• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ubwanditsi 05 May 2018 Mu Rwanda

Abaturage bishimira ibikorwa bitandukanye by’ingabo mu iterambere ry’abaturage cyane ko hari n’abavurwa indwara bamaranye igihe kirekire zarabazahaje zigakira.

Abo baturage bemeza ko ibikorwa binyuranye ingabo zibafashamo ari umusanzu ukomeye mu iterambere ry’imibereho yabo, kuko ari bo ba mbere bifitiye akamaro.

Umwe mu baganiriye na Kigali Today aho yabasanze ku bitaro bya Nyamata mu karere ka Bugesera bavurwa n’ingabo, Karekezi Thacien w’imyaka 62 wabazwe ikibyimba, avuga ko yahawe servisi nziza.

Ati “Nari mfite ikibyimba cyanzahaje iruhande rw’igitsina, nari nkimaranye imyaka itanu. Nari narivuje inshuro nyinshi bakampa imiti yaba iya kizungu n’iya Kinyarwanda cyaranze gukira. Icyakora naje hano mpasanga abasirikare bahita bakibaga bampa imiti none ndumva meze neza”.

Arongera ati “Ndashima cyane ingabo zacu zitwitaho zikaduha servisi nziza, kuba zinkijije icyo kibyimba ni ishimwe rikomeye cyane. Ubu sinzongera gutakaza umutungo w’urugo nivuza”.

JPEG - 59.3 kb
Abo zivura ni abadafite ubushobozi bwo kwivuza indwara zikomeye

Musabyemariya Sorina wari waje kwivuza amaso na we ati “Ingabo zanyakiriye neza zirampima, ziramvura mbona n’imiti ku buryo mfite n’ikizere cyo gukira. Bananyemereye ko ngize ikibazo nabasanga ku bitaro bya Kanombe bagakomeza kunyitaho, ndabashimira cyane”.

Maj. Dr John Bukuru ukuriye itsinda rivurira ku bitaro bya Nyamata, agaruka ku ndwara ziboneka cyane muri ako gace.

Ati “Tumaze kuvura abantu basaga 1300 indwara zitandukanye, ariko 40% byabo n’abafite uburwayi bw’amenyo buturuka ku isuku nke yo mu kanwa, tukaba tunabakangurira kuyongera. Izindi ni iz’amaso, amagufa, izo mu mubiri, indwara zitandukanye z’abagore n’izindi”.

Akomeza asaba abarwaye kwitabira icyo gikorwa kuko haba hari inzobere zitandukanye zabegereye.

Ingabo zifasha abaturage no kwihaza mu biribwa

Mu karere ka Rulindo ingabo zirimo gufatanya n’abaturage guhinga ibijumba mu gishanga cya Bahimba cyo mu murenge wa Mbogo ku buso bwa Ha 14, abaturage bakaba ari bo bazasarura.

Umwe mu bari bitabiriye icyo gikorwa, Dusabimana Jacqueline, ahamya ko ingabo zaje kubafasha kurwanya inzara.

Ati “Kuba abasirikare baje kudutera ingabo mu bitugu badufasha guhinga, bitwongereye imbaraga mu kurwanya inzara kuko ibijumba ari igihingwa cy’ingenzi hano iwacu. Iki ni ikitugaragariza imiyoborere myiza y’igihugu cyacu, turishimye”.

Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Emmanuel Kayiranga, yavuze ko ibikorwa by’ingabo ku bufatanye n’abaturage bituma umusaruro wiyongera, ntihagire inzara irangwa muri ako karere.

Imibare itangwa n’abakurikirana iki gikorwa mu gihugu hose kuva cyatangira ku ya 20 Mata 2018, yerekana ko abantu 9.409 bamaze kuvurwa indwara zitandukanye, 11.191 b’igitsina gabo barakebwa naho 795 bipimisha SIDA ku bushake.

Hamaze guhingwa Ha 221 zateweho ibijumba, ibirayi n’imboga ndetse hanarwanywa kirabiranya mu rutoki ku buso bwa Ha 61.39.

Hamaze gusanwa kandi inzu 135 z’abatishoboye ndetse hubakwa n’ubwiherero 356.

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred

Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred

RUSHYASHYA 05 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jasmine Kibatenga ni we wegukanye irushanwa rya The Next Pop icyiciro cya mbere ahita yegukana sheki ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

Jasmine Kibatenga ni we wegukanye irushanwa rya The Next Pop icyiciro cya mbere ahita yegukana sheki ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri
ITOHOZA

Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Ubwanditsi 12 Feb 2018
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zijya muri Israël idahagaze

Ubwanditsi 07 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru