• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Editorial 13 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Abafana ba Arsenal mu mpande zose z’Isi, kuri iki Cyumweru wabaye umunsi udasanzwe ubwo bongeraga kubona mu kibuga ikipe bihebeye, gusa biba akarusho ku Banyarwanda kuko gufungura uyu mwaka wa shampiyona y’u Bwongereza byanatangije ku mugaragaro ubufatanye bw’iyo kipe na ‘Visit Rwanda’ nk’umuterankunga.

Ibyapa bimenyekanisha u Rwanda byari ku kibuga, ndetse imbere muri stade abafana beretswe byinshi ku Rwanda binyuze mu mashusho yanyujijwe kuri televiziyo za rutura ziri imbere muri Emirates Stadium.

Ni umukino witabiriwe n’abakunzi ba Arsenal benshi kuko uretse Abongereza n’abavuye mu bindi bihugu, abaturutse mu rwa Gasabo bari babukereye n’icyizere cyinshi dore ko ikipe yabo muri iyi mpeshyi yiyubatse ikagura abakinnyi bashoboka n’umutoza mushya Unai Emery.

Arsenal FC ariko ntiyahiriwe kuko yatsinzwe na Manchester City ibitego 2-0, icya mbere gitsindwa na Raheem Sterling ku munota wa 14, icya kabiri gitsindwa na Bernardo Silva ku wa 64. Man City ntiyoroshye kuko yatwaye Premier League umwaka ushize n’uduhigo turimo ko yatsinze imikino 32 muri 38 igize umwaka wa shampiyona, igeza ku manota 100 n’ibitego 106.

Uyu ni wo mukino wa mbere Arsenal FC ikinnye muri Premier League idatozwa na Arsène Wenger mu myaka 22 ishize, ukaba n’uwa mbere mu myaka itatu izamara yambara imipira ku kuboko kw’ibumoso handitseho ‘Visit Rwanda’, mu kwereka amahanga u Rwanda nk’icyerekezo cya mbere mu bukerarugendo n’ishoramari mu nzego zose.

Itsinda rihagarariye Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB ryari muri Emirates Stadium, stade igezweho kuko yatashywe muri Nyakanga 2006, yakira abafana 59 867.

Mbere y’uyu mukino, Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho muri RDB, Sanny Ntayombya, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko kuri Emirates Stadium kuba u Rwanda rwarateye inkunga Arsenal FC, byatumye abayobozi ba RDB batumirwa ndetse bakagenerwa ibyicaro byihariye.

Yagize ati “Turi hano nk’abafatanyabikorwa ba Arsenal, tukabafana ku mukino wa mbere wa shampiyona kandi twatumiwe n’ikipe, dufite n’imyanya yihariye yacu, hari n’abayobozi bacu batumiwe n’ikipe barimo Umuyobozi Mukuru Clare Akamanzi uza kuba yicaranye n’abayobozi bakomeye ba Arsenal mu gice cyagenewe abanyacyubahiro, aho abantu bahicara aba ari abantu ikipe yubashye. Kuba ikipe yaduhaye imyanya y’icyubahiro ni gihamya y’uko ubu bufatanye bwacu na Arsenal bwatangiye neza kandi twizera ko buzakomeza neza.”

Uyu mukino wanakurikiwe n’Abanyarwanda n’abafatanyabikorwa b’u Rwanda, abahagarariye abafana ba Arsenal mu rw’imisozi 1000 n’inshuti z’u Rwanda ndetse n’abantu bageza ba mukerarugendo mu Rwanda, bicaye mu gace bagenewe kiswe Visit Rwanda.

Si mu Bwongereza uyu mukino wakurikiwe gusa, kuko RDB yanateguye uburyo bwo kuwurebera kuri televiziyo za rutura muri Kigali Convention Center.

Ntayombya yakomeje agira ati “Ntabwo ari umukino wa Arsenal gusa ariko ni no kwishimira iterambere u Rwanda rugezeho muri iyi myaka ishize tuvuye mu bihe bibi. Ni ishema ry’abafana ba Arsenal ariko ni n’ishema ry’Abanyarwanda bose kubera ko igihugu cyabo kiri kurebwa cyane mu mahanga yose. Twiyibutse ko shampiyona y’u Bwongereza irebwa n’abantu bagera kuri miliyari ku munsi w’imikino.”

Muri ubu bufatanye bwa Visit Rwanda, biteganywa ko abakinnyi ba Arsenal mu makipe y’abagabo n’abagore bazasura u Rwanda ndetse abatoza bayo bakazakira amahugurwa agamije gushyigikira iterambere ry’umupira mu bagabo n’abagore mu Rwanda.

2018-08-13
Editorial

IZINDI NKURU

#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

Editorial 01 Mar 2018
Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Editorial 22 Jul 2024
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Editorial 04 Nov 2020
Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Editorial 12 Jun 2020

4 Ibitekerezo

  1. Titi
    August 13, 20188:33 am -

    Nubwo twishimira aho tugeze ariko turacyari hasi mu mitwe kumva umuyobozi nkuriya yanyurwa no kwicarana n’abayobozi ba arsenal akabigira ninkuru. Ubundi se mu rwego rwe yumvaga yari kwicara hehe? Ahjyajyajya burya ukivamo ariko ntikikuvamo kabisa. Niwe munyacyubahiro kuko yashoye imari agomba kubahwa burya ntiyarabizi? Hahhaha “batwubashye kuko twicaranye n’abayobozi ba Arsenal” hahahaha. So sad umukoroni yaratwishe kweri kandi gukira biri kure niba n’abategetsi bo kuri uru rwego ariko babyumva

    Subiza
    • TITI
      August 13, 20188:39 am -

      Aroko kuki mubaho munenga gusa ntimushima

      Subiza
  2. Ukuli
    August 14, 20187:04 am -

    Wowe Titi uligiki cyatuma unenga uku, bigaragaza ubwonko bwawe uko bungana.
    Uzi turnover (chiffre d’affaires ) ya Arsenal ?
    Uyu muyobozi wa RDB Uzi CV ye mbere yo kuvuga uti ukivamo ntikikuvamo ?
    Wowe Uzi ko yigiye HARVARD ?
    Uzi yibitseho degree zingahe za kaminuza ?
    Abantu mbana nabo hano Europe usanga hali benshi batekereza nkawe kubera kubura esprit d’analyse nzima.
    Gupinga ,Gupinga . Erega abanyarwanda barazwi. Abakurambere bati. Ubuze icyo atuka inka , aravuga ati murebe kiriya gicebe cyayo. …

    Subiza
  3. Titi
    August 14, 201812:52 pm -

    Wowe ukuli,
    Chiffre d’affaires ya Arsenal ntabwo iruta iyu Rwanda. Kandi umenye ko umuguzi arusha icyubahiro ugurisha. Ahubwo ni wowe uragaragaza nivea d’analyse iciriritse niba utekereza ko abo mubana I burayi aribo bakwiye kugira imitekerereze ihanitse. Uti abanyarwanda barazwi ngira ngo abo bazi ni abameze nkawe wowe muhorana niba ubiyereka nkuko nyine niko bazakumenya. Amahirwe yawe nuko mbona wowe wabwiyambuye utakiri we. Niba warahabuwe na budget ya arsenal ukumva ko ari honor kwicarana nabo ngewe mbibona bihabanye nawe ngewe nsanga Arsenal ariyo yubashywe kwakira umuyobozi wo kuri ruriya rwego Kandi yaranabigaragaje. Komeza wowe uhabuke nakubwiriki ariko kdi sinabiguhora nawe ntunzize uko mbyumva

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi
ITOHOZA

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Editorial 21 Mar 2017
Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila
POLITIKI

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Editorial 26 Jul 2018
Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda
Mu Mahanga

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Editorial 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru