• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Ubwanditsi 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza n’izindi nyandiko mpesha, cyane mu guteza cyamunara baragirwa inama yo kureka iyi ngeso kuko nibitaba ibyo bitazabahira nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye nyuma y’inkuru twabagejejeho igaragaza amanyanga aherutse gukorwa muri cyamunara zabereye mu Mujyi wa Kigali ndetse umwe mu bahesha b’inkiko akaba yarafatiwe mu cyuho agambanira nyiri umutungo wari ugiye gutezwa icyamunara ngo bamuhe ruswa awugabanyirize agaciro hirengagijwe expertise yakozwe.

Nyuma y’inkuru Rushyashya yabagejejeho kuri uyu wa Kane, itariki 17 Gicurasi 2018 ifite umutwe ugira uti: “Nyarutarama: Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo”, minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye yahise agira icyo avuga kuri iyi nkuru abinyujije kuri twitter agira inama abakora amanyanga mu bikorwa byo kurangiza imanza.

Minisitiri Busingye akaba yagize ati: “Abo aribo bose bakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza n’izindi nyandiko mpesha, cyane mu guteza cyamunara, amahitamo basigaranye ni amwe gusa: kubireka/kubivaho, naho ubundi ntibizabahira.”

Ibi kandi minisitiri w’ubutabera akaba yari aherutse no kubibwira abahesha b’inkiko b’umwuga mu nama yagiranye nabo kuwa 11 Gicurasi, aho yabibukije umuhesha w’inkiko ukenewe mu gihugu.

Aha yagize ati: “Umuhesha w’inkiko dushaka ni uteza cyamunara hakaboneka amafaranga yo kwishyura n’uwaterejwe cyamunara akagira icyo asigarana. Ntabwo wigeze urahirira guhinduka ibyago ku muntu wagize ibyago byo guterezwa umutungo cyamunara.’’

Mu 2015 bamwe mu bahesha b’inkiko b’umwuga nabwo banenzwe imikorere mibi inyuranyije n’amategeko ndetse bituma abagera kuri 21 baregerwa Minisiteri y’Ubutabera.

Amakosa bakunze gukora ngo ni ayajyanye n’umwuga nk’uko Minisitiri Busingye yabigaragarije abari mu kiganiro yagiranye nabo na none kuwa 02 Ukwakira 2015.

Minisitiri Busingye yagize ati “Hari abatamanika amatangazo ya cyamunara, abagurisha ibintu muri cyamunara ntibahe amafaranga asigaye uwagurishirijwe imitungo nyuma yo kwishyura uwatsinze”.

Andi makosa yavuzwe ni nko kurangiza urubanza ku gihe kitateganyijwe n’amategeko, kudaha agaciro gakwiye igitezwa cyamunara no kutamenyesha icyamunara uwishyuzwa cyangwa kutamenyesha cyamunara uwatsinzwe.

Umushahara muto waba ari yo ntandaro yo gushaka indonke ku bahesha b’inkiko

Ibi ni ibyatangajwe n’Urugaga rw’abahesha b’inkiko b’umwuga ubwo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabahuguraga muri Mutarama 2017 ku bijyanye  n’ubu burenganzira kuko akazi kabo gafuruhare rukomeye mu kwubahiriza nk’abantu bahesha abandi ibyabo bambuwe.

Ukuriye uru rugaga yavuze ko nubwo atahamya ko barya ruswa, ngo bamwe bakora amakosa babiterwa n’uko bahabwa umushahara mukeya.

Aha umuntu akaba yakwibaza niba umushahara mukeya abahesha b’inkiko bahabwa uzajya witwazwa mu guhombya abantu n’ubundi baba basa nk’abari mu gihombo kuko ibyabo biba bigiye gutezwa cyamunara, ugasanga umutungo we uteshejwe agaciro ku bwende yishyura imyenda ya banki ntagire icyo asigarana cyo kwikenuza bitewe n’ababishinzwe bashakira indonke mu kazi bashinzwe ugasanga umutungo ubarirwa hafi miliyari y’amafaranga utejwe ku mafaranga atageze no kuri kimwe cya kabiri cyayo.

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019
Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ubwanditsi 16 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze
Mu Mahanga

Impanuro y’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame i Musanze

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC
Amakuru

Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Mutsinzi Ange Jimmy yasinyiye FK Jerv yo muri Norvège, Sibomana Patrick we yerekeje muri Mozambique
Amakuru

Mutsinzi Ange Jimmy yasinyiye FK Jerv yo muri Norvège, Sibomana Patrick we yerekeje muri Mozambique

Ubwanditsi 07 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru