• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018 POLITIKI

Leta 17 ziri mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zajyanye mu nkiko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump, kubera politiki yo gutandukanya imiryango y’abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ibikorwa bise iby’ubunyamaswa.

Intumwa Nkuru za Leta zitandukanye zirimo iya Washington, New York na California nizo zajyanye iki kirego mu nkiko, zigaragaza ko zidashyigikiye gukumira abifuza ubuhungiro banyura ku mupaka wa Amerika na Méxique.

Mu kirego cyashyikirijwe urukiko rwa Seattle, Leta ya Washington yagaragaje ko iteka rya Perezida Trump ryashyizweho umukono ku wa 20 Kamena, ridatanga amabwiriza yo gushyira iherezo ku gutandukanya imiryango, ndetse ritagaragaza neza uburyo abamaze gutandukanywa bazasubirana. Iri teka rivuga ko imiryango ifatwa igafungirwa hamwe.

Nk’uko BBC yabyanditse, izi leta zifuza ko politiki yemezwa nk’inyuranyije n’Itegeko Nshinga, kuko uku gutandukanya imiryango byagize ingaruka ku baturage bazo kandi binyuranyije n’amabwiriza arebana no kwita ku bana no gusigasira umubano wabo n’ababyeyi.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Intumwa Nkuru ya leta ya New York, Barbara Underwood, yavuze ko uku gutandukanya imiryango bimaze gutera bariya bana ihungabana, kandi bitesha agaciro iby’ibanze iyi leta ishyiramo imbaraga mu guharanira ko bagira ubuzima bwiza n’umutekano.

Izi leta zijyanye ikirego mu nkiko, mu gihe umucamanza wo muri Leta ya California yanzuye ko imiryango y’abimukira batagira ibyangombwa yatandukanyirijwe ku mupaka wa Amerika igomba kongera guhuzwa bitarenze iminsi 30.

Umucamanza Dana Sabraw yavuze ko kandi abana bafite munsi y’imyaka itanu bagomba gusubizwa ababyeyi babo bitarenze iminsi 14. Ibi yabyanzuye mu kirego cyari cyaratanzwe n’Umuryango American Civil Liberties Union, wari wagaragaje ibibazo by’ababyeyi batazi aho abana babo baherereye.

Ku rundi ruhande kandi abagize Inteko Ishinga Amategeko bagera ku 100 basinye inyandiko isaba Umunyabanga ushinzwe umutekano, Kirstjen Nielsen na Alex Azar ushinzwe ubuzima kugaragaza amafaranga akomeje gutakazwa muri iyi politiki yo gutandukanya imiryango y’abimukira ku mupaka w’iki gihugu na Méxique.

Ibiro bishinzwe impunzi muri Amerika (ORR), byagaragaje ko kugeza ubu bikomeje kwita ku bana 2047 batarabasha kubonana n’imiryango yabo.

ORR yanze gutangaza niba icyakira abimukira, yanemeje ko mu gihugu cyose habarurwa abana 11 800 icumbikiye, biganjemo abatarageza imyaka y’ubukure bafatiwe ku mipaka batari kumwe n’ababyeyi babo cyangwa abandi bantu bakuru bashinzwe ku bitaho.

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Ubwanditsi 26 May 2025
Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Ubwanditsi 14 Jan 2018
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FibaU18Africa: Angola  yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma
IMIKINO

FibaU18Africa: Angola yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Impamvu John Mirenge  yakuwe k ‘Ubuyobozi bwa ‘ RwandAir  ‘ Igitaraganya
Mu Rwanda

Impamvu John Mirenge yakuwe k ‘Ubuyobozi bwa ‘ RwandAir ‘ Igitaraganya

Ubwanditsi 16 May 2017
Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga
INKURU NYAMUKURU

Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga

Ubwanditsi 12 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru