• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo   |   16 Jul 2025

  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Editorial 27 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Inkuru yabaye kimomo muri iyi minsi muri Uganda, niya Archeveque Stanley Ntagali wari umukuru w’itorero ry’Anglikani muri Uganda aho yasabye imbabazi muruhame kubera ibyaha by’ubusambanyi.

Ntagali yemeye ko yasambanaga na Judith Tukamuhabwa umugore wumwe mu bapasiteri akaba yarabyemereye imbere y’abasenyeri b’abangilikani, bamwe mu bapadiri ndetse n’abakirisitu bari bateraniye muri Katedarali ya Namirembe.

Ubwo yatangaga ubuhamya, Ntagali yavuze ko nubwo yari akomeye mu kwemera guhera muri 1974 ubwo yakizwaga, yaje kugwa mu byaha. Yemeje ko mbere yo kuza murusengero yabanje gusaba Imana imbabazi mu isengesho yakoze, bityo asaba n’abantu bose kumubabarira.
Archeveque Ntagali yagize ati “ Ku munsi wa Noheli muri 1974, nk’umusore wari ukiri muto, ubuzima bwanjye nabuhariye Imana, kandi ndacyakunda Imana kuko nayo inkunda. Birababaje kuba naraguye mu cyaha cy’ubusambanyi nkaba nsabye Imana imbabazi ndetse n’urusengero muri rusange.

Abavandimwe banjye dusangiye inshingano mbasabye imbabazi, nsabye imbabazi kandi umuryango wa Pasitoro Christopher n’umugore we Judith. Ndashaka gukomeza kuba iruhande rwawe Nyagasani”

Nyuma y’ijambo rye rigufi, Ntagali yahobewe n’Archeveque Stephen Kazimba Mugalu wamusimbuye mu gihe abandi basenyeri bamukomeraga amashyi asubira mu byicaro bye. Archeveque Kizimba yakiriye ukwihana kuwo yasimbuye aho yavuze ko iyo usabye imbabazi ubikuye ku mutima Imana ikubabarira.

Amakuru y’ubusambanyi bwa Archeveque Ntagali bwatangiye kujya hanze mu kwezi kwa mbere uyu mwaka ubwo yahagarikwaga na Archeveque Kazimba mu bikorwa by’itorero aho yavuze ko ubusambanyi n’ubutinganyi ari icyaha bityo ababikora batagomba kugaruka mu mirimo y’itorero.

Ntagali yabaye uwa munani mu kuyobora itorero ry’Angilikani muri Uganda kugeza tariki ya 1 Werurwe 2020 igihe yagezaga ku myaka 65 kandi uyigezeho agomba gusimburwa. Mu gihe yari akuriye Angilikani muri Uganda yose, yari na Musenyeri wa Kampala akaba mbere yari Musenyeri wa Diyosezi ya Masindi-Kitara kuva mu mwaka wa 2004 kugeza 2012.

2021-04-27
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya

Editorial 23 Jan 2017
Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Editorial 31 May 2023
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Editorial 31 Jul 2024
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Editorial 11 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru