• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

Ubwanditsi 09 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Raporo yashyizwe ahagaragara n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku iperereza zakoze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, yagaragaje ibikorwa uruhuri bitari ibya kimuntu, birimo aho abana b’abahungu bagiye bategekwa gufata ababyeyi babo ku ngufu.

Ibyo bikiyongeraho ko hari bamwe mu barwanyi bagiye barya inyama z’abantu bakiri bazima, bakanashora abana mu ntambara, ibikorwa byinshi by’ubunyamaswa bikaba byarabereye mu gace ka Kasai.

Hagaragaramo aho abasirikare bagiye banywa amaraso y’abantu bazima basomeza inyama z’abantu bari gushiramo umwuka.

Itsinda ryakoze ubucukumbuzi mu cyumweru gishinze ryabwiye Akanama ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu, ko ayo mabi hari ibimenyetso ko yabazwa haba ku ngabo za leta n’imitwe y’abarwanyi.

Iyo raporo ya paji 126 yibanze cyane ku bwicanyi n’ibitero byatangiye mu mpera za 2016 cyane cyane hagati ya leta ya Congo, FARDC, n’imitwe y’abarwanyi ya Kamuina Nsapu na Bana Mura.

Ubuhamya bwatanzwe burimo uburyo abahungu bagiye bategekwa gufata ku ngufu ababyeyi babo, abakobwa bato bakabwirwa ko hari imbaraga zirabaha ububasha bwo gufata amasasu mu ntoki igihe barashwe, ndetse abagore bagahitishwamo gusambanywa n’abantu benshi cyangwa kwicwa.

Iyo raporo hari aho igira iti “Umwe mu bahuye n’ibyo bibazo muri Gicurasi 2017 yatubwiye ko yabonye itsinda ry’abarwanyi ba Kamuina Nsapu, bamwe bambaye ibice by’imyanya y’ibanga y’abagore nk’imidali.”

Ikomeza igira iti “Abatangabuhamya bamwe bibuka babona abantu bakatakata, bagateka ubundi bakarya inyama z’abantu harimo ibitsina by’abagabo byakaswe ku bakiri bazima no ku bapfuye, by’umwihariko ku ba FARDC, ubundi bakanywa amaraso y’abantu.”

Uwayoboye iryo tsinda ry’impuguke, Bacre Waly Ndiaye, yabwiye ako kanama ko umunsi umwe, nibura abantu 186 barimo abagabo n’abahungu bo mu mudugudu umwe baciwe imitwe na Kamuina Nsapu.

Nk’uko Reuters yabitangaje, izo nyeshyamba ngo zirimo n’abana bashyizwe mu gisirikare bagahatirwa kurwana, badafite intwaro cyangwa se bahawe inkoni, bakabwirwa ko hari imbaraga zidasanzwe zatumye nta gishobora kubahutaza.

Ndiaye yagize “Abana nk’abo benshi bishwe n’ingabo za FARDC zibarasa urufaya nta kurobanura. Imibiri yabo akenshi yagiye ihambwa mu byobo rusange… cyangwa rimwe na rimwe ikarundwa mu modokaikajya guhambwa ahandi.”

Mbere ngo byakekwaga ko hari ibyobo rusange nibura 86, gusa nyuma y’iperereza byaje gutanga ibimenyetso ko ahubwo bigera mu magana.

Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC yabwiy Reuters ko amakuru nk’ayoahubwo akwiye gushyikirizwa inkiko.

Minisitiri Ushinzwe Uburenganzira bwa muntu, Marie-Ange Mushobekwa, yavuze ko bifuza gukorana n’iryo tsinda kugira ngo ukuri kose kujye ahabona, gusa ngo bimwe mu byagaragajwe “bishidikanywaho” kubera ko iperereza ryakozwe hutihuti.

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Ubwanditsi 12 May 2023
Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Ubwanditsi 08 Sep 2019
Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi,  anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Ubwanditsi 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi babiri ba FDLR bakatiwe igifungo cya burundu
Mu Mahanga

Abayobozi babiri ba FDLR bakatiwe igifungo cya burundu

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Ubwanditsi 19 Jun 2020
Umuhanzi Sheebah Karungi yarokotse igico cy’amabandi
SHOWBIZ

Umuhanzi Sheebah Karungi yarokotse igico cy’amabandi

Ubwanditsi 14 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru