• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Editorial 13 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihugu cya Uganda abashyigikiye Gen Kale Kayihura wahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, batangiye amasengesho mu gihugu cyose yo kumusabira bavuga ko Imana yonyine ari yo yamukura mu buroko amazemo amezi abiri.

“Uyu munsi turi hano gusaba Imana ngo Kayihura arekurwe,” uyu ni umukuru wa njyanama y’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana ku Rusengero rw’Ibitaro bya Mulago mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 12 Kanama.

Uru rusengero rwakoze amasengesho adasanzwe yo gusabira Gen Kayihura watawe muri yombi n’igisirikare kimukuye ku ifamu ye iherereye Lyantonde akaba afungiye mu Kigo cya gisirikare cya Makindye.

Gen. Kale Kayihura watawe muri yombi kuwa 13 kamena 2018

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire aherutse gutangaza ko ikibazo cya Kayihura kirimo kwitabwaho uko bikwiye n’igisirikare (UPDF), igihe nikigera kikazatangaza ibyo cyagezeho mu iperereza, gitange umwanzuro n’icyemezo.

Inshuti n’umuryango wa Gen Kayihura bo bavuga ko biyambaje Inteko ishinga amategeko, minisitiri Amelia Kyambadde ubwo yajyaga Kisoro, Minisitiri w’Intebe n’abandi benshi ariko nta cyahindutse.

Bizimana yongeyeho ko kuri ubu basaba Imana ko yaha perezida Museveni izindi ndorerwamo zo kureba Kayihura nk’inshuti nziza ya kera.

Komite ihuriweho ishinzwe iperereza iyobowe n’umuyobozi wa CIID, Grace Akullo, ngo iherutse kubaza Kayihura ku iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Abel Bizimana, LC5 w’Akarere ka Kisoro mu ikoti risa nk’ivu

Nk’uko bamwe mu bitabiriye iri bazwa babitangaje, ngo Kayihura yagaragaje gutungurwa yumvise icyo kibazo kizamuwe yongera kubaza impamvu yari kwica Kaweesi cyangwa aho ahuriye n’urupfu rwe.

Mu rusengero kuri iki Cyumweru, abari bahateraniye basabwe gusabira ubuzima bwa Kayihura.

“Ndashaka gusaba buri wese gusabira Gen Kayihura,” uwo ni Bizimana wakomeje agira ati: “Aha ni ahantu ni ahantu h’amasengesho, ntabwo ari politiki ariko iteka dusabira abayobozi bacu n’abanyapolitiki. Turi gutangiza aya masengesho mu nsengero zose.”

Bizimana yakomeje avuga ko Eliya (Muri Bibiliya) yaciye mu bibazo byinshi ariko akaza kubivamo, akaba yizeye ko na Kayihura azava mu bibazo arimo. Ati: “Ndasaba Perezida kumenya ko hari amakimbirane mu bantu bawe. Ni ba mafia. Barashaka kurangiza abantu bamwe.”

Abashyigikiye Gen Kale Kayihura bari bambaye imipira yirabura iriho ifoto ya Kayihura. Umwe mu bo mu muryango we akaba yagize ati: “Natangije aya masengesho kandi nizeye ko Gen Kayihura agiye gufungurwa.”

Nyirasenge wa Kayihura yanenze Minisitiri w’Intebe, Ruhakana Rugunda, uherutse gutangaza ko abayobozi barimo kwita ku kibazo cya kayihura uko bikwiye.

Ati: “Uburyo Minisitiri w’Intebe yavuze mu nteko ntibwari ku bwacu. Ntiyigeze aduha icyizere na gito. Ubu Imana niyo cyizere yonyine.”

Uyu mubyeyi yakomeje avuga ko bagerageje guhura na Perezida Museveni bikanga, bakaba basaba abanyamadini bose n’abizera mu gihugu cyose gusengera Gen. Kayihura.

Iki kinyamakuru mu gusoza iyi nkuru kikaba kivuga ko cyamenye ko Urwego rushinzwe Umutekano Imbere mu Gihugu (ISO), rwari rwasabye Perezida Museveni ukwezi kumwe ngo rupfundikire iperereza ku iyicwa rya AIGP Kaweesi, mbere yo gusaba kongerwa ibindi byumweru bibiri nabyo byarangiye mu byumweru bibiri bishize.

2018-08-13
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024
Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Ntayima nyina akabara: Kabuga Félicien ukurikiranyweho Jenoside yaribyaye

Editorial 24 Nov 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Editorial 03 Oct 2022
Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo

Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo

Editorial 03 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije
Amakuru

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Editorial 07 Dec 2021
Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana
INKURU NYAMUKURU

Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana

Editorial 25 Dec 2019
Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose
POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Editorial 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru