• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Ubwanditsi 21 May 2018 ITOHOZA

Igisirikare cya repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyakajije umutekano mu burasirazuba nyuma y’aho umugore w’umwe mu bayobozi b’umutwe wa M23 aterewe muri yombi agasanganwa icyo abayobozi bise ikarita y’urugamba rwa Congo.

Uyu mugore wafashwe witwa Beatrice Safari, akaba ari umugore wa Desire Rwigema bivugwa ko ari umuyobozi mu nyeshyamba za M23, aherutse gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutasi za Congo ubwo yambukaga umupaka w’u Rwanda ava ku Gisenyi yinjira muri Goma.

Bertrand Bisiimwa

Igisirikare cya Congo kikaba kivuga ko madamu Safari yari afite ikarita y’intambara ya M23 mu isakoshi ye, aho iyi nkuru ya Chimpreports ivuga ko yafashwe n’umukozi ushinzwe umutekano wari urimo gusaka abagenzi. Uyu mugore akaba yarahise yurizwa indege ajyanwa I Kinshasa ngo ajye guhatwa ibibazo.

Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisiimwa, yemeje aya makuru y’itabwa muri yombi rya Safari, ariko ahakana ko yari afite ikarita y’intambara y’uyu mutwe wigeze kubiza icyuya Leta ya Congo muri za 2012.

Beatrice Safari

Mu kiganiro yagiranye na Chimpreports yagize ati: “Madamu Safari ni umugore uzira ubusa, umugore usanzwe wo mu rugo utarigeze amenya ibara rya politiki ariko ikintu kibi yakoze kikaba umugore wemewe n’amategeko wa Desire Rwigema.”

Yakomeje avuga ko kuva intambara ya M23 yarangira mu Ugushyingo 2013, uyu mutwe utigeze ukenera kwifashisha ikarita nk’iyo bivugwa ko yafashwe mu kugaba ibitero kuri Congo, kubera ko ngo iteka bakoreshaga inzira zizwi mu kuvugana kuri gahunda zabo.

Yongeyeho ko iyo umugambi uza kuba uhari nta cyari gutuma bashyira mu kaga umugore w’inzirakarengane ngo atware iyo karita mu isakoshi ye anyure ku mupaka ucunzwe cyane. Yashimangiye ko iyo Safari amenya ko atwaye ikintu nk’icyo akabona abantu bari imbere ye barimo gusakwa, aba yarasubiye inyuma.

Ikarita y’intambara ya Congo

Nubwo bivugwa gutya, uruhande rwa Congo ruvuga ko Safari yari afite ikarita y’intambara abandi barwanyi n’abanyapolitiki muri Congo ngo bagombaga kubanza gusoma bakayiha umugisha.

Ibi rero bikaba byazamuye icyoba cy’uko M23 yaba irimo gutegura indi mirwano mishya muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nubwo uyu mutwe ubihakana wivuye inyuma.

Umuyobozi wa gisirikare w’uyu mutwe, Maj. Gen Sultan Makenga, mu mwaka ushize yatorotse muri Uganda asubira muri Congo. Umutwe wa M23 icyo gihe ukaba waravuzweho guhanura kajugujugu 2 z’igisirikare cya Congo zari zirimo kuzenguruka hejuru y’ibice vyakekwagamo M23.

Raporo z’Umuryango w’Abibumbye nazo zikaba zaravuze ko abarwanyi ba M23 bari bari gukorana bya hafi n’abarwanyi ba ADF, umutwe ufatwa nk’uw’iterabwoba ukomeje kugerageza gukura ku butegetsi perezida wa Uganda, Museveni.

Ibi nabyo M23 ikaba yarabihakanye yivuye inyuma ivuga ko nta shingiro bifite.

Nubwo ibihakana ariko, icyemezo abarwanyi ba M23 bahungiye muri Uganda mu 2013 bafashe cyo kuva mu nkambi bari bacumbikiwemo , nacyo cyatumye aba barwanyi bakekwaho kuba barimo gutegura kubura imirwano.

M23

Uburasirazuba bwa Congo kandi bukomeje guhangayikisha benshi barimo n’u Rwanda ruvuga ko muri iki gice haba hari abarwanyi ba kayumba Nyamwasa barimo kuhitoreza bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kubera gutinya ko u Rwanda rushobora gufata icyemezo cya gisirikare kubera umutekano warwo, ngo abanyekongo bakaba bacunze umupaka cyane ari ko bagenzura urujya n’uruza rwa M23 mu karere.

Bertrand Bisiimwa afata ifatwa rya Safari Beatrice nk’igikorwa cy’ubunyamaswa kandi cy’ubugwari avuga ko inzego z’umutekano za Congo zamukojeje isoni mu ruhame.

Guverinoma ya Congo ikaba ivuga ko nyuma yo gutsindwa mu 2013, umutwe wa M23 kuri ubu urimo gukoresha uburyo bwo kohererezanya ubutumwa n’indi mitwe ngo wongere wubake ubufatanye nayo bakure ku butegetsi perezida Kabila.

Bertrand Bisiimwa akavuga ko iyo biba ngombwa ko bohereza iyo karita I Goma hari izindi nzira bari kuyinyuzamo kandi bwizewe. Yongeyeho ko iyo inzego z’umutekano ziba zifite ikimenyetso gifatika Safari yari kohererezwa inkiko.

Bisiimwa yongeyeho ko Safari yimwe uburenganzira bwo kubonana n’umwunganizi mu mategeko we uba I Goma, nyuma yo kwanga gusinya inyandikomvugo yahawe n’inzego z’ubutasi mu gisirikare.

Umugabo wa Safari ari we Rwigema, yabaye umuhuzabikorwa wa M23 wari ushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo mu 2016.

 

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Burundi: Uko  ikigo cya gisirikare cya Mukoni cyatewe n’abantu bitwaje ibirwanisho

Burundi: Uko ikigo cya gisirikare cya Mukoni cyatewe n’abantu bitwaje ibirwanisho

Ubwanditsi 24 Jan 2017
RNC: UMUYOBOKE WAYO MU BUBILIGI ARASHINJWA GUHOHOTERA ABAGORE

RNC: UMUYOBOKE WAYO MU BUBILIGI ARASHINJWA GUHOHOTERA ABAGORE

Ubwanditsi 02 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2016
CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$
HIRYA NO HINO

CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?
Amakuru

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru