• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Sep 2018 POLITIKI

Umuhanzi Bobi Wine, akaba n’umudepite mu nteko ishinga Amategeko ya Uganda, ategerejwe I Kampala kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Nzeri nyuma y’iminsi yari amaze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari yagiye kwivuza nk’uko yabitangarije ikinyamakuru Mail & Guardian.

“Ndasubira mu rugo kuwa mbere. Nibyo ndahangayitse, ariko ni mu rugo, niho umuryango wanjye uri, niho abantu banjye bose bari. Ndahangayitse ariko miliyoni 44 z’Abagande nazo zirahangayitse. Niho urugo rwanjye ruri”, uyu ni Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) mu kiganiro n’iki kinyamakuru.

Bobi wine muri iki kiganiro yagaragaje inkomoko y’impungenge afite agira ati: “Ugomba kwitega ikintu cyose muri Uganda. Kubera ko urebye inyuma mu mateka benshi mu mpirimbanyi z’ubwisanzure zagiye zifatwa mu buryo bubi zikihagera kandi ntaho ntandukanye na gato. Kubw’ibyo hari buri kimwe cyo kwitega.”

Depite Robert Kyagulanyi yavuye muri Uganda mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nzeri agiye kwivuza muri Amerika nyuma yo gukubitirwa aho yari afungiye mu kigo cya gisirikare. Aragira ati: “Ndimo kumererwa neza,”

Yari yatawe muri yombi kuwa 13 kanama nyuma y’imyivumbagatanyo yabereye Arua, aho imbaga y’abamushyigikiye yateye amabuye imodoka za Perezida Museveni bikaba ngombwa ko abantu benshi batabwa muri yombi barimo Bobi Wine ndetse umushoferi we, Yasin Kawuma we akaba yarahasize ubuzima.

Bobi Wine n’abandi bantu 11 bashinjwe icyaha cy’ubugambanyi gifitanye isano n’icyo kibazo cyavutse Arua, ariko aza kurekurwa kuri bail kubera uburwayi yavugaga ko yatewe n’iyicarubozo yakorewe ubwo yari afunze.

Kwamamara muri rubanda vuba vuba kwa Bobi Wine ngo kwatumye Perezida Museveni umaze imyaka isaga 30 ku butegetsi agira impungenge nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

Bobi Wine akaba yavuze ko ubutumwa bwe bwakanguye benshi mu Bagande basanzwe kuko nawe ngo ari Umugande usanzwe udakomoka mu miryango ikomeye. Ati: “Ndi umwana wo muri Ghetto. Amateka yanjye yahoze hariya ngo buri umwe ayabone. Iyo bandebye bibona bahagarariwe, iyo mvuze bumva ijwi rya za miliyoni rimvugiramo. Bazi ko numva ububabare bwabo,”

Bobi wine yakomeje avuga ko atazareka ngo ubugizi bwa nabi kuri we cyangwa ku bandi bantu bumuce integer. Ati: “Nzakomeza ibyo nakoraga, nshishikarize Abagande kugira uruhare mu buyobozi bw’igihugu cyabo, bagire uruhare rwabo, bahaguruke basabe uburenganzira bwabo.”

2018-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika

Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Ubwanditsi 23 Jan 2020
“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye
Amakuru

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare
Mu Mahanga

Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Ubwanditsi 18 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru