• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Ubwanditsi 11 Sep 2016 Mu Rwanda

Ubu muri Repubulika iharanira Demokrasi ya Congo (DRC) harabera ibiganiro byo kwigira hamwe uko amatora azakorwa ariko opozisiyo ntishaka yuko Edem Kodjo yakomeza kuba umuhuza, azizwa Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo !

Ubusanzwe amatora ya Perezida wa Repubulika muri DRC yagombaga kuba mu kwa 11 uyu mwaka, Perezida watowe agatangira imirimo ye mu kwezi gukurikiyeho.

Ubutegetsi ariko buvuga yuko ayo matora adashobora kubera igihe ngo kuko bikiri kure kugira ngo abazatora barangizwe kwandikwa kandi n’amafaranga yakoreshwa muri ayo matora akaba ataraboneka.

-4011.jpg

Joseph Kabila

Opozisiyo ibyo ntibikozwa, ivuga yuko byanze bikunze ayo matora agomba kubahiriza igihe agakorwa muri uko kwezi kwa 11 uyu mwaka kandi Perezida Kabila ntabe yakwemererwa kwiyamamariza manda ya gatatu kuko amategeko amwemerera kurenza manda ebyiri ! Ibi byakuruye imvururu hagati muri uyu mwaka, imvururu zatumye amaraso ameneka, imitungo igasahurwa n’indi ikangizwa, abantu barakomeretswa n’abandi benshi brarafungwa !

Kubera uwo mwuka mubi, Komisiyo y’ubumwe bwa Afurika (AUC) yashyizeho umuhuza ngo agerageze kumvikanisha impande zitavuga rumwe muri ibyo bibazo byo muri DRC. Uwo muhuza ni Edem Kodjo wigeze kuba Minisitiri w’intebe wa Togo akaba yarigeze no kuba Umunyamabanga Mukuru wa OAU.

Uyu mugabo ariko ntabwo yorohewe kandi ubona afite umurava wo gukora ako kazi yashinzwe. Amashyaka atavuga rumwe na leta, cyane ayibumbiye mu cyitwa Rassemblement, avuga yuko atajya muri ibyo biganiro igihe cyose Edem Kodjo atarakurwa kuri uwo mwanya w’ubuhuza.

-4012.jpg

Edem Kodjo

Amashyaka manini muri iryo huriro ni People’s Party for Reconstruction and Democracy riyobowe na Moise Katumbi n’ishyaka Union for Democracy and Social Progress, riyobowe na Etienne Tshisekedi.

-4013.jpg

Moise Katumbi

Abo bagize ayo mashyaka yibumbiye muri Rassemblement bavuga yuko Edem Kodjo abogamiye kuri Joseph Kabila, batanga impamvu ziherutse kwandikwa n’ikinyamakuru Le Potentiel. Icyo kinyamakuru cyanditse yuko ako kazi k’ubuhuza Kodjo yagahawe na Dlamini Zuma wigeze kuba umwe mu bagore benshi ba Perezida Jacob Zuma, ngo ariko na n’ubu bakaba bafite imikoranire ya hafi ngo ariyo mpamvu Jacob Zuma yakoze kampanye yivuye inyuma ngo Dlamini ayobore AUC.

-4014.jpg

Jacob Zuma

Ngo uwo mutegarugore, Dlamini ntabwo ashobora gukora icyo Perezida zuma atifuza, ngo kandi uwo muperezida wo muri Afurika y’Epfo ngo ntabwo ashobora kwifuza yuko Joseph Kabila yava ku butegetsi muri DRC kubera impamvu z’ubucuruzi bafitanye.

Ngo inyungo zo muri ubwo bucuruzi hari ukuntu zigera kuri Dlamini, bigatuma akomeza kwakira amabwiriza kuva Pretoria.

Nk’uko icyo kinyamakuru n’abo batavuga rumwe na leta muri DRC babivuga ngo umwishywa (nephew) wa Jacob Zuma witwa Khulubuse Zuma afite ubucuruzi bwishi bwinshi muri DRC ngo kandi akaba akorera Zuma. Ngo Khulubuse ni nawe ufite isoko rinini rya Peteroli n’ibiyikomokaho, nk’uko byahishuwe na Panama Papers, abo bo muri opozisiyo bakaba bavuga yuko na Amerika ibyo irimo kubikoraho iperereza.
Byongeyeho kandi abo bo muri opozisiyo muri DRC bakavuga yuko n’ubundi nta n’icyizere umuntu ya girira Kodjo kubera yuko akazi nk’ako kigeze no kuminanira ahandi. Ngo Kodjo yigeze kunanirwa misiyo y’amahoro mu gihugu cy’u Burundi.

Casimiry Kayumba

2016-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022
“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Kicukiro: Hatangiye iperereza ku murambo w’umugabo wagaragaye ku muhanda

Kicukiro: Hatangiye iperereza ku murambo w’umugabo wagaragaye ku muhanda

Ubwanditsi 17 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF yahaye amadolari ibihumbi 500 ibihugu bizaserukira Afurika mu gikombe cy’Isi
IMIKINO

CAF yahaye amadolari ibihumbi 500 ibihugu bizaserukira Afurika mu gikombe cy’Isi

Ubwanditsi 02 Dec 2017
RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC
INKURU NYAMUKURU

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda
Amakuru

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubwanditsi 17 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru