• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara

Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara

Ubwanditsi 04 Apr 2016 Mu Rwanda

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko zababajwe bikomeye n’urupfu rwa Jacques Bihozagara wahoze ari Minisitiri mu Rwanda akaba yaranabaye amabasaderi warwo mu Bufaransa no mu Bubiligi.

Ibi Leta Zunze Ubumwe za Amerika zabitangaje mu itangazo ryazo ryasohotse kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Werurwe.

Jacques Bihozagara yapfiriye muri gereza ya Mpimba iri i Bujumbura kuwa 30 Werurwe, akaba yarafashwe n’inzego z’umutekano z’u Burundi mu mpera z’umwaka ushize wa 2015 ashinjwa gukorera u Rwanda ibikorwa by’ubutasi muri icyo gihugu.

Iryo tangazo rivuga ko urupfu rwa Bihozagara rubaye mu gihe hari amakenga ajyanye n’uburyo imfungwa zifatwa muri gereza i Burundi. Ni mu gihe kandi hari za raporo yemeza ko hari abantu benshi bafatwa aho hari ababurirwa irengero ndetse n’abandi bagakorerwa iyicarubozo.

Amerika yasabye kandi leta y’u Burundi kureka indorerezi z’ Umuryango w’Abibumbye, iz’Afurika Yunze Ubumwe bashinzwe uburenganzira bwa muntu bakajya gukora igenzura mu magereza y’i Burundi kugira ngo barebe niba uko imfungwa zifashwe bitabangamiye uburenganzira bwa muntu.

-2581.jpg

Jacques Bihozagara akiri Minisitiri

Ni mu gihe Rwanda rwasabye leta y’u Burundi guhabwa amakuru y’ukuri, ayimenyesha uburyo Jacques Bihozagara yapfuyemo ndetse n’ibisobanuro ku mpamvu zatumye afungwa kuva mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize.

Abantu benshi bakaba bakomeje kubabazwa n’urupfu rwa Mzee bihozagara wakoreye igihugu yitanga uko ashoboye kose, akaba atarigeze ahemukira umuryango akomokamo wa RPF-Inkotanyi, kuko mubuzima bwe yangaga uwariwe wese wahemukira RPF.

Umwanditsi wacu

2016-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Umugororwa yatorotse Gereza ya Huye akoresheje umugozi

Umugororwa yatorotse Gereza ya Huye akoresheje umugozi

Ubwanditsi 09 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Ubwanditsi 23 Feb 2022
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America
ITOHOZA

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Ubwanditsi 02 Oct 2017
Abapolisi 50 bahuguwe ku gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha
Mu Mahanga

Abapolisi 50 bahuguwe ku gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Ubwanditsi 14 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru