• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

Editorial 09 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Raporo yashyizwe ahagaragara n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ku iperereza zakoze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, yagaragaje ibikorwa uruhuri bitari ibya kimuntu, birimo aho abana b’abahungu bagiye bategekwa gufata ababyeyi babo ku ngufu.

Ibyo bikiyongeraho ko hari bamwe mu barwanyi bagiye barya inyama z’abantu bakiri bazima, bakanashora abana mu ntambara, ibikorwa byinshi by’ubunyamaswa bikaba byarabereye mu gace ka Kasai.

Hagaragaramo aho abasirikare bagiye banywa amaraso y’abantu bazima basomeza inyama z’abantu bari gushiramo umwuka.

Itsinda ryakoze ubucukumbuzi mu cyumweru gishinze ryabwiye Akanama ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu, ko ayo mabi hari ibimenyetso ko yabazwa haba ku ngabo za leta n’imitwe y’abarwanyi.

Iyo raporo ya paji 126 yibanze cyane ku bwicanyi n’ibitero byatangiye mu mpera za 2016 cyane cyane hagati ya leta ya Congo, FARDC, n’imitwe y’abarwanyi ya Kamuina Nsapu na Bana Mura.

Ubuhamya bwatanzwe burimo uburyo abahungu bagiye bategekwa gufata ku ngufu ababyeyi babo, abakobwa bato bakabwirwa ko hari imbaraga zirabaha ububasha bwo gufata amasasu mu ntoki igihe barashwe, ndetse abagore bagahitishwamo gusambanywa n’abantu benshi cyangwa kwicwa.

Iyo raporo hari aho igira iti “Umwe mu bahuye n’ibyo bibazo muri Gicurasi 2017 yatubwiye ko yabonye itsinda ry’abarwanyi ba Kamuina Nsapu, bamwe bambaye ibice by’imyanya y’ibanga y’abagore nk’imidali.”

Ikomeza igira iti “Abatangabuhamya bamwe bibuka babona abantu bakatakata, bagateka ubundi bakarya inyama z’abantu harimo ibitsina by’abagabo byakaswe ku bakiri bazima no ku bapfuye, by’umwihariko ku ba FARDC, ubundi bakanywa amaraso y’abantu.”

Uwayoboye iryo tsinda ry’impuguke, Bacre Waly Ndiaye, yabwiye ako kanama ko umunsi umwe, nibura abantu 186 barimo abagabo n’abahungu bo mu mudugudu umwe baciwe imitwe na Kamuina Nsapu.

Nk’uko Reuters yabitangaje, izo nyeshyamba ngo zirimo n’abana bashyizwe mu gisirikare bagahatirwa kurwana, badafite intwaro cyangwa se bahawe inkoni, bakabwirwa ko hari imbaraga zidasanzwe zatumye nta gishobora kubahutaza.

Ndiaye yagize “Abana nk’abo benshi bishwe n’ingabo za FARDC zibarasa urufaya nta kurobanura. Imibiri yabo akenshi yagiye ihambwa mu byobo rusange… cyangwa rimwe na rimwe ikarundwa mu modokaikajya guhambwa ahandi.”

Mbere ngo byakekwaga ko hari ibyobo rusange nibura 86, gusa nyuma y’iperereza byaje gutanga ibimenyetso ko ahubwo bigera mu magana.

Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC yabwiy Reuters ko amakuru nk’ayoahubwo akwiye gushyikirizwa inkiko.

Minisitiri Ushinzwe Uburenganzira bwa muntu, Marie-Ange Mushobekwa, yavuze ko bifuza gukorana n’iryo tsinda kugira ngo ukuri kose kujye ahabona, gusa ngo bimwe mu byagaragajwe “bishidikanywaho” kubera ko iperereza ryakozwe hutihuti.

2018-07-09
Editorial

IZINDI NKURU

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Paul Rusesabagina na Sankara kwitwerera ibitero bya baringa mu Nyungwe  bimubyariye amazi nk’ibisusa  

Editorial 24 Oct 2018
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024
David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

Editorial 19 Nov 2020
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Editorial 06 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Col.Dr.Ben Karenzi  wakuye abantu mu rujijo ku ifungwa rye
ITOHOZA

Umuryango wa Col.Dr.Ben Karenzi wakuye abantu mu rujijo ku ifungwa rye

Editorial 23 Sep 2016
Komisiyo y’Amatora yakiriye kandidatire ya Dr Frank Habineza
POLITIKI

Komisiyo y’Amatora yakiriye kandidatire ya Dr Frank Habineza

Editorial 12 Jun 2017
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Editorial 19 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru