• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma

Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma

Ubwanditsi 05 Apr 2018 IMIKINO

Mu mikino ibanza ya ¼ cya UEFA Champions League yabaye kuri uyu wa Gatatu, Liverpool mu rugo yatsinze Manchester City ibitego bitatu ku busa naho muri Espagne FC Barcelone inyagira AS Roma ibitego bine kuri kimwe.

Umukino wari utegerejwe na benshi hagati y’amakipe abiri yo muri shampiyona y’u Bwongereza yahuriye muri ¼ cya UEFA Champions League, Liverpool niyo yatahanye intsinzi ku bitego byose byabonetse mu gice cya mbere irusha cyane Manchester City.

Mohamed Salah niwe wafunguye amazamu ku munota wa 11 ku mupira yahawe na Roberto Firmino, Alex Oxlade-Chamberlain atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 21 ahawe umupira na James Milner icyta gatatu gitsindwa na Sadio Mane ahawe umupira na Mohamed Salah ku munota wa 31.

Umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola, yakoze impinduka mu gice cya kabiri akuram Ilkay Guendogan yinjiza Raheem Sterling kugira ngo yongere umuvuduko mu mukino ariko biranga biba iby’ubusa iminota 90 irangira nta gitego ibonye ikaba igomba gutegereza umukino wo kwishyura Etihad mu cyumweru gitaha.

Mu wundi mukino waberaga Camp Nou imbere y’abafana 90 106, FC Barcelone yanyagiye AS Roma ibitego bine kuri kimwe harimo icya mbere cyitsinzwe na Daniele De Rossi ku munota wa 38, Konstantinos Manolas yitsinda icya kabiri ku munota wa 56, Gerard Pique ashyiramo icya gatatu ku wa 59, Edin Dzeko atsindira Roma impozamarira ku monota wa 80 naho Luis Suarez asoza akazi atsinda icya kane habura iminota itatu ngo umukino urangire.

Mu mikino yari yabanje ku wa kabiri, Real Madrid yatsinze Juventus ibitego bitatu ku busa mu Butaliyani naho Bayern Munich itsinda bibiri kuri kimwe Sevilla yo muri Espagne.

Jürgen Klopp yasazwe n’ibyishimo nyuma yo gutsinda Pep Guardiola

Saido Mane niwe wasoje ibirori mu gice cya mbere ku gitego yatsinze n’umutwe

Abakinnyi ba Liverpool bagaragaje ishyaka ryo ku rwego rwo hejuru muri uyu mukino

Salah yakomeje kwandika amateka mu Bwongereza aho adasiba gutsindira ikipe ye

Manchester City irasabwa gutsinda ibitego birenze bitatu ku busa kugira ngo yizere gusezerera Liverpool

Gerard Piqué yishimira kimwe mu bitego ikipe ye yatsinze

Messi yashimiwe kuba amaze gutsinda ibitego 100 muri Champions League

2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ubwanditsi 19 Jun 2022
Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Ubwanditsi 29 Feb 2024
Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Ubwanditsi 18 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC, Kiyovu SC na Mukura Victory Sports mu makipe yiyongereye amahirwe yo kurenga 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2023
Amakuru

Police FC, Kiyovu SC na Mukura Victory Sports mu makipe yiyongereye amahirwe yo kurenga 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru
Mu Rwanda

Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria
IMIKINO

Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria

Ubwanditsi 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru