• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Uganda: Hatangijwe Amasengesho Adasanzwe Yo Gusabira Gen Kale Kayihura Wahoze Akuriye Igipolisi

Ubwanditsi 13 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihugu cya Uganda abashyigikiye Gen Kale Kayihura wahoze ari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, batangiye amasengesho mu gihugu cyose yo kumusabira bavuga ko Imana yonyine ari yo yamukura mu buroko amazemo amezi abiri.

“Uyu munsi turi hano gusaba Imana ngo Kayihura arekurwe,” uyu ni umukuru wa njyanama y’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana ku Rusengero rw’Ibitaro bya Mulago mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 12 Kanama.

Uru rusengero rwakoze amasengesho adasanzwe yo gusabira Gen Kayihura watawe muri yombi n’igisirikare kimukuye ku ifamu ye iherereye Lyantonde akaba afungiye mu Kigo cya gisirikare cya Makindye.

Gen. Kale Kayihura watawe muri yombi kuwa 13 kamena 2018

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire aherutse gutangaza ko ikibazo cya Kayihura kirimo kwitabwaho uko bikwiye n’igisirikare (UPDF), igihe nikigera kikazatangaza ibyo cyagezeho mu iperereza, gitange umwanzuro n’icyemezo.

Inshuti n’umuryango wa Gen Kayihura bo bavuga ko biyambaje Inteko ishinga amategeko, minisitiri Amelia Kyambadde ubwo yajyaga Kisoro, Minisitiri w’Intebe n’abandi benshi ariko nta cyahindutse.

Bizimana yongeyeho ko kuri ubu basaba Imana ko yaha perezida Museveni izindi ndorerwamo zo kureba Kayihura nk’inshuti nziza ya kera.

Komite ihuriweho ishinzwe iperereza iyobowe n’umuyobozi wa CIID, Grace Akullo, ngo iherutse kubaza Kayihura ku iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Abel Bizimana, LC5 w’Akarere ka Kisoro mu ikoti risa nk’ivu

Nk’uko bamwe mu bitabiriye iri bazwa babitangaje, ngo Kayihura yagaragaje gutungurwa yumvise icyo kibazo kizamuwe yongera kubaza impamvu yari kwica Kaweesi cyangwa aho ahuriye n’urupfu rwe.

Mu rusengero kuri iki Cyumweru, abari bahateraniye basabwe gusabira ubuzima bwa Kayihura.

“Ndashaka gusaba buri wese gusabira Gen Kayihura,” uwo ni Bizimana wakomeje agira ati: “Aha ni ahantu ni ahantu h’amasengesho, ntabwo ari politiki ariko iteka dusabira abayobozi bacu n’abanyapolitiki. Turi gutangiza aya masengesho mu nsengero zose.”

Bizimana yakomeje avuga ko Eliya (Muri Bibiliya) yaciye mu bibazo byinshi ariko akaza kubivamo, akaba yizeye ko na Kayihura azava mu bibazo arimo. Ati: “Ndasaba Perezida kumenya ko hari amakimbirane mu bantu bawe. Ni ba mafia. Barashaka kurangiza abantu bamwe.”

Abashyigikiye Gen Kale Kayihura bari bambaye imipira yirabura iriho ifoto ya Kayihura. Umwe mu bo mu muryango we akaba yagize ati: “Natangije aya masengesho kandi nizeye ko Gen Kayihura agiye gufungurwa.”

Nyirasenge wa Kayihura yanenze Minisitiri w’Intebe, Ruhakana Rugunda, uherutse gutangaza ko abayobozi barimo kwita ku kibazo cya kayihura uko bikwiye.

Ati: “Uburyo Minisitiri w’Intebe yavuze mu nteko ntibwari ku bwacu. Ntiyigeze aduha icyizere na gito. Ubu Imana niyo cyizere yonyine.”

Uyu mubyeyi yakomeje avuga ko bagerageje guhura na Perezida Museveni bikanga, bakaba basaba abanyamadini bose n’abizera mu gihugu cyose gusengera Gen. Kayihura.

Iki kinyamakuru mu gusoza iyi nkuru kikaba kivuga ko cyamenye ko Urwego rushinzwe Umutekano Imbere mu Gihugu (ISO), rwari rwasabye Perezida Museveni ukwezi kumwe ngo rupfundikire iperereza ku iyicwa rya AIGP Kaweesi, mbere yo gusaba kongerwa ibindi byumweru bibiri nabyo byarangiye mu byumweru bibiri bishize.

2018-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino wo gusiganwa ku magare

Ubwanditsi 28 Sep 2025
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022
Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Ubwanditsi 14 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?
INKURU NYAMUKURU

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba
Amakuru

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Ubwanditsi 28 Dec 2024
Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato
INKURU NYAMUKURU

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Ubwanditsi 24 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru