• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Ubwanditsi 01 Aug 2018 POLITIKI

Perezida Kagame yasabye inzego z’ubucamanza gukorera mu bwisanzure ziharanira kutavugirwamo, kugira ngo abaturage babone ubutabera bwihuse.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Kanama 2018, ubwo yakiraga indahiro z’abacamanza batandukanye barimo ab’Urukiko rw’Ikirenga, urw’Ubujurire ndetse n’Urukiko Rukuru.

Perezida Kagame yavuze ko mu myaka 20 ishize, mu gihugu hakozwe amavugurura atandukanye agamije kubaka inzego z’ubutabera kugira ngo bubashe gukora uko bikwiye.

Yavuze ko ayo mavugurura n’imikorere myiza y’ubutabera bw’u Rwanda, aribyo bituma rukomeza kugirirwa icyizere n’abenegihugu ndetse n’abanyamahanga.

Yagize ati “Inzego zaravuguruwe, aho inkiko zikorera hakozwe ibishoboka, haba ku mubare w’abacamanza wariyongereye ndetse n’ubumenyi n’ubundi bushobozi byabo […] ariko ibi byonyine ntibihagije ubwabyo. Hari henshi bigaragara ko ubutabera butangwa bushobora kurushaho kunozwa no kugenda neza.”

Yongeyeho ati “Ibyo byose nibyo biha abanyarwanda n’abashoramari mu gihugu cyacu icyizere cyo gukora imirimo yabo batishisha kuko bazi neza uburenganzira bwabo ko bwubahirizwa, banazi neza ko nta wabarenganya kuko hari amategeko n’inzego z’ubutabera zibarengera, kandi ko n’aho bibaye abantu babibazwa cyangwa bakabihanirwa.”

Perezida Kagame yavuze ko kubera icyo cyizere abanyamahanga bafitiye ubutabera bw’u Rwanda, bazakomeza kuza ku bwinshi asaba kongeramo ingufu kugira ngo ubutabera buzahore bunoze.

Ati “Bikwiye kumvikana ko u Rwanda rutakiri urw’abanyarwanda gusa. Turusangiye n’isi yose, abantu bose baza hano bafite ibyo bashaka gukora bitandukanye ndetse bizagera n’aho abaza mu gihugu baba na benshi kurusha n’abanyarwanda.Icyo gihe ibintu byose bikemurwa n’uburyo amategeko yubahirizwa n’ukuntu ubucamanaza bukora neza.”

Yakomeje asaba inzego z’ubucamanza gukora akazi kazo neza, ziharanira kutavugirwamo kugira ngo ubutabera butangwa bwihute.

Ati “Izo nzego (z’ubutabera) zikwiye kuba zumvikana, abacamanza bakora mu bwisanzure batavugirwamo bafata ibyemezo bitandukanye.”

Perezida Kagame yagarutse ku bacamanza b’urukiko rw’ubujurire, avuga ko rwashyizweho kugira ngo rukorere mu ngata urukiko rw’ikirenga kandi abaturage babone ubutabera bwihuse.

Itegeko ngenga rishyiraho urukiko rw’Ubujurire ryasohotse mu igazeti ya Leta yo ku wa 30 Gicurasi 2018, rivuga ko ruri mu cyiciro cy’inkiko zisanzwe. Ni igisubizo cy’imanza zajuririrwaga mu Rukiko rw’Ikirenga zikamaramo imyaka myinshi zitaraburanishwa.

Urukiko ruri hagati y’urw’Ikirenga n’Urukiko Rukuru, ruzakira imanza zimaze hagati y’amezi atandatu n’umwaka umwe zarajuririwe mu Rukiko rw’Ikirenga.

Perezida Kagame yavuze urukiko rw’ikirenga ruzibanda ku zindi nshingano zo gusesengura itegeko nshinga n’andi mategeko kugira ngo bihe umurongo mwiza inzego z’igihugu.

Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire, Kalimunda Muyoboke Aimé, yavuze ko amategeko aherutse kuvugururwa azatuma nta manza zongera gutinda nkuko byari bimeze.

Yagize ati “Imanza nyinshi zatinzwaga no kuburanishwa n’inteko y’abacamanza batatu, bivuze ko hari abacamanaza babiri umwanya wabo wapfaga ubusa, ubu noneho imanza zizajya zicibwa n’umucamanza umwe.Izifite uburemere bigaragara ni zo zizajya ziburanishwa n’abacamanza batatu.”

Ku kijyanye no kutavugirwamo, Kalimunda yavuze ko ibikenewe byose ngo umucamanza akorere mu bwisanzure bihari ngo keretse ari ikibazo afite we ubwe.

Ati “Ubu abacamanza ni ntayegayezwa, bahabwa inshingano kugeza igihe bagiriye mu kiruhuko cy’izabukuru.Iyo ni imwe mu nzira ituma bagira ubwigenge kuko ntabwo baba abatinya ko bari bufate ibyemezo byatuma bavanwa mu kazi […]Nta kibazo cy’ubwigenge gihari ariko ni ikibazo kibanza gusuzumirwa mu mutima wa buri mucamanza igihe agiye gufata icyemezo.”

Mu barahiye uyu munsi harimo Cyanzayire Aloysie, Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, Richard Muhumuza, umucamanza mu Rukiko rw’Ubujurire, Kalimunda Muyoboke Aimé, Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire na Mukamulisa Marie Thérèse, Visi Perezida warwo.

Mu rukiko rw’ubujurire kandi harahiye abacamanza 11 barimo Kaliwabo Charles, Mukanyundo Patricie, Mukandamage Marie Josée, Rugabirwa Reuben, Hitiyaremye Alphonse, Gakwaya Justin, Prof. Ngagi Munyamfura Alphonse, Nyirandabaruta Agnès, Munyangeli Innocent, Muhumuza Richard na Kanyange Fidelité.

Perezida Kagame yanakiriye indahiro ya Ndahayo Xavier nka Perezida w’Urukiko Rukuru, Visi perezida we Kanzayire Bernadette na Rutazana Angeline, visi perezida w’Urukiko Rukuru rw’ubucuruzi.

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha imanza

Cyanzayire Aloysie yarahiriye kuba umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga

Mukamulisa Marie Thérèse urahirira kuba Visi Perezida w’urukiko rw’ubujurire

Rugabirwa Ruben, umucamanza mu rukiko rw’ubujurire

2018-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump mu mazi abira

Perezida Trump mu mazi abira

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Ubwanditsi 12 Mar 2024
Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa

Uganda: Kwambara ingofero itukura (Red beret) nka Bobi Wine utari umusirikare byahindutse icyaha gihanirwa

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Myugariro w’umunyarwanda  Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus
Amakuru

Myugariro w’umunyarwanda Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Ubwanditsi 03 Aug 2022
Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko
IMIKINO

Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Umukinnyi Wa Filimi Z’ubusambanyi Uherutse Gutangaza Ko Yaryamanye Na Perezida Trump Yatawe Muri Yombi
Mu Mahanga

Umukinnyi Wa Filimi Z’ubusambanyi Uherutse Gutangaza Ko Yaryamanye Na Perezida Trump Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru