• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo habaye umuhango wo gushyingura Cerna Asifiwe Uwase umwe mu babyinyi w’Itorero Hoza Dance troupe uheruka kwitaba Imana azize impanuka y’imodoka yabereye muri Leta ya Michigan.

Imihango yo gusezera bwa nyuma kuri Uwase wari uzwi ku mazina y’utubyiniriro ya Sacha cyangwa Azu, wabereye mu Mujyi wa Indianapolis muri Leta ya Indiana ari naho yari atuye ndetse n’umuryango we.

Mu kumuherekeza abafashe amagambo bose bagarutse ku rukundo n’ubusabane uyu mukobwa w’imyaka 20 yagaragazaga muri bagenzi be, banagaruka kandi ku ruhare we na mukuru we mu gushinga itorero Hoza Group ribyina imbyino gakondo za Kinyarwanda.

Mbere yo gushyingurwa mu irimbi rya Crown Hill, habanje kuba amasengesho no gusezera bwa nyuma kuri Uwase yabareye mu rusengero rwa Eagle Creek Grace Bible ari naho yasengeraga.

Umubyeyi we mu butumwa bwuzuyemo gukomera no kwizera Imana, yashimye Imana anashima abababaye hafi.

Ati “Ndashima cyane mbere na mbere Imana nshimye ku byo yakoze, nshimye Imana ko ariyo yampaye abana mfite kandi ikaba yisubije uwo yashatse, ndashima imirimo y’Imana ntabwo nashima Imana mu byiza gusa, ngo ibibi nibiza mbure kuyishima, nzayishima iminsi yanjye yo kubaho kandi nzavuga imirimo yo gukomera kw’Imana yanjye’.

Gatambira Joseph se wa Uwase usanzwe uba mu Rwanda yashimye cyane kwitanga no kwishyira hamwe mu gufatanya k’umuryango w’Abanyarwanda baba muri Amerika, uburyo bababaye hafi bakabakomeza mu bihe bikomeye.

Uyu mubyeyi waherukaga kubonana n’umukobwa we mu myaka itanu ishize yavuze ko umukobwa we yari afite byinshi yateganyaga kugeraho mu buzima buri imbere.

Uyu muryango kandi washimye Kizito Kalima umwe mu Banyarwanda bafashaga mu buryo bwa hafi, Itorero Hoza Group by’umwihariko Uwase dore ko yari n’umwe mu bagana ikigo The Peace Center for forgiveness and Reconciliation cyashinzwe na Kalima.

Kimwe mu byashenguye abantu mu buryo byukomeye ni ubutumwa bw’inshuti ya Uwase Sacha itarabashije kuza kumushyingura, uyu ubwo impanuka yabaga akaba ariwe wari utwaye imodoka yamuhitanye.

Mu butumwa bwe yavuze ko yababajwe kandi yicuza kuba impanuka yabaye yarahitanye ubuzima bw’inshuti ye. Yasabye Imbabazi umuryango wa Sacha maze ababyeyi be nabo bavuga ko bamubabariye.

Nyakwigendera yari amaze umwaka asoje amashuri yisumbuye akaba yitegura kwiga ubuforomo muri Kaminuza. Yitabye Imana avuye mu bukwe bwabereye muri Leta ya Michigan ku wa Gatandatu tariki ya 2 Nzeri 2018.

Abantu b’ingeri zitandukanye bitabiriye uyu muhango

Urugangano rwe rwavuze uko yabanaga neza n’abandi

Kizito Kalima ubwo yavugaga ijambo mu muhango wo gushyingura Uwase

2018-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

Ubwanditsi 14 Sep 2018
‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

Ubwanditsi 27 Feb 2018
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Nina Mu Ijwi ry’ ikiniga kinshi yatangaje byinshi kubyo ashinjwa ko yabyaranye n’ Umuhanzi Mako Nikoshwa

Ubwanditsi 09 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda
Amakuru

Venant Rutunga, umujenosideri wihishahishaga mu Buholandi akabarizwa no mu ishyaka FDU Inkingi yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.
Amakuru

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru