• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

Ubwanditsi 27 Feb 2018 HIRYA NO HINO

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize nibwo amarushannwa yo gutora “Miss Rwanda”yashojwe habonetse umwe mu bari wahize abandi ugomba guhagarira u Rwanda nka Nyampinga.

Iki gikorwa cyatangiye mu mwaka wa nticyavuzweho rumwe mu buryo butandukanye kandi n’abantu batandukanye uko buri mwaka cyakorwaga.

Uyu mwaka naho niko byagenze kuko hari abanenze bimwe mu bikorwa byabaye kuva mu majnjora kugeza ku ndunduro yemwe havutse n’impaka zitandukanye mu bitangazamakuru ndetse no ku mbugankoranyambaga.

Umwe bahirimbanira gusigasira umuco nyarwanda muganga Rotangarwamaboko Modeste yanyujije igitekerezo kirebana n’irushannwa rya Miss Rwanda cye ku rukuta rwa Facebook ndetse anemerera umuryango kugigeza ku bakunzi b’uru rubuga.

Uku niko giteye:

UMURYANGO UTAZIMUYE URAZIMA!

Aya ni amwe mu mafoto yagaragaje uko igikorwa cyo gutora #MissRwanda2018 cyagenze.

Benimana haba icyo nibaza ubu koko aho U Rwanda rugeze ni aho kugaragaza ubwiza ariko wambaye ubusa….?

Ubundi se ni ryari ubusa bw’#Umunyarwandakazi bwigeze bushimirwa kwanikwa ku karubanda…?

Ubusanzwe #Nyampinga ni #Nyamwali, #Umukamisha wikinze inkanda kandi n’aho imyenda yaziye umukobwa ntiyashimiwe ikabutura kuko yamushyira kukarubanda kandi aberwa no kuba nk’Agaseke gapfundikiye kagatera amatsiko.

Aha niho #Abanyarwanda bishimiye kubona #Ikizibaho (kuzibaho/gukingaho: gukinga kubwambure bw’umukobwa kuko budakwiye na rimwe mu muco nyarwanda gushyirwa Ku karubanda kuko umunyu wabunze witwa ivu.)

Turashima cyane abateguye ubugeni bwatatswe ahabereye ibirori kuko byibura abantu batangiye guhonoka no kumvira #Umuhanano aho bitaye ku gutegura #Amabara Makuru y’ u Rwanda; umweru n’umukara nk’uko ubuzima buri, uko aya mabara twayabatangarije mu mwaka wa 2013.

Ariko kandi arimo gishegisha ntavura kandi izijya gupfa zihera mu ruhongore (#Uruhongore).

Ngaho Bigishwa b’#Ubuzima Bushingiye Ku Muco nimungereranyirize uwo mubyeyi ugaragara mu ishusho iri inyuma akikiye #Igisabo n’umukobwa umutwaje agaseke ahari amwigiraho uko bambaye #Inkanda n’#Inshabure maze ubagereranye n’utwo twana bambitse amakanzu maremare rwose yajyaga kuba meza iyo atabahambira kandi ntibanayasature kwenda gushyira ku karubanda ibyo bambariyeho!

Kandi muziko n’igihe cyo gukora amahano mu nka (#Inka) nabwo uretse uwakamiraga inka mu kitoze, undi nawe yari amuhagaze hejuru n’akenda kenda kumuca mu magara aho kumubumbamagara (#Akabumbamagara).

Nonese amaherezo kuri iki tuvuge ko akabaye icwende muri Miss Rwanda katoga….?

UWIBA AHETSE ABA YEREKA UWO MUMUGONGO!

Mbese niba uwitwa ko atorewe kuba ikitegererezo n’indorerwamo y’abitwa abakobwa b’i Rwanda yambaye kandi agatozwa kwambara nk’uko abo bari hejuru bambaye, wagirango abamushyigikira n’abamureberaho bazambara bate….?

Ese ubwo uru nirwo Rwanda mugiye kuratira abanyamahanga mu ngendo zanyu za ruburamunsi ariko tutaziye umusaruro kandi ko nduzi n’aho mwicaranye, ubwo muratanga suraki badi….?

Ifoto ya kabiri ntaho iguhishe ngaho nimuribagire! Sinajyaga kuba arijye uyishyira aha ku rubuga twigiraho Ubuzima Bushingiye Ku Muco ariko haba ubwo ukeneye guhana ikibi ukivuze mu izina ryacyo bikagirana ariko umubyeyi w’i Rwanda akemera akabikora ngo ejo n’uzanga umuhanano agapfa ahanutse abantu batazagaya umubyeyi ahubwo bamenye ko uwiyishe ataririrwa kandi ko uwanze kumvira se na nyina atanze kumvira ijeri.

Icyo nababwiye ubushize ndakigarukaho nimwemera mugahonoka mugakora ibyo i Rwanda, imana izo! Ariko nimukomeza mukarindagira, ngaho mumese kamwe mwikoreshereze Miss nabwo ariko muranduza u Rwanda rwacu kuko hongerwaho izina ry’Igihugu cyacu gusa ibiri amambo #Nyampinga mureke turamushakira ahandi kandi sinzatinda kuhababwira KUKO UMUCO ARIWO SHINGIRO!

Benimana nimuhonoke TUBEHO UBUZIMA BUSHINGIYE KU MUCO!

Imana y’i Rwanda ihorana namwe!

Muganga Rutangarwamaboko

Umwigisha w’Ubuzima Bushingiye ku Muco

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Ubwanditsi 21 Jan 2017
Umugore uzwiho kuvuga ibintu bikabaho yavuze ibizaba kuri Donald Trump, Jay-z na Prince William muri uyu mwaka wa 2018

Umugore uzwiho kuvuga ibintu bikabaho yavuze ibizaba kuri Donald Trump, Jay-z na Prince William muri uyu mwaka wa 2018

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igikombe cy’Isi 2022: U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Kenya
IMIKINO

Igikombe cy’Isi 2022: U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Kenya

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari
UBUKUNGU

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018
Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma
HIRYA NO HINO

Kinshasa : Perezida Kagame yunamiye Étienne Tshisekedi wasezeweho bwa nyuma

Ubwanditsi 01 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru