• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Ubwanditsi 18 Feb 2024 Amakuru, IMIKINO

Kuri iki cyumweru tariki ya 18 Gashyantare 2024 nibwo Umubiligi Jonathan Vervenne ukinira Soudal Quick-Step Devo Team, yambaye umwambaro w’umuhondo ku Munsi wa Mbere wa Tour du Rwanda 2024.

Ibi Jonathan yabigezeho nnyuma y’uko ikipe ye yabaye yabaye iyambere ubwo abasiganwa basiganirwaga mu mujyi wa Kigali bava kuri BK Arena bagana kuri KCC ku ntera ingana na Kilometero 18 na Metero 300.

Ni isiganwa ririmo gukinwa uhereye kuri iki cyumweru tariki ya 18 kugeza kuya 25 Gashyantare 2024.

Tour du Rwanda 2024 yitabiriwe n’amakipe 19 akomoka mu bihugu bitandukanye, iri siganwa rikaba kandi ryitabiriwe n’abakinnyi 94.

Uko abandi batwayr ibihembo:

Milan Donie w’imyaka 19, ukinira Lotto Dstny Development Team, yahembwe nk’umukinnyi muto witwaye neza ku munsi wa mbere.

Peter Joseph Blackmore wa Israel Premier Tech ni we wahize abandi mu tuzamuko twari mu isiganwa ry’uyu munsi.

Umubiligi Jan Kino ukinira Soudal – Quick-Step Devo Team ni we wahize abandi mu guhatana kuri uyu munsi wa mbere wa Tour du Rwanda 2024.

Ikipe ye ni yo yitwaye neza, byahesheje mugenzi we, Jonathan Vervenne, kwambara umwambaro w’umuhondo.

Shyaka Janvier uri gukina muri UCI Mixed Team- Africa ni we Munyarwanda mwiza ukiri muto witwaye neza.

Uyu ni umwambaro mushya watangiye gutangwa muri Tour du Rwanda, Shyaka w’imyaka 20, asanzwe akinira Les Amis Sportifs y’i Rwamagana. Yari mu bakinnye Shampiyona y’Isi ya 2023 i Glasgow.

Milan Donie wa Lotto Dstny Development Team ni we wahize abandi muri ‘sprint’ zari mu isiganwa ry’uyu munsi.

William Junior Lecerf wa Soudal Quick-Step Devo Team ni we wahembwe na Bralirwa, binyuze muri Amstel, nk’umukinnyi mwiza mu Gace ka Mbere ka Tour du Rwanda 2024.

Uko amakipe yasoje akurikiranye nyuma yo gusiganwa n’igihe ibilometero 18,3:

1. Soudal Quick-Step Devo Team: 20′:32″

2. Israel Premier Tech: 21’08”

3. Lotto-Dstny: 21’24”

4. UAE: 21’26”

5. TotalEnergies: 21’27”

6. Eritrea: 21’39”

7. Astana: 21’43”

8. Groupama-FDJ: 21’52”

9. Rwanda: 21’56”

10. Polti -Kometa: 22’02”

11. Bingoal-WB: 22’08”

12. Afurika y’Epfo: 22’43”

13. Java-InovoTec: 22’47”

14. Bike Aid: 22’50”

15. CMC Africa: 23’07”

16. Maurice: 23’10”

17: Algeria: 24’00”

18: Ethiopia: 24’02”

19: May Stars: 25’31”

2024-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ubwanditsi 12 Jun 2018
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2022
Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Ubwanditsi 28 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano
Amakuru

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
IKORANABUHANGA

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon
Amakuru

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Ubwanditsi 06 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru