• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Ubwanditsi 05 Nov 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma yaho, politiki y’ u Bufaransa ikomeje gutsindwa muri Afurika, iki gihugu cy’ igihangange cyatangiye gushakisha uburyo cyagarura isura nshya ku bw’ inyungu z’ubukungu.

Ubushakatsi bwakomeje kugaragaza ko petiroli y’ ubwoko bwiza ndetse n’ibiti by’ ishyamba biboneka mu gace ka Rwenzori ni bimwe mu bintu by’ingenzi u Bufaransa bukirikiranye muri Uganda bigatuma inemera gukorana na Leta ya Yoweri Museveni nta kabuza.

Uretse ibyo, kuba aka gace ka Rwenzori gahana imbibe n’ u Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa gakungahaye ku mabuye y’agaciro nabyo ni akarusho.

Aha niho hazamo ikibazo gikomeye cy’ umutwe w’ inyeshyamba za ADF/NALU zikomeje guhungabanya umutekano ku mpande za Uganda ndetse na Congo-Kinshasa cyane cyane mu Mujyi wa Beni.

U Bufaransa bushobora kwitwaza gufasha ingabo za UPDF ndetse na FARDC mu guhashya ADF ariko nabwo bubifitemo inyungu z’ubukungu n’ iterambere ryabwo.

Imikoranire mu bya gisirikare

Kuwa 2 Ugushyingo 2018, Umuyobozi Mukuru w’ Ingabo z’ u Bufaransa muri Afurika zifite icyicaro muri Djibouti yasuye Uganda mu rwego rwo gushimangira umubano mu bya gisirikare ibihugu byombi bifitanye.

Br. Gen Eric Gernez yaganiriye n’ Umugaba Mukuru w’ ingabo za Uganda, David Muhoozi mu rwego rwo kugenzura ko ingabo ziri mu myitozo zimaze kugira ubumenyi buhagije bw’ Akarere ka Rwenzori.

Ni nyuma y’igeragezwa y’ imirwano mu rwego rwo kwiyongera ubushobozi ingabo za UPDF ziherutse gukorera mu misozi ya Rwenzori ndetse icyo gihe ingabo za Uganda zari zatumiwe mu myitozo idasanzwe muri Djibouti.

Brig. Gen Eric yagize ati” Imikoranire hagati y’ igisirikare cyacu n’ icya Uganda izatugirira akamaro kenshi biturutse k’ubunararibonye ku mpande zombie”.

Ku ruhande rwa Uganda, Gen David Muhoozi yavuze ko iyi myitozo bakomeje guhabwa n’ u Bufaransa izatuma bashobora guhangana n’ ikibazo cy’ umutekano kirangwa mu Ntara ya Rwenzori.

Ati” Ibi bizadufasha cyane! guhangana n’ inyeshyemba za ADF kuko iyo zirashwe na Monusco ziza kwihisha muri Rwenzori icyo gihe tuzakoresha zino ngabo zidasanzwe mu guhashya umwanzi”.

Uganda iracyakeneye imbaraga nyinshi kugira ngo ibashe guhangana n’ imitwe y’ inyeshyemba zikunze gukorera mu misozi miremire.

Gen. Muhoozi ati” Aka Karere ka Rwenzori gakungahaye kuri petiroli gakeneye kubungabungwa cyane kugira ngo ubu bukire burusheho guteza imbere igihugu.

Ambasaderi w’ u Bufaransa muri Uganda, Rivoal Stephen atanze urugero rwa Somalia, ntahwema kuvuga ko iki gihugu ari intangarugero mu Karere mu guharanira amahoro.

Aka gace ka Rwenzori gafitiye agaciro kenshi Uganda mu rwego rw’ ubukungu kuko gakurura abakerarugendo benshi, kanafite amahirwe menshi k’ ubucuruzi kuba kari ku mupaka wa Congo-Kinshasa ndetse kanakungahaye kuri petiroli.

Imisozi ya Rwenzori ifatiye Museveni runini

Kuva muri Kamena 2016, i Rwenzori nibwo Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yatangije ku mugaragaro imyitozo ya gisirikare ingabo z’ u Bufaransa zahaga ingabo za UPDF.

Izi ngabo z’u Bufaransa zikorera muri Afurika zifite icyicaro muri Djibouti nizo zahawe inshingano zo gutoza ingabo za Uganda kurwanira mu misozi miremire.

Mu masezerano Perezida Museveni yagiranye n’ u Bufaransa icyo gihe, abasirikare ba Uganda bazarangiza imyitozo bazaba abarimu bakazakomeza kwigisha bagenzi babo bityo icyo kigo kikaba ingirakamaro ku ngabo zose za UPDF mu nshingano zo kurinda igihugu n’abaturage.


2018-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Umunyarwandakazi wamurikaga imideri muri Nigeria yerekeje USA

Umunyarwandakazi wamurikaga imideri muri Nigeria yerekeje USA

Ubwanditsi 05 Jun 2019
Uganda:  Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi

Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi

Ubwanditsi 21 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    November 5, 201810:56 am -

    Ntacyihishe inyuma yu mubano wingabo zibihugu byombi ahubwo nuko abafaransa bazi neza ko UPDF ari Police ya Africa mukubungabunga umutekano muri Africa ndetse nomukarere kibiyaga bigari.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN
IMIKINO

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Gen.Kayumba  gusaba imbabazi zo gucyura Condo
ITOHOZA

Gen.Kayumba gusaba imbabazi zo gucyura Condo

Ubwanditsi 08 Sep 2016
U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026
Amakuru

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru