• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»IMIKINO»Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Editorial 19 Apr 2018 IMIKINO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup nyuma yo gusezerera Costa do Sol yo muri Mozambique ku giteranyo cy’ibitego 3-2 mu mikino yombi.

Rayon Sports yari yatsinze ibitego 3-0 mu mukino ubanza wabereye i Kigali, ntiyorohewe n’uwo kwishyura wabaye kuri uyu wa Gatatu i Maputo kuko yatsinzwe ibitego 2-0.

Costa do Sol yakiniraga imbere y’abafana bayo i Maputo kuri ‘Estádio do Zimpeto’, yatangiye umukino yotsa igitutu izamu rya Ndayishimiye Eric Bakame inabona igitego cya mbere ku munota wa 31 gitsinzwe na Carvalho.

Ibi byongereye imbaraga Costa do Sol yatangiye kumva ko bishoboka, ishaka kujya kuruhuka nibura ifite ibitego bibiri, ku makosa ya ba myugariro ba Rayon Sports iyi kipe yabonye penaliti ku munota wa 38 ariko iyitera hanze y’izamu.

Costa do Sol ntiyacitse intege kuko na Rayon Sports nta bushobozi bwo kuyisatira yagaragazaga bituma ku munota wa 45 mbere yo kujya kuruhuka ibona igitego cya kabiri cyatsinzwe na Terrence Leonard Tisdell rutahizamu w’umuhanga utarakinnye umukino w’i Kigali ariko umaze no gutsindira ikipe ye ibitego bibiri muri iri rushanwa uyu mwaka.

Mu gice cya kabiri impinduka zakozwe n’Umutoza Ivan Minnaert zirimo kwinjiza Faustin Usengimana asimbuye Nyandwi Saddam na Muhire Kevin agasimbura Mugisha François, zahinduye imikinire, Rayon Sports itangira guhanahana neza n’igitutu yotswaga kiragabanuka.

Nubwo Costa do Sol yakomezaga gushaka aho imenera ishaka igitego cya gatatu, Rayon Sports yihagazeho, ibifashijwemo n’umurindi w’abafana benshi bari baje kuyishyigikira iminota 90 irangira ari ibitego 2-0 ariko ku giteranyo cy’imikino yombi ikomeza ku bitego 3-2.

Rayon Sports yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere mu Rwanda ikandagije ikirenge mu mikino y’amatsinda mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup).

Kugera muri iki cyiciro byahesheje Rayon Sports ibihumbi 275 by’amadorali ya Amerika (asaga miliyoni 235 Frw).

Aya ni nayo mafaranga ahabwa ikipe isezerewe mu matsinda ari iya gatatu mu gihe ebyiri za mbere zijya muri ¼ . Ikipe zisezerewe muri ¼ zitahana ibihumbi 350 $ (akabakaba miliyoni 299 Frw), izisezerewe muri ½ zihabwa ibihumbi 450 $ (akabakaba miliyoni 385 Frw). Ikipe itsindiwe ku mukino wa nyuma ihabwa ibihumbi 625 $ akabakaba miliyoni 535 Frw naho itwaye igikombe igahabwa 1,250,000 $ (asaga miliyali imwe na miliyoni 70 Frw).

Rayon Sports yanditse amateka yo kwerekeza mu mikino y’amatsinda ya Caf Confederation Cup

2018-04-19
Editorial

IZINDI NKURU

Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Inama y’intekorusange isanzwe y’abafite ubumuga mu Rwanda NPC, yemeje ko Murema Jean Babptiste yongera kuyiyobora mu gihe cy’indi myaka ine iri imbere

Editorial 05 Apr 2021
APR FC na Mukura VS zigiye kumenya amakipe bizahangana mu marushanwa ya CAF

APR FC na Mukura VS zigiye kumenya amakipe bizahangana mu marushanwa ya CAF

Editorial 01 Nov 2018
Enyimba FC irimo  yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Enyimba FC irimo yageze i Kigali itari kumwe na kapiteni wayo

Editorial 15 Sep 2018
Uwari Umunyabanga mukuru wa FERWAFA yasimbujwe uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi

Uwari Umunyabanga mukuru wa FERWAFA yasimbujwe uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi

Editorial 03 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru