• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Ubwanditsi 19 Jan 2018 Mu Rwanda

Ubuyobozi bw’uruganda rw’imodoka rwo mu Budage VolksWagen buvuga ko guhera ku wa mbere w’icyumweru gitaha buzatangira guha akazi no guhugura abakozi bazarufasha mu mirimo yo guteranyiriza imodoka mu Rwanda.

Thomas Schafer umuyobozi wa VolksWagen muri Afrika asobanura ko bimwe mu bikoresho biri mu nzira biza, imirimo ikazatangira mu minsi mike iri imbere. Yagize ati, “..Mubyumve neza ko icya mbere ari uguha agaciro icyo abantu bashoboye kugurira hano i Kigali; zizaba ari imodoka nshya zitakoreshejwe n’abandi, zifite umutekano kandi zifitiwe icyizere;

mu gihe iyo imodoka yaguzwe hanze yarakoreshejwe utabasha kuyisubiza igihe yagize ikibazo, ati”turi muri bucuruzi ni byo ariko tunifuza korohereza abanyarwanda uburyo bwo koroshya ingendo.”

Muri uyu mwaka nibwo imodoka nshya za mbere za Volkswagen ziteranyirijwe mu Rwanda, zizajya ku isoko, Abanyarwanda bifuza gutunga imodoka bavuze  ko aya ari amahirwe adasanzwe kuko imodoka zitumizwa mu mahanga zigera mu gihugu zihenze ariko ko mu rwego rwo kuborohereza zazashyirwa ku giciro giciriritse .

kandi biteze ko igiciro cy’izo modoka kizaba kidakanganye bagereranyije n’izitumizwa hanze y’u Rwanda kandi nta bibazo zizaba zifite. Nsengiyumva Jean Damascene ,utuye mu karere ka Gasabo umurenge wa Gatsata  yagize ati, “ubusanzwe nta  ruganda dufite mu gihugu kandi kuzitumiza byajyaga bigorana kugeza n’aho waguraga imodoka utazi aho yakorewe ariko bizoroha kuko tuzajya tumenya ko zakorewe hano iwacu”.

Miliyoni 20 z’amadolari niyo azakoreshwa mu gice cya mbere cy’ibikorwa by’ uru ruganda ruzaba rwashyize ku Isoko imodoka za mbere muri uyu mwaka wa 2018. Usibye kuba imodoka zigiye guteranyirizwa mu Rwanda zizanagurishwa mu bindi bihugu by’ Afurika.

Uruganda rwa Volkswagen rurateganya guteranyiriza mu Rwanda imodoka zo mu bwoko 3 harimo Polo, VW Passat na Teramon. Ariko ubuyobozi bw’uru ruganda bwirinze guhita bushyira ahagaraga ibiciro by’izo modoka, bwizeza abaturage ko nabyo bizamenyekana bidatinze.

Miliyoni 20 z’amadolari niyo azakoreshwa mu gice cya mbere cy’ibikorwa by’ uru ruganda ruzaba rwashyize ku Isoko imodoka za mbere muri uyu mwaka wa 2018. Usibye kuba imodoka zigiye guteranyirizwa mu Rwanda zizanagurishwa mu bindi bihugu bya Afrika.

Uruganda rwa Volkswagen rurateganya guteranyiriza mu Rwanda imodoka zo mu bwoko 3 harimo Polo, VW Passat na Teramon. Ariko ubuyobozi bw’uru ruganda bwirinze guhita bushyira ahagaraga ibiciro by’izo modoka, bwizeza abaturage ko nabyo bizamenyekana bidatinze mbere y’uko bashyira imodoka ku isoko.

Volkswagen Passat

 

Volkswagen Polo zigiye guteranyirizwa mu Rwanda

 

Volkswagen Teramont zo zishobokana n’imisozi

 

 

2018-01-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ubwanditsi 11 Nov 2024
Indorerezi zo mu karere zanyuzwe n’Amatora yo mu Rwanda zivuga ko  yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Indorerezi zo mu karere zanyuzwe n’Amatora yo mu Rwanda zivuga ko yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Ubwanditsi 06 Aug 2017
Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Ubwanditsi 21 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze
Amakuru

Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger
Amakuru

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Bishop Rugagi washyize ku isoko akanagurisha udutabo tudasanzwe duhesha kurongorwa, akazi, gukira indwara n’ibindi, arakekwa amababa. (Amafoto)
Mu Rwanda

Bishop Rugagi washyize ku isoko akanagurisha udutabo tudasanzwe duhesha kurongorwa, akazi, gukira indwara n’ibindi, arakekwa amababa. (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru