• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Ubwanditsi 05 Nov 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma yaho, politiki y’ u Bufaransa ikomeje gutsindwa muri Afurika, iki gihugu cy’ igihangange cyatangiye gushakisha uburyo cyagarura isura nshya ku bw’ inyungu z’ubukungu.

Ubushakatsi bwakomeje kugaragaza ko petiroli y’ ubwoko bwiza ndetse n’ibiti by’ ishyamba biboneka mu gace ka Rwenzori ni bimwe mu bintu by’ingenzi u Bufaransa bukirikiranye muri Uganda bigatuma inemera gukorana na Leta ya Yoweri Museveni nta kabuza.

Uretse ibyo, kuba aka gace ka Rwenzori gahana imbibe n’ u Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa gakungahaye ku mabuye y’agaciro nabyo ni akarusho.

Aha niho hazamo ikibazo gikomeye cy’ umutwe w’ inyeshyamba za ADF/NALU zikomeje guhungabanya umutekano ku mpande za Uganda ndetse na Congo-Kinshasa cyane cyane mu Mujyi wa Beni.

U Bufaransa bushobora kwitwaza gufasha ingabo za UPDF ndetse na FARDC mu guhashya ADF ariko nabwo bubifitemo inyungu z’ubukungu n’ iterambere ryabwo.

Imikoranire mu bya gisirikare

Kuwa 2 Ugushyingo 2018, Umuyobozi Mukuru w’ Ingabo z’ u Bufaransa muri Afurika zifite icyicaro muri Djibouti yasuye Uganda mu rwego rwo gushimangira umubano mu bya gisirikare ibihugu byombi bifitanye.

Br. Gen Eric Gernez yaganiriye n’ Umugaba Mukuru w’ ingabo za Uganda, David Muhoozi mu rwego rwo kugenzura ko ingabo ziri mu myitozo zimaze kugira ubumenyi buhagije bw’ Akarere ka Rwenzori.

Ni nyuma y’igeragezwa y’ imirwano mu rwego rwo kwiyongera ubushobozi ingabo za UPDF ziherutse gukorera mu misozi ya Rwenzori ndetse icyo gihe ingabo za Uganda zari zatumiwe mu myitozo idasanzwe muri Djibouti.

Brig. Gen Eric yagize ati” Imikoranire hagati y’ igisirikare cyacu n’ icya Uganda izatugirira akamaro kenshi biturutse k’ubunararibonye ku mpande zombie”.

Ku ruhande rwa Uganda, Gen David Muhoozi yavuze ko iyi myitozo bakomeje guhabwa n’ u Bufaransa izatuma bashobora guhangana n’ ikibazo cy’ umutekano kirangwa mu Ntara ya Rwenzori.

Ati” Ibi bizadufasha cyane! guhangana n’ inyeshyemba za ADF kuko iyo zirashwe na Monusco ziza kwihisha muri Rwenzori icyo gihe tuzakoresha zino ngabo zidasanzwe mu guhashya umwanzi”.

Uganda iracyakeneye imbaraga nyinshi kugira ngo ibashe guhangana n’ imitwe y’ inyeshyemba zikunze gukorera mu misozi miremire.

Gen. Muhoozi ati” Aka Karere ka Rwenzori gakungahaye kuri petiroli gakeneye kubungabungwa cyane kugira ngo ubu bukire burusheho guteza imbere igihugu.

Ambasaderi w’ u Bufaransa muri Uganda, Rivoal Stephen atanze urugero rwa Somalia, ntahwema kuvuga ko iki gihugu ari intangarugero mu Karere mu guharanira amahoro.

Aka gace ka Rwenzori gafitiye agaciro kenshi Uganda mu rwego rw’ ubukungu kuko gakurura abakerarugendo benshi, kanafite amahirwe menshi k’ ubucuruzi kuba kari ku mupaka wa Congo-Kinshasa ndetse kanakungahaye kuri petiroli.

Imisozi ya Rwenzori ifatiye Museveni runini

Kuva muri Kamena 2016, i Rwenzori nibwo Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yatangije ku mugaragaro imyitozo ya gisirikare ingabo z’ u Bufaransa zahaga ingabo za UPDF.

Izi ngabo z’u Bufaransa zikorera muri Afurika zifite icyicaro muri Djibouti nizo zahawe inshingano zo gutoza ingabo za Uganda kurwanira mu misozi miremire.

Mu masezerano Perezida Museveni yagiranye n’ u Bufaransa icyo gihe, abasirikare ba Uganda bazarangiza imyitozo bazaba abarimu bakazakomeza kwigisha bagenzi babo bityo icyo kigo kikaba ingirakamaro ku ngabo zose za UPDF mu nshingano zo kurinda igihugu n’abaturage.


2018-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Ubwanditsi 12 Oct 2018
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Ubwanditsi 03 Apr 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    November 5, 201810:56 am -

    Ntacyihishe inyuma yu mubano wingabo zibihugu byombi ahubwo nuko abafaransa bazi neza ko UPDF ari Police ya Africa mukubungabunga umutekano muri Africa ndetse nomukarere kibiyaga bigari.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0
IMIKINO

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Ubwanditsi 10 Dec 2018
U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026
Amakuru

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwatanze umusanzu mu kwakira zimwe mu impunzi zagizwe abacakara muri Libya

Ubwanditsi 22 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru