• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Ubwanditsi 18 Feb 2024 Amakuru, IMIKINO

Kuri iki cyumweru tariki ya 18 Gashyantare 2024 nibwo Umubiligi Jonathan Vervenne ukinira Soudal Quick-Step Devo Team, yambaye umwambaro w’umuhondo ku Munsi wa Mbere wa Tour du Rwanda 2024.

Ibi Jonathan yabigezeho nnyuma y’uko ikipe ye yabaye yabaye iyambere ubwo abasiganwa basiganirwaga mu mujyi wa Kigali bava kuri BK Arena bagana kuri KCC ku ntera ingana na Kilometero 18 na Metero 300.

Ni isiganwa ririmo gukinwa uhereye kuri iki cyumweru tariki ya 18 kugeza kuya 25 Gashyantare 2024.

Tour du Rwanda 2024 yitabiriwe n’amakipe 19 akomoka mu bihugu bitandukanye, iri siganwa rikaba kandi ryitabiriwe n’abakinnyi 94.

Uko abandi batwayr ibihembo:

Milan Donie w’imyaka 19, ukinira Lotto Dstny Development Team, yahembwe nk’umukinnyi muto witwaye neza ku munsi wa mbere.

Peter Joseph Blackmore wa Israel Premier Tech ni we wahize abandi mu tuzamuko twari mu isiganwa ry’uyu munsi.

Umubiligi Jan Kino ukinira Soudal – Quick-Step Devo Team ni we wahize abandi mu guhatana kuri uyu munsi wa mbere wa Tour du Rwanda 2024.

Ikipe ye ni yo yitwaye neza, byahesheje mugenzi we, Jonathan Vervenne, kwambara umwambaro w’umuhondo.

Shyaka Janvier uri gukina muri UCI Mixed Team- Africa ni we Munyarwanda mwiza ukiri muto witwaye neza.

Uyu ni umwambaro mushya watangiye gutangwa muri Tour du Rwanda, Shyaka w’imyaka 20, asanzwe akinira Les Amis Sportifs y’i Rwamagana. Yari mu bakinnye Shampiyona y’Isi ya 2023 i Glasgow.

Milan Donie wa Lotto Dstny Development Team ni we wahize abandi muri ‘sprint’ zari mu isiganwa ry’uyu munsi.

William Junior Lecerf wa Soudal Quick-Step Devo Team ni we wahembwe na Bralirwa, binyuze muri Amstel, nk’umukinnyi mwiza mu Gace ka Mbere ka Tour du Rwanda 2024.

Uko amakipe yasoje akurikiranye nyuma yo gusiganwa n’igihe ibilometero 18,3:

1. Soudal Quick-Step Devo Team: 20′:32″

2. Israel Premier Tech: 21’08”

3. Lotto-Dstny: 21’24”

4. UAE: 21’26”

5. TotalEnergies: 21’27”

6. Eritrea: 21’39”

7. Astana: 21’43”

8. Groupama-FDJ: 21’52”

9. Rwanda: 21’56”

10. Polti -Kometa: 22’02”

11. Bingoal-WB: 22’08”

12. Afurika y’Epfo: 22’43”

13. Java-InovoTec: 22’47”

14. Bike Aid: 22’50”

15. CMC Africa: 23’07”

16. Maurice: 23’10”

17: Algeria: 24’00”

18: Ethiopia: 24’02”

19: May Stars: 25’31”

2024-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Lionel Messi yanenze Umuyobozi wa Siporo muri FC Barcelone

Ubwanditsi 06 Feb 2020
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Ubwanditsi 10 Apr 2023
Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya  Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Ubwanditsi 06 Feb 2024
Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

RUSHYASHYA 15 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe  umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu
ITOHOZA

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi
Mu Rwanda

Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Hahishuwe uruhare rw’umuryango wa Patrick Karegeya mu bikorwa byo gusiga u Rwanda icyasha
INKURU NYAMUKURU

Hahishuwe uruhare rw’umuryango wa Patrick Karegeya mu bikorwa byo gusiga u Rwanda icyasha

Ubwanditsi 17 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru