• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Editorial 21 May 2018 ITOHOZA

Igisirikare cya repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyakajije umutekano mu burasirazuba nyuma y’aho umugore w’umwe mu bayobozi b’umutwe wa M23 aterewe muri yombi agasanganwa icyo abayobozi bise ikarita y’urugamba rwa Congo.

Uyu mugore wafashwe witwa Beatrice Safari, akaba ari umugore wa Desire Rwigema bivugwa ko ari umuyobozi mu nyeshyamba za M23, aherutse gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutasi za Congo ubwo yambukaga umupaka w’u Rwanda ava ku Gisenyi yinjira muri Goma.

Bertrand Bisiimwa

Igisirikare cya Congo kikaba kivuga ko madamu Safari yari afite ikarita y’intambara ya M23 mu isakoshi ye, aho iyi nkuru ya Chimpreports ivuga ko yafashwe n’umukozi ushinzwe umutekano wari urimo gusaka abagenzi. Uyu mugore akaba yarahise yurizwa indege ajyanwa I Kinshasa ngo ajye guhatwa ibibazo.

Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisiimwa, yemeje aya makuru y’itabwa muri yombi rya Safari, ariko ahakana ko yari afite ikarita y’intambara y’uyu mutwe wigeze kubiza icyuya Leta ya Congo muri za 2012.

Beatrice Safari

Mu kiganiro yagiranye na Chimpreports yagize ati: “Madamu Safari ni umugore uzira ubusa, umugore usanzwe wo mu rugo utarigeze amenya ibara rya politiki ariko ikintu kibi yakoze kikaba umugore wemewe n’amategeko wa Desire Rwigema.”

Yakomeje avuga ko kuva intambara ya M23 yarangira mu Ugushyingo 2013, uyu mutwe utigeze ukenera kwifashisha ikarita nk’iyo bivugwa ko yafashwe mu kugaba ibitero kuri Congo, kubera ko ngo iteka bakoreshaga inzira zizwi mu kuvugana kuri gahunda zabo.

Yongeyeho ko iyo umugambi uza kuba uhari nta cyari gutuma bashyira mu kaga umugore w’inzirakarengane ngo atware iyo karita mu isakoshi ye anyure ku mupaka ucunzwe cyane. Yashimangiye ko iyo Safari amenya ko atwaye ikintu nk’icyo akabona abantu bari imbere ye barimo gusakwa, aba yarasubiye inyuma.

Ikarita y’intambara ya Congo

Nubwo bivugwa gutya, uruhande rwa Congo ruvuga ko Safari yari afite ikarita y’intambara abandi barwanyi n’abanyapolitiki muri Congo ngo bagombaga kubanza gusoma bakayiha umugisha.

Ibi rero bikaba byazamuye icyoba cy’uko M23 yaba irimo gutegura indi mirwano mishya muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nubwo uyu mutwe ubihakana wivuye inyuma.

Umuyobozi wa gisirikare w’uyu mutwe, Maj. Gen Sultan Makenga, mu mwaka ushize yatorotse muri Uganda asubira muri Congo. Umutwe wa M23 icyo gihe ukaba waravuzweho guhanura kajugujugu 2 z’igisirikare cya Congo zari zirimo kuzenguruka hejuru y’ibice vyakekwagamo M23.

Raporo z’Umuryango w’Abibumbye nazo zikaba zaravuze ko abarwanyi ba M23 bari bari gukorana bya hafi n’abarwanyi ba ADF, umutwe ufatwa nk’uw’iterabwoba ukomeje kugerageza gukura ku butegetsi perezida wa Uganda, Museveni.

Ibi nabyo M23 ikaba yarabihakanye yivuye inyuma ivuga ko nta shingiro bifite.

Nubwo ibihakana ariko, icyemezo abarwanyi ba M23 bahungiye muri Uganda mu 2013 bafashe cyo kuva mu nkambi bari bacumbikiwemo , nacyo cyatumye aba barwanyi bakekwaho kuba barimo gutegura kubura imirwano.

M23

Uburasirazuba bwa Congo kandi bukomeje guhangayikisha benshi barimo n’u Rwanda ruvuga ko muri iki gice haba hari abarwanyi ba kayumba Nyamwasa barimo kuhitoreza bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kubera gutinya ko u Rwanda rushobora gufata icyemezo cya gisirikare kubera umutekano warwo, ngo abanyekongo bakaba bacunze umupaka cyane ari ko bagenzura urujya n’uruza rwa M23 mu karere.

Bertrand Bisiimwa afata ifatwa rya Safari Beatrice nk’igikorwa cy’ubunyamaswa kandi cy’ubugwari avuga ko inzego z’umutekano za Congo zamukojeje isoni mu ruhame.

Guverinoma ya Congo ikaba ivuga ko nyuma yo gutsindwa mu 2013, umutwe wa M23 kuri ubu urimo gukoresha uburyo bwo kohererezanya ubutumwa n’indi mitwe ngo wongere wubake ubufatanye nayo bakure ku butegetsi perezida Kabila.

Bertrand Bisiimwa akavuga ko iyo biba ngombwa ko bohereza iyo karita I Goma hari izindi nzira bari kuyinyuzamo kandi bwizewe. Yongeyeho ko iyo inzego z’umutekano ziba zifite ikimenyetso gifatika Safari yari kohererezwa inkiko.

Bisiimwa yongeyeho ko Safari yimwe uburenganzira bwo kubonana n’umwunganizi mu mategeko we uba I Goma, nyuma yo kwanga gusinya inyandikomvugo yahawe n’inzego z’ubutasi mu gisirikare.

Umugabo wa Safari ari we Rwigema, yabaye umuhuzabikorwa wa M23 wari ushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo mu 2016.

 

2018-05-21
Editorial

IZINDI NKURU

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

Editorial 15 Oct 2019
Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Editorial 15 Jan 2024
Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?

Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?

Editorial 08 Nov 2017
U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19
INKURU NYAMUKURU

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Editorial 10 Apr 2020
RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Editorial 15 Dec 2017
Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi
Mu Rwanda

Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi

Editorial 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru