• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Tariki 2 Kamena 1994: Perezida Sindikubwabo yandikiye Mitterrand amusaba gukomeza gutanga inkunga

Tariki 2 Kamena 1994: Perezida Sindikubwabo yandikiye Mitterrand amusaba gukomeza gutanga inkunga

Editorial 02 Jun 2018 Mu Rwanda

Umunsi nk’uyu ni bwo uwari Perezida w’inzibacyuho, Sindikubwabo Théodore yandikiye Perezida w’u Bufaransa, François Mitterrand, amushimira inkunga atahwemye guha u Rwanda ndetse amusaba ko yakomeza gutanga ubwo bufasha.

Icyo gihe ni bwo Guverinoma y’inzibacyuho yaguze na Misiri gerenadi 40,000 n’amasasu 300,000 byose bifite agaciro k’Amadolari y’Amerika 765,000.

Kuri uwo munsi kandi ni bwo uwari uhagarariye FPR Inkotanyi yatangaje ko amasezerano yo guhagarika intambara atarimo kubahirizwa kuko Guverinoma ikomeje kwica.

Ibyo wamenya kuri Perezida Mitterrand n’uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida François Mitterrand yakunze gushyirwa mu majwi ku miyoborere idahwitse yateje ibibazo hirya no hino ku Isi, cyane cyane muri politiki ya Afurika, agaca agahigo mu ruhare akekwaho kuba yaragize mu gutererana Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu Rwanda.

Théodore Sindikubwabo

Manda ya nyuma ya Perezida Mitterand ni yo yahuriranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, icyo gihe amakuru akanavuga ko yari atorohewe n’uburwayi.

Imyifatire ya Perezida Mitterand n’ubucuti bukomeye yari afitanye na Perezida Juvenal Habyarimana, bwatumye agira uruhare rufatika kandi rugaragara mu gufasha leta ye gushyira mu bikorwa umugambi mubisha wo gutsemba Abatutsi.

Leta ya Mitterand yatanze intwaro zakoreshejwe muri Jenoside

Umuryango Survie (uharanira gusubiza u Burafaransa ku murongo, ukanarwanya ipfobya rya Jenoside) ugaragaza ko Capt Paul Barril wahoze ari umujandarume w’u Bufaransa, yari mu bikorwa bya politiki mu Rwanda.

Kuva mu mwaka wa 1989, uyu Capt Barril yakoranaga n’abayobozi bakuru b’u Rwanda, akagira umufatanyabikorwa wa hafi François de Grossouvre wari inkoramutima ya Perezida w’u Bufaransa, François Mitterrand (mu bijyanye na Politiki).

Paul Barril ashinjwa ko ku wa 28 Gicurasi 1994 yasinyanye na Guverinoma y’Abatabazi yari ihagarariwe na Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda, amasezerano yo gutanga intwaro no gutoza ingabo zakoze Jenoside.

Muri ayo masezerano bivugwa ko Guverinoma y’u Rwanda yariho icyo gihe yemeye kuzishyura u Bufaransa miliyoni 3 z’amadolari .

Abafaransa mu bwicanyi mu Bisesero

Nyuma ya Jenoside, ingabo z’u Bufaransa zashinjwe gutererana Abatutsi bicwaga mu bice bitandukanye by’igihugu, ndetse haboneka inyandiko zimenyekanisha ko Abacanshuro benshi b’Abafaransa bagaragaye mu misozi ya Bisesero hagati muri Gicurasi 1994, aho bari bagiye gushishikariza kumara Abatutsi bagera mu bihumbi 50 bari bahahuriye ndetse banagerageje kwirwanaho ariko biba iby’ubusa.

Zone Turquoise

Mu gihe ingabo z’Abafaransa zari zafashe uduce twa Cyangugu, Kibuye na Gikongoro nk’ututaraberagamo ubwicanyi, nta cyakozwe kugira ngo zikumire ubwicanyi ku Batutsi bahahungiraga.

Ndetse n’ubwo Radio RTLM yageraga muri ako gace kagenzurwaga n’Abafaransa, ntacyo izo ngabo zakoze ngo ziyikumire kandi yarakomeje gushishikashikariza Abahutu kwica Abatutsi.

Abafaransa kandi ntibabashije gufata abari bagize guverinoma yakoze Jenoside bahungaga igihugu banyuze muri icyo gice cyiswe “Zone Turquoise” berekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo yasabwaga gusobanura mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa icyo gihe yavuze ko izo ngabo nta bubasha zari zarahawe bwo gukora iperereza no gufata abanyabyaha.

Uruhare rw’ingabo z’Abafaransa mu Rwanda rwanenzwe kenshi bitewe n’uburyo bitwaye mu gihugu, nyamara Perezida François Mitterand ntiyahwemye kuzishimagiza, avuga ko zarokoye ubuzima bw’ibihumbi by’Abanyarwanda.

 

François Mitterrand wari Perezida w’u Bufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi

 


2018-06-02
Editorial

IZINDI NKURU

30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

Editorial 30 Apr 2018
René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

René Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda afite ipeti rya sergeant, yashimutiwe Kampala

Editorial 10 Aug 2017
The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

The Ben yateye utwatsi amakuru yari amaze iminsi avugwa yo kuza gutaramira i Kigali we na Meddy anikoma n’itangazamakuru

Editorial 09 Jul 2017
Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Editorial 16 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”
Amakuru

Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Editorial 23 Jan 2024
Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya
Mu Rwanda

Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Editorial 21 Jun 2017
Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye
IMIKINO

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Editorial 28 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru