• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

Ubwanditsi 01 Dec 2018 POLITIKI

Abayobozi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nabo bemeje ko impungenge z’ibitero by’iterabwoba zatumye Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iba ifunze imiryango guhera kuwa Gatandatu ushize zifite ishingiro.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, umuvugizi wa Guverinoma ya Congo yavuze ko abayobozi ba Amerika bakomeje gushyira guverinoma mu mwijima ndetse akibaza niba izo mpungenge zo guterwa atari ibintu bishyizemo.

Ariko, mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu, minisitiri w’ububanyi n’amahanga Leonard She Okitundu, wabonanye n’Umunyamabanga wa leta wungirije, Elisabeth Fitzsimmons kuwa Gatatu ushize, yavuze ko izi mpungenge za Amerika zifite ishingiro.

Ati: “Biragaragara izi mpungenge zirakomeye. Leta Zunze Ubumwe za Amerika na serivisi zacu dufite amakuru arebana n’izo mpungenge,”

Yakomeje avuga ko kuri ubu hari uguhuza ibikorwa hagati y’inzegfo z’umutekano  za Amerika, ibihugu byo mu karere na Congo ariko yirinda kugira byinshi atangaza nk’uko Africanews dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Hari impungenge ko ADF yaba yarageze I Brazzaville

Nubwo abayobozi ba Amerika badatomora neza ishingiro ry’impungenge zabo ku mugaragaro, bamenyesheje abadipolomate b’abanyamahanga ko gufunga ambasade bifitanye isano n’itabwa muri yombi riheruka ry’agatsiko k’abarwanyi ba Djihad bo muri Tanzania bo mu mutwe wa ADF nk’uko babiri muri aba badipolomate babibwiye Reuters.

Abayobozi ba Amerika ngo bakaba bizeye ko ako gatsiko kateguraga gutera ibikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika I Kinshasa, biri hafi y’uruzi rwa Congo, baturutse mu birindiro byabo biri Brazzaville nk’uko aba badipolomate bakomeje bavuga.

Gusa, abadipolomat ntibazi igihe itabwa muri yombi ry’abo banya Tanzania bakorana na ADF ryabereye, cyangwa umubare w’abari muri ako gatsiko bafashwe. Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo nawe akaba avuga ko ayo makuru ntayo azi.

Ese ni inde uri inyuma ya ADF?

Impuguke zigenga za Loni zimaze igihe zarananiwe kwemeza ibirego bya Uganda na Congo ko ADF yaba ifite aho ihuriye n’umutwe wa Al Shabab cyangwa utundi dutsiko tw’iterabwoba.

Ariko, raporo ya Congo Research Group na Bridgeway Foundation yo muri uku kwezi yemeza ko ADF mu myaka ishize yagiye yakira amafaranga y’umuterankunga bivugwa ko akorana na Islamic State, havugwa kugerageza kwihuza n’abandi barwanyi ba jihad b’abanyamahanga barimo abo muri Tanzania n’abo mu bindi bihugu byo muri Afurika y’uburasirazuba.

2018-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU yageze mu Rwanda yitabiriye inama ku isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Ubwanditsi 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana
Amakuru

Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza
Mu Mahanga

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya
Mu Mahanga

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ubwanditsi 04 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru