• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Ubwanditsi 03 Jan 2016 Mu Mahanga

​Abakozi b’amasosiyeti yingenga acunga umutekano bagomba gukora akazi kabo kinyamwuga kugira ngo banoze neza serivisi baha ababagana. Ibi ni ibyavuzwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, ubwo yatangizaga inama y’umunsi umwe yari igenewe abashinzwe kugenzura abakozi n’uko akazi ko gucunga umutekano gakorwa mu masosiyeti yigenga akora ako kazi. Iyi nama yabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru tariki ya 2 Mutarama 2016.

Iyi nama yagiranye nabo, yari igamije kuganira nabo no kurebera hamwe uko akazi basanzwe bakora karushaho gukorwa neza ku bufatanye bw’impande zombi.
IGP Gasana yashimangiye ko ubufatanye bwabo na Polisi y’u Rwanda ari ngombwa cyane mu gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye bibangamira umutekano. Iyi mikoranire ikaba ariyo shingiro ry’umutekano usesuye, kuko aribyo nkingi yo kwiteza imbere mu buryo bunyuranye.

Yakomeje avuga ko ibiza, iterabwoba, ibyaha ndetse n’ingengabitekerezo mbi bibangamira amahoro, n’umutekano usesuye by’isi yose; bityo ubufatanye bukaba ari ingenzi mu kubikumira no kubishakira umuti urambye.

Yagize ati:” ubufatanye mu guhererekanya amakuru ni ikintu cya ngombwa mu kubuza no kurinda icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano no kurinda abaturarwanda n’ibyabo.”

-1611.jpg
Uku guhora turi maso, twiteguye ndetse n’ubunyamwuga mu kazi, ni ngombwa cyane ndetse bikanajyana no kugira ibikoresho bihagije by’akazi, no kuba abakozi bahora bajijutse baniyungura ubumenyi.

Kashemeza Robert, umuyobozi wa sosiyeti yigenga yo gucunga umutekano ya Topsec, akaba anakuriye Ihuriro ry’amasosiyeti yigenga acunga umutekano mu Rwanda, yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba ihora ibafasha mu kazi kabo ka buri munsi ko gucunga umutekano.

Yakomeje avuga ko uku kubahuriza hamwe mu mahugurwa ari ngombwa kuko bungurana ibitekerezo, bakungukiramo inama nyinshi, ibi bigatuma batanga serivisi nziza, bakora akazi kabo kinyamwuga ndetse bakanubaha n’ababagana
Kashemeza yongeyeho ko gutangira amakuru ku gihe ari ikintu cy’ingenzi mu kurwanya icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano. Yavuze ko abagize sosiyeti zigenga zo gucunga umutekano bagomba guhora biteguye kubirwanya no kubikumira.
Sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano zigenzurwa na Polisi y’u Rwanda,kugeza ubu, izemewe gukora zujuje ibisabwa zikaba ari 19 zikorera hirya no hino mu gihugu.

RNP

2016-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Happy 27th Wedding Anniversary

Happy 27th Wedding Anniversary

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali
Mu Rwanda

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu
Amakuru

Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 16 Mar 2021
Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri
Amakuru

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Ubwanditsi 20 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru