insinga z’amashanyarazi n’inshundura barobesha amafi zitemewe n’amategeko byose hamwe bifite agaciro k’amadolari 11,805 akabakaba miliyoni 78,7 z’amafaranga y’u Rwanda.

Usalama ni ijambo ry’igiswahili rivuga “umutekano”, ukaba ari umukwabu ukorwa buri mwaka ugakorwa rimwe mu bihugu 28 bigize imiryango y’ubufatanye y’Abayobozi Bakuru ba Polisi zo mu bihugu byomu burasirazuba n’amajyepfo y’Umugabane wa Afurika (East African and South Police Chiefs Cooperation Organization-EAPCO-SAPCO) wari ugamije kurwanya ibyaha birimo icuruzwa ry’abantu, magendu, ibiyobyabwenge, ubujura bw’imodoka,

Wari ugamije kandi kurwanya kwangiza ibidukikije (kwicwa no gushimuta inyamaswa no kuroba amafi mu buryo bunyuranije n’amategeko), ubujura bw’insinga z’amashanyarazi zikoze mu muringa n’ibindi byuma, magendu y’amabuye y’agaciro, ikwirakwizwa ry’intwaro nto n’iziciriritse, iterabwoba, no gukurikirana abacyekwaho gukora ibyaha ndenga mipaka.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi mpuzamahanga muri Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Tony Kulamba yabwiye abanyamakuru ibyavuye muri uyu mukwabu wabaye ku matariki ya 29 na 30 Kamena.

Yavuze ko hafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amadolari 73, 515 birimo ibiro 17,851 by’urumogi, litiro 48, 023 z’ibinyobwa bitemewe byengerwa hirya no hino mu gihugu, litiro 5, 787 z’inzoga zitemewe, n’udupfunyika 44 twa Heroine. Hafashwe kandi metero 651 na toni 5.5 z’insinga z’amashanyarazi zifite agaciro gakabakaba miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda zibwe mu bubiko bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu, izindi zikaba zaribwe ahantu hatandukanye mu gihugu ku buryo byatumye abahatuye babura amashanyarazi mu gihe runaka.

ACP Kulamba yagize ati;”Ibyaha byo kwangiza ibidukikije ntibikunda kugaragara mu Rwanda ahanini kubera ubukangurambaga Leta ihora iha abaturage baturiye za Pariki bakangurirwa kubibungabunga.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa we yavuze ko abantu 93 bafatiwe muri uyu mukwabu

Akaba yavuze ati;”62 bakekwaho gukora, gucuruza no kunywa ibiyobyabyenge bafatiwe muri uyu mukwabu, 27 bafatiwe ubujura bw’insinga z’amashanyarazi 19 bafatanywe udupfunyika twa Heroine, abandi batatu bacyekwaho icyaha cy’icuruzwa n’ishimutwa ry’abantu baracyakorwaho iperereza nyuma y’aho bafatanywe abana b’ababakobwa batatu ubu basubijwe iwabo.”

ACP Twahirwa yakomeje agira ati;” Uyu mukwabu twawukoze twifashishije ikoranabuhanga ry’itumanaho rya Polisi Mpuzamahanga rikora amasaha 24 kuri 24 ryitwa I-24/7; rikaba rikoreshwa ku mipaka yose iduhuza n’ibihugu duhana imbibi. Muri iki gikorwa, hasuzumwe imodoka 160000 zandikishijwe ku mipaka hakoreshejwe ikoranabuhanga ryabugenewe, nyuma y’iryo suzuma bikaba byaragaragaye ko 18 muri izo modoka zibwe.”
Yongeyeho ati;”Turakangurira abantu gukoresha imodoka zabo isuzumwa nk’iri ngo barebe ko bataguze imodoka z’injurano.”

Nkubito Stanley ukora mu kigo gishinzwe kugurisha amashanyarazi mu Rwanda nawe wari uri muri icyo kiganiro yasabye abanyarwanda gukoresha neza no kwita ku bikorwa bibateza imbere cyane cyane amashanyarazi

Yagize ati;”Iyo insinga z’amashanyarazi zibwe, ingaruka ziba nyinshi kandi zikagera ku bantu benshi mu gihugu hose, bigatuma ubucuruzi buhagarara mu gihugu ndetse n’umutekano ugahungabana kandi bigatwara amafaranga kongera kubisana.”

Nkubito yakomeje asaba abashyira amashanyarazi mu mazu yabo gukoresha insinga zujuje ubuziranenge kuko izitabwujuje zishobora gutera inkongi z’umuriro.

Yakomeje avuga ati ;’Abantu ntibakwiye kwemerera abasudira gucomeka imashini zabo ku muriro w’amashanyarazi yo mu nzu kuko nabyo bishobora guteza inkongi. »
Uyu mukwabu wakozwe ku bufatanye n’abafatanyabikorwa ba Polisi ku rwego rw’igihugu barimo Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu, abakora ku mipaka, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu, Inzego zishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, na Minisiteri y’umutungo kamere n’iy’ubucuruzi n’inganda

Uyu mukwabu Usalama ya gatatu uje ukurikira inama yahuje ibihugu byo muri aka karere yabereye i Maputo muri Mozambique yabaye ku itariki ya 26 na 27 Gicurasi 2016, mu myanzuro abayitabiriye bafashe hakaba harimo gukora uyu mukwabu w’iminsi 2 wo kurwanya ibyaha ndengamipaka.

-3231.jpg

Uje kandi ukurikira imikwabu nk’iyi yabaye muri 2013 na 2015 nk’uko byari byemejwe mu nama idasanzwe y’Umuryango w’ubufatanye w’abayobozi ba Polisi zo mu bihugu byo mu majyepfo ya Afurika(SARPCCO) yateraniye muri Zanzibar muri Nzeri 2012, yasabaga abayobozi bakuru biyo miryango yombi gukorera hamwe bakareba ingamba bafata zo kurwanya ibyaha ndengamipaka.

RNP

2016-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2022
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023
Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame
POLITIKI

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Mar 2018
KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner
HIRYA NO HINO

KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 
Mu Rwanda

Basore namwe Bakobwa mwakundaga Itabi rya Shisha mwakuwe amata kumunywa 

Ubwanditsi 15 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru