• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki 8 Nzeri, umwe mu bayobozi ba Polisi muri Uganda Muhammad Kirumira yishwe arasiwe mu modoka hafi y’urugo rwe mu karere ka Wakiso.Yarashwe hashize amezi atatu Depite Ibrahim Abiriga na we arashwe.

Guhera mu 2012 nta munsi w’ubusa muri Uganda hatavugwa abicwa mu buryo budasobanutse nyamara iperereza ntirigire icyo rigeraho.

Mu bishwe harimo abari bakomeye mu butegetsi nk’umushinjacyaha Joan Kagezi, uwahoze ari umuvugizi wa Polisi Andrew Kaweesi n’abandi.

Ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyagaragaje impamvu abantu bicwa buri munsi ariko ababigizemo ruhare ntibagaragazwe, cyifashishijwe bamwe mu bakozi b’inzego z’iperereza.

Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (CIID) nirwo rufite inshingano yo kugenza ibyaha rukagaragaza abakekwaho kubigiramo uruhare.

Icyo kinyamakuru cyaganiriye n’abagenzacyaha batandukanye bagaragaza imbogamizi n’ibibazo bituma impfu ziba ariko kumenya abazikoze bikaba ingorabahizi.

Bamwe mu bagenzacyaha bavuze ko CIID yazambijwe n’imikorere mibi, agasuzuguro, kudahabwa ingengo y’imari ihagije, ruswa, irondamoko n’imiyoborere idahwitse.

Imikorere mibi ya CIID na Museveni yemera ko ihari, kugeza ubwo urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (CMI) n’urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) bisigaye bigonganra mu kugenza ibyaha.

Raporo ya Polisi umwaka ushize igaragaza ko hakiriwe amadosiye 252,065 y’abakekwaho ibyaha ariko ayakozweho iperereza ni 66,526 ari nayo yagejejwe mu nkiko. Amadosiye 185,439 ntiyigeze agezwa mu nkiko.

Mu madosiye 66,526 yagejejwe mu nkiko, abahamijwe ibyaha ni 1,419 naho amadosiye 9,613 inkiko zarayanze zivuga ko nta bimenyetso, amadosiye asigaye abayarezwemo bagirwa abere.

CIID iravangirwa

Abagenzacyaha baganiriye na Monitor bavuga ko ikizambije CIID ari ukuvangirwa n’abanyapolitiki. Bavuga ko hari amadosiye menshi bakoraho hagendewe ku mategeko bavanye ku babakuriye aho kugendera ku bunararibonye bwabo.

Bavuga ko kandi urwo rwego rugifite inkovu z’amakimbirane yahoraga hagati y’uwari umuyobozi Mukuru wa Polisi, Gen Kale Kayihura n’umuyobozi wa CIID, Grace Akullo. Ibyo byatumaga CIID igenerwa ingengo y’imari nke.

Ibi byageze n’aho Kayihura yageze igihe yigira ahantu habereye icyaha.

Abagenzacyaha banagaragaje ikibazo cyo gufata abapolisi bakirangiza imyitozo bagahabwa inshingano zo kuza kuyobora ibijyanye no kugenza ibyaha kandi nta bunararibonye.

Kubera kubura amahugurwa n’ubunararibonye, ngo bamwe mu bagenzacyaha bashya bifashisha iyicarubozo kugira ngo abakekwaho ibyaha babyemere.

Hari abagenzacyaha bakoresha amafaranga yabo

Kutabona amafaranga ahagije, bituma abagenzacyaha batabona n’ibyangombwa by’ibanze nk’amakayi n’amakaramu byo gukora akazi cyangwa bajya mu kazi bikabasaba gukoresha amafaranga yabo.

Umwe yagize ati “Iyo ikirego gitanzwe ushyirwaho igitutu cyo kugikurikirana rimwe na rimwe ubuyobozi bukaguha amafaranga. Iyo icyo gitutu gishize, gihinduka nk’ikirego cyawe; ugakoresha amafaranga yawe mu guhamagara, gufotoza inyandiko, kugura impapuro zo kwandikaho inyandikomvugo,”

Ngo hari nubwo uwatanze ikirego ari we abagenzacyaha basaba amafaranga yo kujya gukora iperereza cyangwa amafaranga agasabwa uwafashwe.

Abagenzacyaha babwiye Monitor ko ari gake umuntu wafunzwe by’agateganyo afite amafaranga asohoka atari inshuti y’abagenzacyaha.

Undi we yagereranyije bamwe mu bagenzacyaha n’abajura, ati “hari abantu benshi batabwa muri yombi nta bimenyetso bihari bifatika, ugasanga babafata nko kwinezeza cyangwa hashingiwe ku makuru atari yo y’uwatanze ikirego.”

“Ntabwo ushobora gushyira ikirego ku muntu w’inzirakarengane, ukamugeza mu rukiko kubera ko gusa ushaka kwiba imodoka ye cyangwa kumwereka ko ukaze. Hari ibirego byinshi bitaba mu madosiye ya polisi ariko ugasanga abantu bari muri kasho.”

Kubera kubura amafaranga, ngo nk’abibwe bafite amafaranga bahamagara polisi bakayishyura bakavuga amazina y’abo bakeka ubundi polisi ikajya kubafunga nta rindi perereza ryakozwe.

Umwaka wa 2017 warangiye polisi igikora iperereza ku madosiye 105,017 mu gihe amadosiye 36,633 yari agitegereje kuburanwa mu nkiko.

Andrew Felix Kaweesi wishwe arashwe
Hon. Abiriga nawe yishwe arashwe.
Afande Muhammad Kirumira n’umugore barikumwe mu modoka bishwe barashwe

 

2018-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Ubwanditsi 15 Dec 2022
Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu

Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Kampala : Ikizere kiraza amasinde, gitumye  Rudasingwa yisubiriye mu ” ISHAKWE ” kugirango abone uko yaramuka kabiri

Kampala : Ikizere kiraza amasinde, gitumye Rudasingwa yisubiriye mu ” ISHAKWE ” kugirango abone uko yaramuka kabiri

Ubwanditsi 08 Feb 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Lille
    September 16, 201811:33 am -

    Mukomeze mucane uwo muriro ,amaherezo muaza kuwota,dore ahondi!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri
Mu Mahanga

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa
Amakuru

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026
APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro
IMIKINO

APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru