• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Ubwanditsi 08 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yavuzwe n’umudamu witwa Idamange Iryamugwiza Yvonne mu minsi ishize binyuze mu butumwa bukubiye muri Videwo yashyizwe ku rubuga rwa YouTube, umugabo we Mabumba Oswald mu izina ry’umuryango we yamaganye bikomeye uyu mugore bashakanye bakabyarana abana bane.

Uyu mugore witwaza ko yarokotse Jenoside ariko akayipfobya agamije indonke, ubutumwa bwe bwasamiwe hejuru n’abakoze iyi Jenoside bahungiye mu bihugu byo hanze ndetse n’abana babo bafite umugambi wo kuyihakana mu rwego rwo gutagatifuza ababyeyi babo.

Mabumba Oswald mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram yagize ati “Nitwa Engineer Mabumba Oswald, ndi umwubatsi w’umwuga, nkaba ndi umubyeyi w’abana bane nabyaranye na Yvonne Idamange. Ndi Umunyarwanda utuye muri Sudan y’Amajyepfo. Impamvu ya mbere itumye nandika ubu butumwa, ni ukugirango menyeshe abantu bose ko namaganye ibyatangajwe n’umugore wanjye”

Mabumba yakomeje agira ati “Nk’umugabo we ndetse na se w’abana bane dufitanye, nagiye mugira inama kenshi ku myitwarire ye idahwitse ariko aranga arananira. Bityo rero ntangarije abantu bose ko njyewe n’abana banjye twitandukanyije n’imigambi mibisha ye”.

Ukurikije ibyatangajwe na Mabumba, biragaragara ko Yvonne Idamange yacengewe kera bityo ibyo atangaza akaba aribyo amazemo iminsi. Yitwaje ko yarokotse ariko bigaragara ko ubutumwa yatanze ari ubuvugwa n’abahekuye u Rwanda, dore ko mu ndiri yabo Yvonne yamamaye, bakanamwita intwari.

Idamange yagakwiye kumenya ko umuheto ushuka umwambi bitari bujyane. Kuryoherwa mu magambo ukarengera ushaka indonke, ntabwo amategeko azabimwemerera. Iyo interahamwe zibonye uzivugira zimufata nk’imana yabo.

Dusubije amaso inyuma twakwibuka uwitwaga ko ari umuvugizi wa Ingabire Victoire, bavugaga ko akiri muto kandi yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ariwe Mahoro Jean ariko bigaragara ko yishakira amaronko. Nyuma yo kubona icyo yashakaga yaracecetse. Ubu rero na Idamange wananiwe gukoresha amaboko agashaka indonke yihuse, ubu arashaka inzira Mahoro Jean yanyuzemo.

2021-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Ubwanditsi 12 Jul 2022
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
#Umwiherero15: Ntimuva aha mutansubije – Perezida Kagame abwira abayobozi

#Umwiherero15: Ntimuva aha mutansubije – Perezida Kagame abwira abayobozi

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 21 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside
ITOHOZA

Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari
UBUKUNGU

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.
Mu Rwanda

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Ubwanditsi 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru