• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

Editorial 09 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Raporo yashyizwe ahagaragara n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku iperereza zakoze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, yagaragaje ibikorwa uruhuri bitari ibya kimuntu, birimo aho abana b’abahungu bagiye bategekwa gufata ababyeyi babo ku ngufu.

Ibyo bikiyongeraho ko hari bamwe mu barwanyi bagiye barya inyama z’abantu bakiri bazima, bakanashora abana mu ntambara, ibikorwa byinshi by’ubunyamaswa bikaba byarabereye mu gace ka Kasai.

Hagaragaramo aho abasirikare bagiye banywa amaraso y’abantu bazima basomeza inyama z’abantu bari gushiramo umwuka.

Itsinda ryakoze ubucukumbuzi mu cyumweru gishinze ryabwiye Akanama ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu, ko ayo mabi hari ibimenyetso ko yabazwa haba ku ngabo za leta n’imitwe y’abarwanyi.

Iyo raporo ya paji 126 yibanze cyane ku bwicanyi n’ibitero byatangiye mu mpera za 2016 cyane cyane hagati ya leta ya Congo, FARDC, n’imitwe y’abarwanyi ya Kamuina Nsapu na Bana Mura.

Ubuhamya bwatanzwe burimo uburyo abahungu bagiye bategekwa gufata ku ngufu ababyeyi babo, abakobwa bato bakabwirwa ko hari imbaraga zirabaha ububasha bwo gufata amasasu mu ntoki igihe barashwe, ndetse abagore bagahitishwamo gusambanywa n’abantu benshi cyangwa kwicwa.

Iyo raporo hari aho igira iti “Umwe mu bahuye n’ibyo bibazo muri Gicurasi 2017 yatubwiye ko yabonye itsinda ry’abarwanyi ba Kamuina Nsapu, bamwe bambaye ibice by’imyanya y’ibanga y’abagore nk’imidali.”

Ikomeza igira iti “Abatangabuhamya bamwe bibuka babona abantu bakatakata, bagateka ubundi bakarya inyama z’abantu harimo ibitsina by’abagabo byakaswe ku bakiri bazima no ku bapfuye, by’umwihariko ku ba FARDC, ubundi bakanywa amaraso y’abantu.”

Uwayoboye iryo tsinda ry’impuguke, Bacre Waly Ndiaye, yabwiye ako kanama ko umunsi umwe, nibura abantu 186 barimo abagabo n’abahungu bo mu mudugudu umwe baciwe imitwe na Kamuina Nsapu.

Nk’uko Reuters yabitangaje, izo nyeshyamba ngo zirimo n’abana bashyizwe mu gisirikare bagahatirwa kurwana, badafite intwaro cyangwa se bahawe inkoni, bakabwirwa ko hari imbaraga zidasanzwe zatumye nta gishobora kubahutaza.

Ndiaye yagize “Abana nk’abo benshi bishwe n’ingabo za FARDC zibarasa urufaya nta kurobanura. Imibiri yabo akenshi yagiye ihambwa mu byobo rusange… cyangwa rimwe na rimwe ikarundwa mu modokaikajya guhambwa ahandi.”

Mbere ngo byakekwaga ko hari ibyobo rusange nibura 86, gusa nyuma y’iperereza byaje gutanga ibimenyetso ko ahubwo bigera mu magana.

Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC yabwiy Reuters ko amakuru nk’ayoahubwo akwiye gushyikirizwa inkiko.

Minisitiri Ushinzwe Uburenganzira bwa muntu, Marie-Ange Mushobekwa, yavuze ko bifuza gukorana n’iryo tsinda kugira ngo ukuri kose kujye ahabona, gusa ngo bimwe mu byagaragajwe “bishidikanywaho” kubera ko iperereza ryakozwe hutihuti.

2018-07-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba

Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba

Editorial 12 May 2019
Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye na Maneko mukuru wa FDLR Lt. Col Theophile Abega  I Kigali? Imikoranire ya Museveni, Kayumba na FDLR yaba igiye kujya ahagaragara!

Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye na Maneko mukuru wa FDLR Lt. Col Theophile Abega I Kigali? Imikoranire ya Museveni, Kayumba na FDLR yaba igiye kujya ahagaragara!

Editorial 29 Jan 2019
Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Editorial 27 Aug 2018
Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Editorial 26 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa
Amakuru

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Editorial 26 Mar 2024
Wayde van Niekerk yesheje umuhigo i Rio
IMIKINO

Wayde van Niekerk yesheje umuhigo i Rio

Editorial 15 Aug 2016
Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho  muri Rushyashya
Mu Rwanda

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho muri Rushyashya

Editorial 14 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru