• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Ubwanditsi 21 May 2018 ITOHOZA

Igisirikare cya repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyakajije umutekano mu burasirazuba nyuma y’aho umugore w’umwe mu bayobozi b’umutwe wa M23 aterewe muri yombi agasanganwa icyo abayobozi bise ikarita y’urugamba rwa Congo.

Uyu mugore wafashwe witwa Beatrice Safari, akaba ari umugore wa Desire Rwigema bivugwa ko ari umuyobozi mu nyeshyamba za M23, aherutse gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutasi za Congo ubwo yambukaga umupaka w’u Rwanda ava ku Gisenyi yinjira muri Goma.

Bertrand Bisiimwa

Igisirikare cya Congo kikaba kivuga ko madamu Safari yari afite ikarita y’intambara ya M23 mu isakoshi ye, aho iyi nkuru ya Chimpreports ivuga ko yafashwe n’umukozi ushinzwe umutekano wari urimo gusaka abagenzi. Uyu mugore akaba yarahise yurizwa indege ajyanwa I Kinshasa ngo ajye guhatwa ibibazo.

Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisiimwa, yemeje aya makuru y’itabwa muri yombi rya Safari, ariko ahakana ko yari afite ikarita y’intambara y’uyu mutwe wigeze kubiza icyuya Leta ya Congo muri za 2012.

Beatrice Safari

Mu kiganiro yagiranye na Chimpreports yagize ati: “Madamu Safari ni umugore uzira ubusa, umugore usanzwe wo mu rugo utarigeze amenya ibara rya politiki ariko ikintu kibi yakoze kikaba umugore wemewe n’amategeko wa Desire Rwigema.”

Yakomeje avuga ko kuva intambara ya M23 yarangira mu Ugushyingo 2013, uyu mutwe utigeze ukenera kwifashisha ikarita nk’iyo bivugwa ko yafashwe mu kugaba ibitero kuri Congo, kubera ko ngo iteka bakoreshaga inzira zizwi mu kuvugana kuri gahunda zabo.

Yongeyeho ko iyo umugambi uza kuba uhari nta cyari gutuma bashyira mu kaga umugore w’inzirakarengane ngo atware iyo karita mu isakoshi ye anyure ku mupaka ucunzwe cyane. Yashimangiye ko iyo Safari amenya ko atwaye ikintu nk’icyo akabona abantu bari imbere ye barimo gusakwa, aba yarasubiye inyuma.

Ikarita y’intambara ya Congo

Nubwo bivugwa gutya, uruhande rwa Congo ruvuga ko Safari yari afite ikarita y’intambara abandi barwanyi n’abanyapolitiki muri Congo ngo bagombaga kubanza gusoma bakayiha umugisha.

Ibi rero bikaba byazamuye icyoba cy’uko M23 yaba irimo gutegura indi mirwano mishya muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nubwo uyu mutwe ubihakana wivuye inyuma.

Umuyobozi wa gisirikare w’uyu mutwe, Maj. Gen Sultan Makenga, mu mwaka ushize yatorotse muri Uganda asubira muri Congo. Umutwe wa M23 icyo gihe ukaba waravuzweho guhanura kajugujugu 2 z’igisirikare cya Congo zari zirimo kuzenguruka hejuru y’ibice vyakekwagamo M23.

Raporo z’Umuryango w’Abibumbye nazo zikaba zaravuze ko abarwanyi ba M23 bari bari gukorana bya hafi n’abarwanyi ba ADF, umutwe ufatwa nk’uw’iterabwoba ukomeje kugerageza gukura ku butegetsi perezida wa Uganda, Museveni.

Ibi nabyo M23 ikaba yarabihakanye yivuye inyuma ivuga ko nta shingiro bifite.

Nubwo ibihakana ariko, icyemezo abarwanyi ba M23 bahungiye muri Uganda mu 2013 bafashe cyo kuva mu nkambi bari bacumbikiwemo , nacyo cyatumye aba barwanyi bakekwaho kuba barimo gutegura kubura imirwano.

M23

Uburasirazuba bwa Congo kandi bukomeje guhangayikisha benshi barimo n’u Rwanda ruvuga ko muri iki gice haba hari abarwanyi ba kayumba Nyamwasa barimo kuhitoreza bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kubera gutinya ko u Rwanda rushobora gufata icyemezo cya gisirikare kubera umutekano warwo, ngo abanyekongo bakaba bacunze umupaka cyane ari ko bagenzura urujya n’uruza rwa M23 mu karere.

Bertrand Bisiimwa afata ifatwa rya Safari Beatrice nk’igikorwa cy’ubunyamaswa kandi cy’ubugwari avuga ko inzego z’umutekano za Congo zamukojeje isoni mu ruhame.

Guverinoma ya Congo ikaba ivuga ko nyuma yo gutsindwa mu 2013, umutwe wa M23 kuri ubu urimo gukoresha uburyo bwo kohererezanya ubutumwa n’indi mitwe ngo wongere wubake ubufatanye nayo bakure ku butegetsi perezida Kabila.

Bertrand Bisiimwa akavuga ko iyo biba ngombwa ko bohereza iyo karita I Goma hari izindi nzira bari kuyinyuzamo kandi bwizewe. Yongeyeho ko iyo inzego z’umutekano ziba zifite ikimenyetso gifatika Safari yari kohererezwa inkiko.

Bisiimwa yongeyeho ko Safari yimwe uburenganzira bwo kubonana n’umwunganizi mu mategeko we uba I Goma, nyuma yo kwanga gusinya inyandikomvugo yahawe n’inzego z’ubutasi mu gisirikare.

Umugabo wa Safari ari we Rwigema, yabaye umuhuzabikorwa wa M23 wari ushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo mu 2016.

 

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Aug 2019
Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Ubwanditsi 28 Mar 2021
Urubanza rwabishe Col Karegeya  ntakirimo n’ubwo rugiye gutangira i Randburg muri Afurika y’Epfo

Urubanza rwabishe Col Karegeya ntakirimo n’ubwo rugiye gutangira i Randburg muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Ikibazo cy’Ingutu hagati  DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ubwanditsi 26 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko butishimiye umusaruro ndetse n’imyitwarire y’abakinnyi bayo
Amakuru

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko butishimiye umusaruro ndetse n’imyitwarire y’abakinnyi bayo

Ubwanditsi 18 Apr 2023
Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP  Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak
Uncategorized

Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak

Ubwanditsi 02 Mar 2024
Aho bikomereye  n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe
Mu Rwanda

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru