• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024   |   08 Jun 2023

  • Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?   |   07 Jun 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   07 Jun 2023

  • Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza   |   06 Jun 2023

  • Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe   |   05 Jun 2023

  • Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw   |   03 Jun 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Editorial 11 Sep 2016 Mu Rwanda

Ubu muri Repubulika iharanira Demokrasi ya Congo (DRC) harabera ibiganiro byo kwigira hamwe uko amatora azakorwa ariko opozisiyo ntishaka yuko Edem Kodjo yakomeza kuba umuhuza, azizwa Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo !

Ubusanzwe amatora ya Perezida wa Repubulika muri DRC yagombaga kuba mu kwa 11 uyu mwaka, Perezida watowe agatangira imirimo ye mu kwezi gukurikiyeho.

Ubutegetsi ariko buvuga yuko ayo matora adashobora kubera igihe ngo kuko bikiri kure kugira ngo abazatora barangizwe kwandikwa kandi n’amafaranga yakoreshwa muri ayo matora akaba ataraboneka.

-4011.jpg

Joseph Kabila

Opozisiyo ibyo ntibikozwa, ivuga yuko byanze bikunze ayo matora agomba kubahiriza igihe agakorwa muri uko kwezi kwa 11 uyu mwaka kandi Perezida Kabila ntabe yakwemererwa kwiyamamariza manda ya gatatu kuko amategeko amwemerera kurenza manda ebyiri ! Ibi byakuruye imvururu hagati muri uyu mwaka, imvururu zatumye amaraso ameneka, imitungo igasahurwa n’indi ikangizwa, abantu barakomeretswa n’abandi benshi brarafungwa !

Kubera uwo mwuka mubi, Komisiyo y’ubumwe bwa Afurika (AUC) yashyizeho umuhuza ngo agerageze kumvikanisha impande zitavuga rumwe muri ibyo bibazo byo muri DRC. Uwo muhuza ni Edem Kodjo wigeze kuba Minisitiri w’intebe wa Togo akaba yarigeze no kuba Umunyamabanga Mukuru wa OAU.

Uyu mugabo ariko ntabwo yorohewe kandi ubona afite umurava wo gukora ako kazi yashinzwe. Amashyaka atavuga rumwe na leta, cyane ayibumbiye mu cyitwa Rassemblement, avuga yuko atajya muri ibyo biganiro igihe cyose Edem Kodjo atarakurwa kuri uwo mwanya w’ubuhuza.

-4012.jpg

Edem Kodjo

Amashyaka manini muri iryo huriro ni People’s Party for Reconstruction and Democracy riyobowe na Moise Katumbi n’ishyaka Union for Democracy and Social Progress, riyobowe na Etienne Tshisekedi.

-4013.jpg

Moise Katumbi

Abo bagize ayo mashyaka yibumbiye muri Rassemblement bavuga yuko Edem Kodjo abogamiye kuri Joseph Kabila, batanga impamvu ziherutse kwandikwa n’ikinyamakuru Le Potentiel. Icyo kinyamakuru cyanditse yuko ako kazi k’ubuhuza Kodjo yagahawe na Dlamini Zuma wigeze kuba umwe mu bagore benshi ba Perezida Jacob Zuma, ngo ariko na n’ubu bakaba bafite imikoranire ya hafi ngo ariyo mpamvu Jacob Zuma yakoze kampanye yivuye inyuma ngo Dlamini ayobore AUC.

-4014.jpg

Jacob Zuma

Ngo uwo mutegarugore, Dlamini ntabwo ashobora gukora icyo Perezida zuma atifuza, ngo kandi uwo muperezida wo muri Afurika y’Epfo ngo ntabwo ashobora kwifuza yuko Joseph Kabila yava ku butegetsi muri DRC kubera impamvu z’ubucuruzi bafitanye.

Ngo inyungo zo muri ubwo bucuruzi hari ukuntu zigera kuri Dlamini, bigatuma akomeza kwakira amabwiriza kuva Pretoria.

Nk’uko icyo kinyamakuru n’abo batavuga rumwe na leta muri DRC babivuga ngo umwishywa (nephew) wa Jacob Zuma witwa Khulubuse Zuma afite ubucuruzi bwishi bwinshi muri DRC ngo kandi akaba akorera Zuma. Ngo Khulubuse ni nawe ufite isoko rinini rya Peteroli n’ibiyikomokaho, nk’uko byahishuwe na Panama Papers, abo bo muri opozisiyo bakaba bavuga yuko na Amerika ibyo irimo kubikoraho iperereza.
Byongeyeho kandi abo bo muri opozisiyo muri DRC bakavuga yuko n’ubundi nta n’icyizere umuntu ya girira Kodjo kubera yuko akazi nk’ako kigeze no kuminanira ahandi. Ngo Kodjo yigeze kunanirwa misiyo y’amahoro mu gihugu cy’u Burundi.

Casimiry Kayumba

2016-09-11
Editorial

IZINDI NKURU

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Editorial 09 Feb 2018
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Editorial 12 Jun 2017
Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Paul Gitwaza muri Zion Temple yeretse umuryango bamwe mubakozi b’Imana bamufashaga

Editorial 08 May 2017
Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Editorial 04 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

21 Apr 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

03 Apr 2023
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

01 Jun 2023
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

01 Jun 2023
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru