• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyamasheke: Yafashwe atwaye imodoka afite perimi y’impimbano

Nyamasheke: Yafashwe atwaye imodoka afite perimi y’impimbano

Ubwanditsi 06 Jan 2016 Mu Mahanga

​Umugabo uzwi nka Sezerano Ernest w’imyaka 22 y’amavuko, wo mu karere ka Nyamasheke, ku italiki ya 4 Mutarama yafashwe atwaye imodoka afite perimi (uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga) rw’uruhimbano.

Ubwo yari atwaye imodoka mu murenge wa Ruharambuga, uyu mugabo yahagaritswe n’abapolisi bari mu kazi kabo ko gucunga umutekano wo mu muhanda, bamusaba uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga nyuma basanga ari urwiganano ari nabwo yafatwaga.

Akimara gufatwa, Sezerano yabwiye aba bapolisi ko, iyo perimi yari ayimaranye umwaka wose ndetse ko yayiguze ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 250, ngo akaba yarayigurishijwe n’umugabo avuga ko atibuka uko yitwa.

Superintendent Jean Marie Ndushabandi, Umuvugizi wa Polisi mu Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yagiriye inama abantu, by’umwihariko abashaka impushya zo gutwara ibinyabiziga kuba maso ndetse bagashishoza, akaba yavuze ko hari ababa bashaka kwiba amafarana y’abantu babagurisha bene izi perimi z’impimbano ndetse n’izindi mpapuro muri rusange.

Supt. Ndushabandi yakomeje agira ati: “Polisi yoroheje uburyo bwo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga ndetse iyi serivisi yanegerejwe abanyarwanda aho bari hirya no hino mu gihugu. Niyo mpamvu dusaba abashaka gutunga impushya ko bakoresha aya mahirwe bahawe bagakorera izi mpushya, utsinze ikizamini akaruhabwa kurusha kwishyiraho ingorane zo kugura izitemewe n’amategeko.”

Yakomeje kandi asaba uwaba atunze uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga rutemewe n’amategeko ko, yarushyikiriza Polisi kugira ngo yirinde ibihano biteganywa n’itegeko kuwaba arufatanywe.

Avuga ko guhera muri Werurwe umwaka wa 2015, Polisi yafashe abantu 80, bakekwaho gukoresha no kugurisha perimi z’impimbano, aba bantu bafatiwe mu bice bitandukanye by’u Rwanda, mu mikwabu yakozwe bitewe n’amakuru yatanzwe n’abaturage.

Muri uko kwezi kandi, umugabo witwa Sebahinzi Ferdinand, ku bushake bwe yashyikirije Polisi perimi ye y’impimbano, akaba kandi yaranagize uruhare mu ifatwa ry’abantu bakekwagaho gukora bene izi perimi.

Supt. Ndushabandi yarangije agira ati:”Hari bamwe mu banyarwanda bagifite ingeso yo kunyura iy’ubusamo kugira ngo babone serivisi runaka, ni nayo mpamvu bashukwashukwa n’ aba banyabyaha bababeshya ko bakorana na Polisi bityo bikarangira babagurishije izi mpushya z’inyiganano.”

Ingingo ya 609, ivuga ko, umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y‟ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n‟ihazabu y‟amafaranga y‟u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni eshatu (3.000.000).

Iy’ 610 yo ikagaragaza ko, umuntu wese uzi ko inyandiko ari impimbano, akayikoresha ku buryo ubwo ari bwo bwose, ahanishwa ibihano bimwe n‟iby‟uwayihimbye.

RNP

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Master Card na Ericson bagiye kuzana mu Rwanda ikoranabuhanga rishya muri serivisi z’imari

Ubwanditsi 13 May 2016
Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Ubwanditsi 23 Feb 2016
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

Ubwanditsi 26 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards
HIRYA NO HINO

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro
Amakuru

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru