• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kinshasa yabujije imyigaragambyo ariko Rassemblement ntibikozwa

Kinshasa yabujije imyigaragambyo ariko Rassemblement ntibikozwa

Ubwanditsi 28 Nov 2017 POLITIKI

Ubutegetsi bwa Perezida Joseph Kabila  bwiyamye cyane abategura gukora imyigaragambo muri DRC ariko abatavuga rumwe nabwo bakavuga yuko bazayikora byanze bikunze ngo kuko ari uburenganzira bwabo !

Mu mpera z’icyumweru gishize  hari ibice bibiri byari byatangaje yuko bizakora imyigaragambyo kuri uyu wa kabiri, bigahamagarira ibayoboke babyo kuzayitabira ari benshi.

Igice cya mbere cyababanje gutangaza yuko kizakora imyigaragambyo kuri uyu wa kabiri ni ikiyobowe na Felix Tshisekedi (Rassembement). Aba bateguraga iyo myigaragambyo bashaka kugaragaza yuko byanze bikunze amatora ya Perezida wa Repubulika muri icyo gihugu agomba kuba mu kwezi gutaha, atanaba ariko Kabila akava ku butegetsi kuko manda ye yarangiye Ukuboza umwaka ushize.

Nyuma igice kigizwe n’amashyaka ashyigikiye Kabila  gitangaza yuko kuri uyu wa kabiri nacyo kizakoresha imyigaragambyo yo gushyigikira gahunda ya leta y’uko amatora ya Perezida wa Repubulika azakorwa Ukuboza umwaka utaha wa 2018.

Abo muri opozisiyo bumvise yuko n’abashyigikiye ubutegetsi bapanga kuzakora imyigaragambyo kuri uwo wa kabiri, iyabo bayimurira kuwa kane muri iki cyumweru, ariko ku cyumweru ubutegetsi butangaza yuko nta myigaragambyo iyo ariyo yose yemewe, kandi ngo abazakinisha kuyikora bakazahanwa by’intangarugero.

Abo mu mashyaka ashyigikiye Kabila bumviye iryo tegeko rya leta basubika iyo myigaragambyo yabo yagombaga gukorwa kuri uyu wa kabiri, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakavuga yuko byanze bikunze iyabo bazayibyukiramo kuwa kane nk’uko byari bisanzwe kuri gahunda.

Ihuriro ry’abasenyeri gatulika muri DRC, National Episcopal Conference of Congo (CENCO) ritangaza yuko amahanga agomba kuba maso ngo kuko iby’iyo myigaragambyo bishobora kuzatuma amaraso menshi ameneka. CENCO itangaza yuko tariki 15 z’uku kwezi hari umubare munini w’abantu watawe muri yombi kubera impamvu zijyanye n’imyigaragambyo, ngo kandi kuva muri Mata kugeza mu kwezi gishize abantu 53 biciwe mu myigaragambyo muri icyo gihugu cya Congo !

Amerika na Canada ni ibihugu bitera  inkunga itubutse DRC. Ibi bihugu byombi bigaragaza yuko ingengabihe y’amatora, ishyira aya Perezida wa Repubulika mu mpera z’umwaka utaha ishyize mu gaciro kuko bitashoboka ngo abe yakorwa mu kwezi gutaha nk’uko benshi mu bigaragambya baba babisaba. Ariko ibyo bihugu byombi ejo byasohoye itangazo rusange rivuga yuko bidashyize mu gaciro kubuza abantu kwikorera imyigaragambyo mu mahoro. Ikibazo ariko aho kiri n’uko ari gake cyane wabona imyigaragambyo muri DRC irangwa n’amahoro !

Casmiry Kayumba

2017-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Ubwanditsi 05 Nov 2019
Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu

Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Ubwanditsi 04 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Perezida Tshisekedi yarekuye imfungwa 700 ziganjemo iza polikiti
POLITIKI

RDC: Perezida Tshisekedi yarekuye imfungwa 700 ziganjemo iza polikiti

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana
INKURU NYAMUKURU

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Ubwanditsi 03 Mar 2020
Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Ubwanditsi 14 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru