• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Ubwanditsi 05 Nov 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma yaho, politiki y’ u Bufaransa ikomeje gutsindwa muri Afurika, iki gihugu cy’ igihangange cyatangiye gushakisha uburyo cyagarura isura nshya ku bw’ inyungu z’ubukungu.

Ubushakatsi bwakomeje kugaragaza ko petiroli y’ ubwoko bwiza ndetse n’ibiti by’ ishyamba biboneka mu gace ka Rwenzori ni bimwe mu bintu by’ingenzi u Bufaransa bukirikiranye muri Uganda bigatuma inemera gukorana na Leta ya Yoweri Museveni nta kabuza.

Uretse ibyo, kuba aka gace ka Rwenzori gahana imbibe n’ u Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa gakungahaye ku mabuye y’agaciro nabyo ni akarusho.

Aha niho hazamo ikibazo gikomeye cy’ umutwe w’ inyeshyamba za ADF/NALU zikomeje guhungabanya umutekano ku mpande za Uganda ndetse na Congo-Kinshasa cyane cyane mu Mujyi wa Beni.

U Bufaransa bushobora kwitwaza gufasha ingabo za UPDF ndetse na FARDC mu guhashya ADF ariko nabwo bubifitemo inyungu z’ubukungu n’ iterambere ryabwo.

Imikoranire mu bya gisirikare

Kuwa 2 Ugushyingo 2018, Umuyobozi Mukuru w’ Ingabo z’ u Bufaransa muri Afurika zifite icyicaro muri Djibouti yasuye Uganda mu rwego rwo gushimangira umubano mu bya gisirikare ibihugu byombi bifitanye.

Br. Gen Eric Gernez yaganiriye n’ Umugaba Mukuru w’ ingabo za Uganda, David Muhoozi mu rwego rwo kugenzura ko ingabo ziri mu myitozo zimaze kugira ubumenyi buhagije bw’ Akarere ka Rwenzori.

Ni nyuma y’igeragezwa y’ imirwano mu rwego rwo kwiyongera ubushobozi ingabo za UPDF ziherutse gukorera mu misozi ya Rwenzori ndetse icyo gihe ingabo za Uganda zari zatumiwe mu myitozo idasanzwe muri Djibouti.

Brig. Gen Eric yagize ati” Imikoranire hagati y’ igisirikare cyacu n’ icya Uganda izatugirira akamaro kenshi biturutse k’ubunararibonye ku mpande zombie”.

Ku ruhande rwa Uganda, Gen David Muhoozi yavuze ko iyi myitozo bakomeje guhabwa n’ u Bufaransa izatuma bashobora guhangana n’ ikibazo cy’ umutekano kirangwa mu Ntara ya Rwenzori.

Ati” Ibi bizadufasha cyane! guhangana n’ inyeshyemba za ADF kuko iyo zirashwe na Monusco ziza kwihisha muri Rwenzori icyo gihe tuzakoresha zino ngabo zidasanzwe mu guhashya umwanzi”.

Uganda iracyakeneye imbaraga nyinshi kugira ngo ibashe guhangana n’ imitwe y’ inyeshyemba zikunze gukorera mu misozi miremire.

Gen. Muhoozi ati” Aka Karere ka Rwenzori gakungahaye kuri petiroli gakeneye kubungabungwa cyane kugira ngo ubu bukire burusheho guteza imbere igihugu.

Ambasaderi w’ u Bufaransa muri Uganda, Rivoal Stephen atanze urugero rwa Somalia, ntahwema kuvuga ko iki gihugu ari intangarugero mu Karere mu guharanira amahoro.

Aka gace ka Rwenzori gafitiye agaciro kenshi Uganda mu rwego rw’ ubukungu kuko gakurura abakerarugendo benshi, kanafite amahirwe menshi k’ ubucuruzi kuba kari ku mupaka wa Congo-Kinshasa ndetse kanakungahaye kuri petiroli.

Imisozi ya Rwenzori ifatiye Museveni runini

Kuva muri Kamena 2016, i Rwenzori nibwo Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yatangije ku mugaragaro imyitozo ya gisirikare ingabo z’ u Bufaransa zahaga ingabo za UPDF.

Izi ngabo z’u Bufaransa zikorera muri Afurika zifite icyicaro muri Djibouti nizo zahawe inshingano zo gutoza ingabo za Uganda kurwanira mu misozi miremire.

Mu masezerano Perezida Museveni yagiranye n’ u Bufaransa icyo gihe, abasirikare ba Uganda bazarangiza imyitozo bazaba abarimu bakazakomeza kwigisha bagenzi babo bityo icyo kigo kikaba ingirakamaro ku ngabo zose za UPDF mu nshingano zo kurinda igihugu n’abaturage.


2018-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Ubwanditsi 28 Mar 2020
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Ubwanditsi 16 May 2024
Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 Oct 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    November 5, 201810:56 am -

    Ntacyihishe inyuma yu mubano wingabo zibihugu byombi ahubwo nuko abafaransa bazi neza ko UPDF ari Police ya Africa mukubungabunga umutekano muri Africa ndetse nomukarere kibiyaga bigari.

    Subiza

Leave a Reply to Sunday Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo
Mu Mahanga

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya
Mu Mahanga

Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Kinshasa : Perezida Kabila yagize  Samy Badibanga  Minisitiri w’Intebe
Mu Rwanda

Kinshasa : Perezida Kabila yagize Samy Badibanga Minisitiri w’Intebe

Ubwanditsi 18 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru