• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018 POLITIKI

Leta 17 ziri mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zajyanye mu nkiko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump, kubera politiki yo gutandukanya imiryango y’abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ibikorwa bise iby’ubunyamaswa.

Intumwa Nkuru za Leta zitandukanye zirimo iya Washington, New York na California nizo zajyanye iki kirego mu nkiko, zigaragaza ko zidashyigikiye gukumira abifuza ubuhungiro banyura ku mupaka wa Amerika na Méxique.

Mu kirego cyashyikirijwe urukiko rwa Seattle, Leta ya Washington yagaragaje ko iteka rya Perezida Trump ryashyizweho umukono ku wa 20 Kamena, ridatanga amabwiriza yo gushyira iherezo ku gutandukanya imiryango, ndetse ritagaragaza neza uburyo abamaze gutandukanywa bazasubirana. Iri teka rivuga ko imiryango ifatwa igafungirwa hamwe.

Nk’uko BBC yabyanditse, izi leta zifuza ko politiki yemezwa nk’inyuranyije n’Itegeko Nshinga, kuko uku gutandukanya imiryango byagize ingaruka ku baturage bazo kandi binyuranyije n’amabwiriza arebana no kwita ku bana no gusigasira umubano wabo n’ababyeyi.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Intumwa Nkuru ya leta ya New York, Barbara Underwood, yavuze ko uku gutandukanya imiryango bimaze gutera bariya bana ihungabana, kandi bitesha agaciro iby’ibanze iyi leta ishyiramo imbaraga mu guharanira ko bagira ubuzima bwiza n’umutekano.

Izi leta zijyanye ikirego mu nkiko, mu gihe umucamanza wo muri Leta ya California yanzuye ko imiryango y’abimukira batagira ibyangombwa yatandukanyirijwe ku mupaka wa Amerika igomba kongera guhuzwa bitarenze iminsi 30.

Umucamanza Dana Sabraw yavuze ko kandi abana bafite munsi y’imyaka itanu bagomba gusubizwa ababyeyi babo bitarenze iminsi 14. Ibi yabyanzuye mu kirego cyari cyaratanzwe n’Umuryango American Civil Liberties Union, wari wagaragaje ibibazo by’ababyeyi batazi aho abana babo baherereye.

Ku rundi ruhande kandi abagize Inteko Ishinga Amategeko bagera ku 100 basinye inyandiko isaba Umunyabanga ushinzwe umutekano, Kirstjen Nielsen na Alex Azar ushinzwe ubuzima kugaragaza amafaranga akomeje gutakazwa muri iyi politiki yo gutandukanya imiryango y’abimukira ku mupaka w’iki gihugu na Méxique.

Ibiro bishinzwe impunzi muri Amerika (ORR), byagaragaje ko kugeza ubu bikomeje kwita ku bana 2047 batarabasha kubonana n’imiryango yabo.

ORR yanze gutangaza niba icyakira abimukira, yanemeje ko mu gihugu cyose habarurwa abana 11 800 icumbikiye, biganjemo abatarageza imyaka y’ubukure bafatiwe ku mipaka batari kumwe n’ababyeyi babo cyangwa abandi bantu bakuru bashinzwe ku bitaho.

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Ubwanditsi 06 Apr 2025
Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017
‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

Ubwanditsi 04 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali
Amakuru

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ubwanditsi 28 Jan 2022
Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato
INKURU NYAMUKURU

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Ubwanditsi 24 Aug 2018
Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba
Mu Mahanga

Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru