• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Aug 2018 ITOHOZA

Guhigwa kw’Abanyarwanda mu gihugu cya Uganda kwatangiye mu mwaka ushize ngo kwafashe indi ntera, aho inzego z’ubutasi za Uganda, nka CMI na ISO, kuri ubu ngo zibasiye abantu bigeze kwambara umwambaro w’igisirikare n’igipolisi by’u Rwanda cyangwa undi muntu wese wakoranye nabyo bashinjwa kunekera u Rwanda.

Biravugwa ko kuwa 23 Nyakanga ahagana saa 4:00 z’umugoroba, ku mupaka wa Gatuna, Lt Charlie Mugabi, ukorera urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, ISO, akaba azwi ku izina ry’akazi rya BISO, bisobanuye mu Cyongereza (Border Internal Security Organ), aherekejwe na Mark Paul, ukorera Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare, CMI, ukorera ku mupaka, bataye muri yombi uwitwa Smith Oswald Ndabarasa, Umunyarwanda ushinzwe amatike mu kigo gitwara abagenzi cya Trinity Bus Company.

Uyu Mugabi wahise uhinduka mu kanya gato agatangira kubwira nabi uyu Munyarwanda, ngo yari asanzwe aziranye nawe ndetse ari nk’inshuti. Kuri uyu munsi akaba yaramubwiye mu Kigande ati: “Mwe mulowoza tubela wano nga tutude tetulina milimu jjakukola?” , ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko kugira ati: “Mutekereza ko turi hano ntacyo turimo gukora?”

Ndabarasa ngo akaba yaratunguwe n’uwo munabi w’ako kanya mu gihe we n’aba bakozi babiri b’inzego z’ubutasi bari baziranye neza ari inshuti mbere y’uwo munsi. Ndabarasa ati: “Ubusanzwe twabaga turi kumwe ku mupaka.”

Nubwo yabonaga ko ibintu bihindutse, atabwa muri yombi Ndabarasa yabajije ati: “Boss Nkoze iki?”

Biso ngo ntacyo yavuze ahubwo yahise ajyana Ndabarasa kuri station ya polisi yo ku mupaka aho yamushyize agategeka abapolisi kumufunga. Ndabarasa ngo yategereje ko haza umuntu akamubwira icyo azira cyangwa agakoreshwa inyandikomvugo araheba.

Nyuma y’amasaha nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga Virungapost ikomeza ivuga, haje uwitwa Swaibu, nawe ukorana na Ndabarasa mu by’amatike kuri Trinity muri Kabale, uyu akaba ari Umugande, abaza icyo mugenzi we yafatiwe, umupolisi amubwira ko ari BISO (Lt Charlie Mugabi) uri bufate umwanzuro ku kiri bube kuri Ndabarasa.

Nyuma y’umunsi umwe ngo ibintu byatangiye kujya ahagaragara. Biso na Mark Paul bahamagaje inama y’abakozi ba kompanyi za bus zitwara abagenzi ku mupaka wa Gatuna, maze abakozi bacibwamo ibice bibiri. Abanyarwanda babwiwe kujya ku ruhande rumwe, Abagande nabo bakajya ku rundi.

Abagande ngo bararekuwe, Abanyarwanda barasigara, nabo batandukanywa hakurikijwe ibigo bakorera kugirango bababaze batandukanye. Ibibazo byose ngo ngo byari ukumenya niba barabaye mu Gisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyangwa mu Gipolisi cy’u Rwanda (RNP).

Ngo batanze passports zabo, amakarita y’akazi na numero za telephones, umwe mu bashinzwe umutekano atangira kwinjiza amakuru yabo muri mudasobwa. Hagati aho ngo abakozi ba CMI na ISO niko babakangaga bababwira ko bahawe amabwiriza yo kubajyana i Kampala kuko bafite amakuru ko ari intasi. Abashinzwe umutekano ngo bakaba barakomezaga gusubiramo kubajyana Mbuya, ku cyicaro cya CMI, ahantu Abanyarwanda benshi bafungiwe bakanakorerwa iyicarubozo mbere yo kujya kubajugunya ku mupaka wa Gatuna bakahakurwa n’Abayobozi b’u Rwanda.

Nyuma gato ngo Biso yagize atya aravuga ati: “Ntabwo tubajyana i Kampala ariko ntabwo tubashaka muri Uganda. Nabahaye amasaha abiri yo kuzinga ibyanyu mukambuka mu gihugu cyanyu. Ntabwo tubashaka hano.”

Ndabarasa kuri ubu aravuga ko adashobora gusubira muri Uganda agiye gushaka akandi kazi. Yagize ati: “Ubu sinshobora gusubirayo, nari mpamaze hafi imyaka 2 ..Abanyarwanda muri Uganda ntibisanzuye, Bafite ubwoba. Bazi ko nta n’umwe muri bo utekanye.”

Ndabarasa akomeza avuga ko azi ko bari bamuhisemo ngo bamufunge mu rwego rwo guha ubutumwa abandi. Ati: “Ninjye wari wegereye cyane abantu bantaye muri yombi. Impamvu ari njye bahindukiriye byashakaga kwerekana ko n’abasigaye badashobora kumva batekanye.”

Kuri ubu muri Uganda ngo haba hari Abanyarwanda beza n’Abanyarwanda babi

Nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, ngo byaba atari byo gutekereza ko Abanyarwanda bose muri Uganda badatekanye. Ngo abo mu ishyaka RNC bari mu bantu barinzwe neza mu baturage bose muri Uganda ku buryo hari n’Abagande barota gusa uko babayeho.

Igitangaje, ngo abo Banyarwanda bafashwe nk’ibyana by’ingagi muri Uganda ni bamwe mu bahoze mu gisirikare cya RDF nka Cpl. Rugema Kayumba, ushinzwe ubukangurambaga muri RNC, Cpl. Abdul Karim Mulindwa uzwi nka Mukombozi, ushinzwe gushaka abarwanyi, Sgt Claude Ndatinya, nawe ujya ushaka abarwanyi akaba n’ushinzwe gucunga business za Tribert Rujugiro, umuterankunga ukomeye wa RNC, aba bakaba bakorana bya hafi na Dr Sam Ruvuma na Pasitoro Deo Nyirigira w’urusengero AGAPE, ngo usanga barinzwe bikomeye na CMI.

Nubwo ibi byose biba, ngo bus nyinshi zitwara abagenzi Kampala-Kigali ni iz’Abagande kandi zikoresha Abagande, ariko nta na rimwe inzego z’umutekano z’u Rwanda cyangwa abashinzwe abinjira n’abasohoka barabaza umwe muri bo niba yarabaye mu Gisirikare cya Uganda (UPDF). Ngo bishimira uburenganzira n’ubwisanzure nk’iby’Abanyarwanda cyangwa undi muturage, kandi bajya mu bikorwa byabo bya buri munsi hirya no hino mu gihugu nta mbogamizi cyangwa ngo hagire ikindi kitambika mu nzira yabo.

Uganda ikaba ishinjwa  gufasha abahoze mu gisirikare n’igipolisi by’u Rwanda bigometse ku butegetsi, yarangiza igahohotera abagaragara nk’abashyigikiye guverinoma iriho, bahita bafatwa nk’intasi nk’uko byongeye kugaragara mu guhohotera Abanyarwanda muri Uganda badashaka gushyigikira abarwanya ubutegetsi.

2018-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Ubwanditsi 08 Aug 2021
U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Inshoreke Ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, Irashaka Umutwe Wa Lea Karegaya Ku Isahani

Inshoreke Ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, Irashaka Umutwe Wa Lea Karegaya Ku Isahani

Ubwanditsi 01 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni
HIRYA NO HINO

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri
Amakuru

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 02 Nov 2021
Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha
Mu Rwanda

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Ubwanditsi 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru