• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kinshasa yabujije imyigaragambyo ariko Rassemblement ntibikozwa

Kinshasa yabujije imyigaragambyo ariko Rassemblement ntibikozwa

Ubwanditsi 28 Nov 2017 POLITIKI

Ubutegetsi bwa Perezida Joseph Kabila  bwiyamye cyane abategura gukora imyigaragambo muri DRC ariko abatavuga rumwe nabwo bakavuga yuko bazayikora byanze bikunze ngo kuko ari uburenganzira bwabo !

Mu mpera z’icyumweru gishize  hari ibice bibiri byari byatangaje yuko bizakora imyigaragambyo kuri uyu wa kabiri, bigahamagarira ibayoboke babyo kuzayitabira ari benshi.

Igice cya mbere cyababanje gutangaza yuko kizakora imyigaragambyo kuri uyu wa kabiri ni ikiyobowe na Felix Tshisekedi (Rassembement). Aba bateguraga iyo myigaragambyo bashaka kugaragaza yuko byanze bikunze amatora ya Perezida wa Repubulika muri icyo gihugu agomba kuba mu kwezi gutaha, atanaba ariko Kabila akava ku butegetsi kuko manda ye yarangiye Ukuboza umwaka ushize.

Nyuma igice kigizwe n’amashyaka ashyigikiye Kabila  gitangaza yuko kuri uyu wa kabiri nacyo kizakoresha imyigaragambyo yo gushyigikira gahunda ya leta y’uko amatora ya Perezida wa Repubulika azakorwa Ukuboza umwaka utaha wa 2018.

Abo muri opozisiyo bumvise yuko n’abashyigikiye ubutegetsi bapanga kuzakora imyigaragambyo kuri uwo wa kabiri, iyabo bayimurira kuwa kane muri iki cyumweru, ariko ku cyumweru ubutegetsi butangaza yuko nta myigaragambyo iyo ariyo yose yemewe, kandi ngo abazakinisha kuyikora bakazahanwa by’intangarugero.

Abo mu mashyaka ashyigikiye Kabila bumviye iryo tegeko rya leta basubika iyo myigaragambyo yabo yagombaga gukorwa kuri uyu wa kabiri, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakavuga yuko byanze bikunze iyabo bazayibyukiramo kuwa kane nk’uko byari bisanzwe kuri gahunda.

Ihuriro ry’abasenyeri gatulika muri DRC, National Episcopal Conference of Congo (CENCO) ritangaza yuko amahanga agomba kuba maso ngo kuko iby’iyo myigaragambyo bishobora kuzatuma amaraso menshi ameneka. CENCO itangaza yuko tariki 15 z’uku kwezi hari umubare munini w’abantu watawe muri yombi kubera impamvu zijyanye n’imyigaragambyo, ngo kandi kuva muri Mata kugeza mu kwezi gishize abantu 53 biciwe mu myigaragambyo muri icyo gihugu cya Congo !

Amerika na Canada ni ibihugu bitera  inkunga itubutse DRC. Ibi bihugu byombi bigaragaza yuko ingengabihe y’amatora, ishyira aya Perezida wa Repubulika mu mpera z’umwaka utaha ishyize mu gaciro kuko bitashoboka ngo abe yakorwa mu kwezi gutaha nk’uko benshi mu bigaragambya baba babisaba. Ariko ibyo bihugu byombi ejo byasohoye itangazo rusange rivuga yuko bidashyize mu gaciro kubuza abantu kwikorera imyigaragambyo mu mahoro. Ikibazo ariko aho kiri n’uko ari gake cyane wabona imyigaragambyo muri DRC irangwa n’amahoro !

Casmiry Kayumba

2017-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

RUSHYASHYA 15 Oct 2025
Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Ubwanditsi 26 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu
Mu Mahanga

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 25 Jul 2016
Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nkurunziza yagororeye Jean de Dieu Mutabazi uzwiho gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 04 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru