• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Ubwanditsi 26 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane tariki ya 26 Mutarama 2023, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta yagejeje ku nteko ishinga amategeko imitwe yombi uko umubano w’u Rwanda wifashe mu bihugu byo mu karere aho by’umwihariko yagarutse ku mubano na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo; Minisitiri Biruta yemeje ko umubano utameze neza kubera impamvu zitandukanye.

Mu ipfundo ry’ikibazo ni umutekano w’u Rwanda ubangamiwe n’ingabo z’abicanyi za FDLR zikorana hafi na hafi n’ingabo za Kongo FARDC mu guteza umutekano muke w’u Rwanda ndetse n’imikoranire mu kurwanya umutwe wa M23 no guhohotera Abatutsi b’abanyekongo.

Biruta yasobanuye umuzi w’ikibazo ahereye ku mateka mbere y’ubukoloni, mu gihe cy’ubukoloni ndetse na nyuma yaho. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Interahamwe na Ex FAR bahungiye muri Kongo, ntibamburwa intwaro kandi batuzwa hafi n’umupaka.

Hagati ya 1994 na 1995 habaye ubwiyongere bw’ibikorwa bya gisirikare byategurirwaga mu nkambi z’impunzi mu burasirazuba bwa Congo mu birometero 15 gusa uvuye ku mupaka w’u Rwanda, byateye impagarara UNHCR iranabitangaza ariko umuryango mpuzamahanga ntiwagira icyo ubikoraho.

Nyuma hagabwe ibitero bizwi nk’intambara y’abacengezi yahitanye abantu benshi bamaze gutsindwa basubira muri Kongo. Ku ntambara y’ubu hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo za FARDC-FDLR-Mai Mai ryatewe nuko interahamwe zikorana na FARDC zabagabagaho igitero zikica abatutsi b’abanyekongo abandi bagahungira mu Rwanda.

Kuva intambara ya FARDC na M23 yakubura umwaka ushize hashizweho amasezerano ya Luanda na Nairobi asaba Kongo kurwanya mu maguru mashya umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe iwushamikiyeho nka CNRD-FLN, RUD-Urunana, na FPP-Abajyarugamba cyane ko ari izingiro ry’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Congo.

Leta ya Kongo ikomeje kuvuga ko M23 ariyo itarubahirije amasezerano kandi ariyo yagerageje gusura inyuma ariko ku ruhande rwa Kongo nta kanunu ko gushyira mu bikorwa ayo masezerano. Tubibutse ko dukurikije ayo masezerano FDLR yaba yarambuwe intwaro tariki ya 30 Kamena umwaka ushize.
Ku Burundi na Uganda, Minisitiri Biruta yavuzeko umubano ari wose, ko agatotsi karangiye.

2023-01-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 07 Mar 2019
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Uganda: Umunyemari yashatse kwica umugore babyaranye 4 ngo abone uko yigarurira imitungo

Uganda: Umunyemari yashatse kwica umugore babyaranye 4 ngo abone uko yigarurira imitungo

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Ubwanditsi 01 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside
Amakuru

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?
Amakuru

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru