• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Editorial 05 May 2018 Mu Rwanda

Abaturage bishimira ibikorwa bitandukanye by’ingabo mu iterambere ry’abaturage cyane ko hari n’abavurwa indwara bamaranye igihe kirekire zarabazahaje zigakira.

Abo baturage bemeza ko ibikorwa binyuranye ingabo zibafashamo ari umusanzu ukomeye mu iterambere ry’imibereho yabo, kuko ari bo ba mbere bifitiye akamaro.

Umwe mu baganiriye na Kigali Today aho yabasanze ku bitaro bya Nyamata mu karere ka Bugesera bavurwa n’ingabo, Karekezi Thacien w’imyaka 62 wabazwe ikibyimba, avuga ko yahawe servisi nziza.

Ati “Nari mfite ikibyimba cyanzahaje iruhande rw’igitsina, nari nkimaranye imyaka itanu. Nari narivuje inshuro nyinshi bakampa imiti yaba iya kizungu n’iya Kinyarwanda cyaranze gukira. Icyakora naje hano mpasanga abasirikare bahita bakibaga bampa imiti none ndumva meze neza”.

Arongera ati “Ndashima cyane ingabo zacu zitwitaho zikaduha servisi nziza, kuba zinkijije icyo kibyimba ni ishimwe rikomeye cyane. Ubu sinzongera gutakaza umutungo w’urugo nivuza”.

JPEG - 59.3 kb
Abo zivura ni abadafite ubushobozi bwo kwivuza indwara zikomeye

Musabyemariya Sorina wari waje kwivuza amaso na we ati “Ingabo zanyakiriye neza zirampima, ziramvura mbona n’imiti ku buryo mfite n’ikizere cyo gukira. Bananyemereye ko ngize ikibazo nabasanga ku bitaro bya Kanombe bagakomeza kunyitaho, ndabashimira cyane”.

Maj. Dr John Bukuru ukuriye itsinda rivurira ku bitaro bya Nyamata, agaruka ku ndwara ziboneka cyane muri ako gace.

Ati “Tumaze kuvura abantu basaga 1300 indwara zitandukanye, ariko 40% byabo n’abafite uburwayi bw’amenyo buturuka ku isuku nke yo mu kanwa, tukaba tunabakangurira kuyongera. Izindi ni iz’amaso, amagufa, izo mu mubiri, indwara zitandukanye z’abagore n’izindi”.

Akomeza asaba abarwaye kwitabira icyo gikorwa kuko haba hari inzobere zitandukanye zabegereye.

Ingabo zifasha abaturage no kwihaza mu biribwa

Mu karere ka Rulindo ingabo zirimo gufatanya n’abaturage guhinga ibijumba mu gishanga cya Bahimba cyo mu murenge wa Mbogo ku buso bwa Ha 14, abaturage bakaba ari bo bazasarura.

Umwe mu bari bitabiriye icyo gikorwa, Dusabimana Jacqueline, ahamya ko ingabo zaje kubafasha kurwanya inzara.

Ati “Kuba abasirikare baje kudutera ingabo mu bitugu badufasha guhinga, bitwongereye imbaraga mu kurwanya inzara kuko ibijumba ari igihingwa cy’ingenzi hano iwacu. Iki ni ikitugaragariza imiyoborere myiza y’igihugu cyacu, turishimye”.

Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Emmanuel Kayiranga, yavuze ko ibikorwa by’ingabo ku bufatanye n’abaturage bituma umusaruro wiyongera, ntihagire inzara irangwa muri ako karere.

Imibare itangwa n’abakurikirana iki gikorwa mu gihugu hose kuva cyatangira ku ya 20 Mata 2018, yerekana ko abantu 9.409 bamaze kuvurwa indwara zitandukanye, 11.191 b’igitsina gabo barakebwa naho 795 bipimisha SIDA ku bushake.

Hamaze guhingwa Ha 221 zateweho ibijumba, ibirayi n’imboga ndetse hanarwanywa kirabiranya mu rutoki ku buso bwa Ha 61.39.

Hamaze gusanwa kandi inzu 135 z’abatishoboye ndetse hubakwa n’ubwiherero 356.

2018-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Editorial 13 Jul 2021
Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Editorial 22 Apr 2021
Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Editorial 19 May 2021
Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Editorial 01 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa
UBUKUNGU

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Editorial 17 Apr 2020
Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600
Mu Mahanga

Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600

Editorial 09 Sep 2016
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange
Amakuru

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Editorial 25 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru