• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Ubwanditsi 25 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Three Lions, yabonye itike yo gukomeza mu cyiciro gikurikiraho mu mikino y’Igikombe cy’Iri iri kubera mu Burusiya, nyuma yo kunyagira i Panama ibitego 6-1 mu mukino wabereye kuri Nizhny Novgorod Stadium.

Ni umukino wanabaye intangiriro y’amateka mashya kuri rutahizamu Harry Kane winjije ibitego bitatu mu mukino umwe, ku nshuro ya mbere mu Gikombe cy’Isi.

Ibitego byatsinzwe na myugariro John Stones watsinze ibitego bibiri n’umutwe (ku minota ya 8, 40), Harry Kane atsinda penaliti ebyiri (ku minota ya 22, 45+1n’ikindi gitego ku wa 62), Jesse Lingard atsinda igitego cyiza n’ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’umuzamu (ku munota wa 36).

Igitego cya gatandatu cya Harry Kane cyatsinzwe nyuma y’uko abakinnyi b’u Bwongereza bari bamaze guhererekanya imipira inshuro 25 nta muntu n’umwe ubarogoye, ari nayo mipira myinshi ihererekanyijwe mbere y’igitego mu gikombe cy’Isi guhera mu 1996, aho barengeje umupira umwe wahererekanyijwe ugereranyije n’igitego Esteban Cambiasso yatsindiye Argentina mu 2006.

Igitego cy’impozamarira cya Panama cyatsinzwe na Felipe Baloy w’imyaka 37 ku munota wa 78, ari nacyo gitego cya mbere iki gihugu kibonye mu gikombe cy’Isi.

Muri iri tsinda G, kuri uyu wa Gatandatu u Bubiligi bwari bwagaragaje ko ari ikipe ikomeye ndetse bushobora kuyobora itsinda ubwo bwatsindaga Tunisia 5-2 ariko intsinzi y’u Bwongereza yabwicaje ku mwanya wa mbere.

Bivuze ko u Bwongereza bunganya amanota n’u Bubiligi kuko bombi bafite amanota atandatu, bakananganya ibitego bazigamye n’ibyo batsinze kandi bafitanye umukino kuwa Kane w’icyumweru gitaha.

Muri bitego uko ari bitandatu by’u Bwongereza, bitanu byagiyemo mu gice cya mbere cy’umukino. Kugeza ubu amakipe ane mu mateka y’Igikombe cy’Isi ni yo amaze gutsinda ibitego guhera kuri bitanu kuzamura mu gice cya mbere cy’umukino.

U Bwongereza bwabaye igihugu cya gatanu kibikoze, ibintu byaherukaga gukorwa n’u Budage ubwo bwanyagiranya Brazil mu 2014.

John Stones nawe yahise aba umukinnyi wa mbere wa Manchester City utsinze igitego mu Gikombe cy’Isi mu myaka ya vuba, ibintu byaherukaga gukorwa na Trevor Francis mu 1982.

Nyuma yo gutsinda ibitego bitatu kuri iki Cyumweru, Harry Kane yahise ayobora abamaze gutsinda ibitego byinshi muri iki gikombe cy’Isi kuko afite bitanu, akurikiwe na Cristiano Ronaldo na Romelu Lukaku bombi bafite ibitego bine.

Ababanjemo ku mpande zombi:

U Bwongereza: Pickford, Walker, Stones, Maguire, Trippier (Rose, 70), Loftus-Cheek, Henderson, Lingard (Delph, 63), Young, Sterling, Kane (Vardy, 62).

Umutoza: Gareth Southgate

PANAMA: Penedo, Murillo, R Torres, Escobar, Davis, J Rodriguez, Godoy, Gomez, Cooper (Baloy 69), Barcenes (Arroyo 69), Perez.

Umutoza: Hernan Dario Gomez

Harry Kane yinjije ibitego bitatu mu mukino umwe ku nshuro ya mbere mu Gikombe cy’Isi

Harry Kane na Jesse Lingard bombi batsindiye ikipe y’igihugu y’u Bwoingereza

Lingard yatsinze igitego ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’umunyezamu wa Panama

Haririmbwa indirimbo z’ibihugu mbere y’umukino

Jesse Lingard na Raheem Sterling bafite uburyo bwihariye bishimiramo igitego

2018-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu,  yakoze impanuka

Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Champions League: Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma, Zidane yandika amateka (Amafoto)

Ubwanditsi 02 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.
ITOHOZA

ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.

Ubwanditsi 30 May 2017
Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye
ITOHOZA

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Ubwanditsi 08 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru