• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe

KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe

Ubwanditsi 14 May 2018 SHOWBIZ

KNC ni umuhanzi w’umunyarwanda uyu umaze igihe muri muzika ariko utarakunze guhozaho cyane ko hari izindi gahunda yagiye ajyamo zigatuma umuziki we atawirukansa, icyakora nkuko yabitangarije Inyarwanda dukesha iyi nkuru uyu muhanzi  akaba n’umunyamakuru , umuyobozi wa Radio na TV1 ngo ntiyigeze ava mu muziki n’ikimenyimenyi ubu ari mu myiteguro ikomeye yo kumurika Album ye nshya yise ‘Heart Desire’.
KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe-ZUMVE

 Uyu mugabo ari mu myiteguro y’igitaramo gikomeye azamurikiramo iyi Album ye yise ‘Heart Desire’ iki akaba yaragitumiyemo umuhanzikazi ukomeye wo mu gihugu cya Afurika y’Epfo Yvonne Chaka Chaka nabandi bahanzi ba hano imbere mu gihugu barimo Bruce Melody, Israel Mbonyi ndetse na Alyn Saano, iki gitaramo kikaba kitezwe kuba tariki 27 Nyakanga 2018 mu ihema rya Camp Kigali ndetse magingo aya abahanga bakaba baratangiye no kugura amatike ku buryo igihe cy’igitaramo kizagera nta kibazo cy’amatike bafite.

Mu rwego rw gukomeza gukumbuza abantu umuziki we Kakoza Nkuriza Charles cyangwa se KNC nkuko yamamaye muri muzika magingo aya yamaze gushyira hanze indirimbo eshatu icyarimwe, izi ndirimbo nkuko yabitangaje ngo ni izo abakunzi ba muzika  baba bumva kugira ngo batangire no kujya mu mwuka w’igitaramo nyiri izina ndetse banumve ko umuntu uzagura Album ye atazaba aguze indirimbo za baringa ahubwo ari indirimbo zicurangitse ndetse ziririmbitse.

KNCIgitaramo cyo kumurika Album nshya ya KNC

Izi ndirimbo nshya KNC yashyize hanze ni; Impamvu, Ijoro ryiza, ndetse na Hari igihe indirimbo zose nubusanzwe zizaba ziri kuri Album ye nshya ‘Heart Desire’ ndetse izi zikaba zimwe mu ndirimbo uyu muhanzi ashobora kuzaba aririmba mu gitaramo azaba amurikiramo Album ye nshya ‘Heart Desire’. Twibukiranye ko izi ndirimbo zigiye hanze mu gihe nyamara hari hashize igihe gito uyu muhanzi ashyize hanze ‘Heart Desire’ indirimbo yitiriye Album ye  nshya.

Ku kijyanye n’iki gitaramo KNC ari gutegura ibijyanye n’ibiciro byo kwinjira ni 20000frw mu myanya isanzwe mu gihe imyanya y’icyubahiro izaba ari 30000frw icyakora umuntu uzaba ushaka kugura amatike mbere akaba yakaturirwa dore ko ubu abari kuzigura bari kuzigura ku 15000frw mu myanya isanzwe mu gihe imyanya y’icyubahiro ari 25000frw gusa ariko abantu umunani bazaba bishyize hamwe bakazishyura 400000frw bagahabwamo icyo kunywa ndetse no kurya.

KANDA HANO WUMVE ‘IJORO RYIZA’ INDIRIMBO NSHYA YA KNC

KANDA HANO WUMVE ‘IMPAMVU’ YA KNC

KANDA HANO WUMVE ‘HARI IGIHE’ INDIRIMBO NSHYA YA KNC

2018-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Birababaje:Umugore yakase igitsina cy’ umugabo nyuma bamufata agiye kwiyahura [ REBA AMAFOTO]

Birababaje:Umugore yakase igitsina cy’ umugabo nyuma bamufata agiye kwiyahura [ REBA AMAFOTO]

Ubwanditsi 06 May 2018
Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Ubwanditsi 23 May 2021
Hugh Masekela:Umwami w’injyana ya Jazz muri South Africa yitabye Imana

Hugh Masekela:Umwami w’injyana ya Jazz muri South Africa yitabye Imana

Ubwanditsi 24 Jan 2018
AMERIKA: Umunyarwandakazi Magaly Pearl ari gukorana indirimbo na Producer Masterkraft wamamaye muri Nigeria

AMERIKA: Umunyarwandakazi Magaly Pearl ari gukorana indirimbo na Producer Masterkraft wamamaye muri Nigeria

Ubwanditsi 07 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi
IMIKINO

Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Nov 2017
Ghana yakiriye Dr Casimir Bizimungu na Sylvain Nsabimana barekuwe n’urukiko rw’Arusha
ITOHOZA

Ghana yakiriye Dr Casimir Bizimungu na Sylvain Nsabimana barekuwe n’urukiko rw’Arusha

Ubwanditsi 27 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru