• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Uganda: Abashimuse umwangavu w’imyaka 18 barasaba miliyoni 10 z’amashilingi

Ubwanditsi 17 Apr 2018 Mu Mahanga

Polisi ya Uganda iri gushakisha uruhindu abashimuse umwangavu witwa Rehema Naluzze w’imyaka 18 bakaba bari gusaba ababyeyi be miliyoni 10 z’amashilingi ya Uganda.

Rehema Naluzze ngo yashimuswe kuwa gatandatu ushize arimo ava ku ishuri yigaho ryitwa Kayindu Secondary School ryo mu karere ka Luwero.

Naluzze ubusanzwe ubana na nyirakuru ubyara Se witwa Aisha Namirimu mu karere ka Luwero, ngo yari yagiye iwabo mu karere ka Buikwe kugira ngo nyina witwa Hasfa Nakakaawa amuhe amafaranga y’ishuri agera ku bihumbi ijana by’amashilingi (100,000 Sh).

Naluzze ngo yoherejwe iwabo ku itariki 4 Mata agumayo kugera kuwa gatanu w’icyumweru gishize tariki 13, bukeye kuwa gatandatu nyina kuko aribwo yari abonye amafaranga arayamuha ngo asubire ku ishuri.

Nyina avuga ko umukobwa we yafashe imodoka (taxi) yerekeza i Kampala, ariho yagombaga gufatira indi imwerekeza mu karere ka Luwero aho yiga.

Mu gihe Nakakaawa yari azi ko umwana we yaba yageze muri Luwero mu ma saa tatu z’ijoro, ngo yaje gutungurwa no kumva murumuna we witwa Aisha Nantume amumenyesha ko umwana we yashimuswe ndetse hakenewe byibura miliyoni 10 z’amashiringi (2 317 950 Frw) kugira ngo umwana we arekurwe.

The New Vision iravuga ko Nakakaawa ngo yahise asaba numero z’abashimuse umukobwa we, abahamagaye nabo bamusubiriramo cya kifuzo cy’amafaranga. Ndetse ngo banamuha nyirantarengwa ko nagera kuwa mbere atarayabagezaho azabona umurambo w’umukobwa we.

Nakakaawa ngo yabasabye ko yavugana n’umukobwa we, hanyuma Naluzze amubwira ko afungiye ahitwa ‘Mukwano Arcade’ mu murwa mukuru Kampala, ariko itumanaho rihita ricika nta byinshi bavuganye.

Nakakaawa yatanze ikirego kuri Polisi ya Lugazi, ndetse umuvugizi wa Polisi yo muri aka gace witwa Hellen Butoto avuga ko iki kirego kiri gukurikiranwa n’ishami rya Polisi ryihariye ryitwa ‘Police Flying Squad’.

Ibyaha byo gushimuta abantu muri Uganda biri kugenda bifata intera ndende kuko biri kwiyongera, gusa byagiye binagaragara ko hariho n’abapanga gushimutwa babeshya kugira ngo bakure amafaranga ku nshuti n’imiryango.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu  rwa  Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Ubwanditsi 11 Oct 2016
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2024
‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 03 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC
POLITIKI

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

Ubwanditsi 05 May 2018
Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware
Mu Mahanga

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye
ITOHOZA

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Ubwanditsi 02 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru