• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Camerouni inyangiye abacongomani ,Amavubi akazahura na Congo

Camerouni inyangiye abacongomani ,Amavubi akazahura na Congo

Ubwanditsi 25 Jan 2016 IMIKINO

Ikipe ya Cameroon ikoze ibyo benshi batatekerezaga itsinda Congo Kinshasa 3-1 byayihesheje amahirwe yo kurangiza ari iya mbere mu itsinda rya kabiri n’amanota arindwi.

-1930.jpg

Amateka yahaga amahirwe ikipe ya Cameroon mbere y’umukino.

Ni byo koko Congo Kinshasa yari yarashoboye gusezerera Cameroon inshuro ebyiri mu majonjora yo gushaka itike yo kujya mu irushanwa rya CHAN ya 2009 na 2014, ariko Cameroon yari yaratsinze Congo Kinshasa 2-0 mu nshuro imwe rukumbi bahuriye muri iri rushanwa nyirizina muri Sudani muri 2011.

Congo Kinshasa n’amanota atandatu, yari yarabonye itike ya ¼ mbere y’umukino wo kuri uyu wa mbere, mu gihe Cameroon n’amanota ane, yasabwaga inota rimwe ngo yerekeze mu cyiciro gikurikira. Intsinzi y’ izi ntare yagombaga no gutuma zegukana umwanya wa mbere mu itsinda bityo ntiyerekeze i Kigali guhura n’u Rwanda.

Cameroon yaje ishaka gutsinda bigaragara, Congo Kinshasa yari yakoze impinduka icyenda ku ikipe yari yatsinze Angola 4-2. Aya makipe yombi yari yakoze ku bafana bayo, nkuko bisanzwe abacongomani bari benshi i Huye, mu gihe Cameroon ifite abafana yishakiye bava i Kigali kuyishyigikira uko yakinnye.

Igice cya kabiri cyatangiranye n’impinduka ku ruhande rwa Congo Kinshasa, aho kabuhariwe Mechak Elia yinjiraga mu kibuga. Umupira wa mbere yakozeho, yawuteretse ku kirenge cya Jean Marc Makusu Mundele wahise wishyurira Congo ku munota wa 47.

Cameroon ntabwo yaciwe intege n’iki gitego, ahubwo yahise igaruka mu mikino byihuse ni ko gutsinda ibitego bibiri by’ amabengeza k’uwabirebye. Ngamaleu wari waremye icya mbere, yitsindiye icya kabiri ku munota wa 52, mu gihe Samuel Nlend yatsindaga igitego ku buryo bwahawe akazina ka Lionell Messi bitewe n’uburyo bitsindwamo. Aha, hari ku munota wa 64.

Umukino waje kurangira ari ibyo bitego 3-1, bivuze ko Cameroon yazamutse iyoboye itsinda rya kabiri n’amanota arindwi, Congo ikaba iya kabiri n’amanota atandatu.
Imikino ya kimwe cya kane izakinwa ku wa gatandatu tariki ya 30/1/2016 aho saa 15:00 u Rwanda ruzakira Congo Kinshasa kuri stade Amahoro, mu gihe Cameroon na Cote d’Ivoire bazahurira kuri stade ya Huye 18:00.

Ubwanditsi

2016-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutsindwa na APR FC, Karekezi Olivier yaba yamaze kwegura muri Rayon Sports

Nyuma yo gutsindwa na APR FC, Karekezi Olivier yaba yamaze kwegura muri Rayon Sports

Ubwanditsi 27 Feb 2018
APR FC yemeje ko umutoza Adil Erradi Mohamed na Kapiteni wayo Manishimwe Djabel bahagaritswe, Tonny Kabanda agirwa umuvugizi w’agateganyo

APR FC yemeje ko umutoza Adil Erradi Mohamed na Kapiteni wayo Manishimwe Djabel bahagaritswe, Tonny Kabanda agirwa umuvugizi w’agateganyo

Ubwanditsi 16 Oct 2022
Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Ubwanditsi 31 Oct 2025
Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida
Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere
Mu Mahanga

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya
POLITIKI

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Ubwanditsi 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru