• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Editorial 23 May 2018 Mu Rwanda

Umuryango mpuzamahanga ushinzwe imicungire n’imikorere y’iby’indege za gizivire, ICAO (International Civil Aviation Organization) washyikirije igihembo u Rwanda kuko rwitwaye neza mu bijyanye n’umutekano w’indege za gisiviri.

Umuyobozi w’uwo muryango Dr Olumuyiwa Benard Aliu,  avuga ko ari igihembo kigenewe Umukuru w’Igihugu cyakiriwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Amb. Gatete Claver, bitewe nuko u Rwanda rwitwaye neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri.

Dr Olumuyiwa yavuze ko ubufatanye  hagati y’ibihugu by’Afurika mu birebana no gutwara neza abagenzi mu mutekano nta kindi bisaba uretse ubufatanye n’imikoranire hagati y’abashinzwe ibyo gutwara abantu ndetse n’inzego zishinzwe gufata ibyemezo kugira ngo gutwara abantu mu kirere  bikorwe mu mutekano mu bihugu by’Afurika.

Akomeza asobanura iby’igihembo u Rwanda rwahawe, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo wacyakiriye, avuga ko u Rwanda rwishimiye kwakira icyo gihembo rwahawe na ICAO,  asanga kigiye kongera umurava n’imikorere myiza yari isanzwe mu byerekeranye no gukomeza kunoza umutekano mu byo gutwara abantu hakoreshejwe inzira yo mu kirere

Iki cyemezo kizwi nka ‘Council President Cartificate’, u Rwanda rwagihawe ku wa 22 Gicurasi 2018, ubwo hatangizwaga i Kigali inama y’iminsi ine yiga ku micungire y’umutekano w’indege by’umwihariko muri Afurika.

Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Claver Gatete, niwe wakiriye iki cyemezo agishyikirijwe na Perezida w’Inama ya ICAO, Dr. Olumuyiwa Benard Aliu.

Minisitiri Gatete yibukije ibihugu by’Afurika ko amasezerano yo gusangira ikirere kimwe ibihugu biherutse gusinya, hamwe n’isoko rusange ari imwe mu mishinga migari y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe AU, izafasha ibihugu kugera ku kerekezo k’intego 2063 ibihugu byiyemeje.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara Abantu n’Ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu,kuri uyu wa mbere  yagize ati” iki cyemezo gihabwa igihugu cyateye intambwe igaragara mu micungire y’umutekano w’indege (Aviation Safety Compliance).

Yakomeje avuga ko Mu igenzura ryari ryakozwe na ICAO mu 2012 u Rwanda rwabonye 44% mu birebana n’imicungire y’umutekano w’indege. Mu mwaka wa 2017  u Rwanda rwageze kuri 73.7%, hari intambwe nini igera 30%. “

Ibi byitezweho gutuma Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, RwandAir, yoroherwa no gukora ingendo ku mugabane w’u Burayi na Amerika kuko akubiyemo ibisabwa n’ibigo bigenzura indege za gisivili kuri iyi migabane.

Imibare itangwa n’Ishyirahamwe mpuzamahanga rishinzwe ingendo z’indege (IATA), igaragaza ko nubwo nta mpanuka z’indege zikomeye ziheruka kubera muri Afurika, mu 2016 uyu mugabane wahombye miliyoni zisaga 800 z’amadolari kubera ikirere gifunze. Ni mu gihe nyamara u Burayi bwabonye inyungu igera kuri miliyari 35.6 z’amadolari

Col. Silas Udahemuka uyobora ibibuga by’indege za gisiviri (CAA: Civil Aviation Authority), yagize ati “ u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu by’Afurika bidakora ku nyanja, ni kimwe mu byatuma izo nzitizi zivanwaho ari uguteza imbere urwego rwo gutwara abantu mu ndege mu mutekano mwiza”.

Nkundiye Eric Bertrand

 

 

2018-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Editorial 20 Oct 2017
Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Editorial 06 Jun 2017
Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Editorial 23 Jan 2018
Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Editorial 10 Jan 2022
Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Editorial 20 Oct 2017
Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Editorial 06 Jun 2017
Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Nyamagabe: Umugore yasanzwe anagana mu mugozi yapfuye

Editorial 23 Jan 2018
Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Editorial 10 Jan 2022
Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Editorial 20 Oct 2017
Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Editorial 06 Jun 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru