• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 07 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko Leta y’u Rwanda iri bwubahirize icyemezo cy’urukiko ku rubanza rwa Diane Rwigara na Adeline Rwigara, ariko ashimangira ko igiye gusuzuma byimbitse ingaruka z’iki cyemezo.

Ubu butumwa bushyizwe ahagaragara nyuma y’uko kuri uyu wa Kane tariki 6 Ukuboza 2018, Urukiko rukuru rwagize abere Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi Adeline.

Diane Rwigara yaregwaga gukora no gukoresha impapuro mpimbano ubwo yashakaga ibyangombwa byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora yabaye mu 2017, aregwa kugambirira guteza imvururu hashingiwe ku mvugo yakoresheje aganira n’abanyamakuru.

Nyina Mukangemanyi we yarezwe kugambirira guteza imvururu, ivangura no gukurura amacakubiri, hashingiwe ku biganiro by’amajwi yagiye yohererezanya n’abantu batandukanye kuri WhatApp.

Bombi bari basabiwe n’Ubushinjacyaha gufungwa imyaka 22, ariko kuri uyu wa Kane umucamanza yanzura ko urukiko rwasanze ibimenyetso by’Ubushinjacyaha bidahagije mu kugaragaza ko ibyaha abaregwa bakurikiranyweho koko babikoze.

Mu itangazo Minisitiri Busingye yashyize ahagaragara nyuma y’icyemezo cy’urukiko, yagize ati “Leta irubahiriza icyemezo cy’urukiko ku rubanza rwa Diane Rwigara na Adeline Rwigara kandi iraza gusuzuma byimbitse ingaruka z’iki cyemezo. Twamaganye abantu batandukanye bakomeza gutambamira ubutabera mu byo bandika cyangwa bavuga.”

“Tuzakomeza guteza imbere no kubungabunga amategeko yacu, harimo ajyanye n’imigendekere y’amatora, umudendezo w’igihugu cyacu kandi twimakaza kubaha ibyemezo by’ubutabera.”

Mbere y’uko icyemezo gifatwa kuri uru rubanza, hari abantu cyane cyane abanyamahanga barimo abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bagiye bagaragaza ko Diane na Adeline Rwigara barekurwa, mu gihe urukiko rwari rugisuzuma ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha hamwe n’ubwiregure bwabo.

Ni ibintu ariko u Rwanda rwagiye rwamagana, ruvuga ko ubwigenge bw’ubutabera bwarwo butagomba kubangamirwa.

Nyuma y’isomwa ry’uru rubanza, Ubushinjacyaha nabwo bwatangaje ko “nk’uko bisanzwe bwubaha ibyemezo by’inkiko.”

Mu butumwa bwanyujije kuri Twitter, bwakomeje bugira buti “Turaza gusoma neza dusesengure icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rw’ubushinjacyaha bwarezemo Diane Rwigara na bagenzi be, duhitemo icyo gukora hakurikijwe ibyo amategeko ateganya.”

Diane Rwigara, murumuna we Anne n’umubyeyi wabo Mukangemanyi Rwigara batawe muri yombi ku wa 23 Nzeri 2017. Ku wa 23 Ukwakira 2017 Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Anne afungurwa, ntiyakomeza gukurikiranwa.

Ku wa 5 Ukwakira 2018 Urukiko Rukuru rwemeje ko abandi nabo barekurwa by’agateganyo, bakomeza kuburana bari hanze.

2018-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

Ubwanditsi 11 Jan 2022
Amatora muri RPF : Paul Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman n’amajwi 99.9%

Amatora muri RPF : Paul Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman n’amajwi 99.9%

Ubwanditsi 16 Dec 2017

4 Ibitekerezo

  1. Rwakimanzi
    December 7, 20189:42 am -

    Noneseko mutigeze mwandika inkuru yuko Diane na Nyina batsinze mungirwa rubanza bashowemo? Twarabamenye di

    Subiza
  2. Beatrice Bomgwa
    December 7, 201810:03 am -

    Abacamanza bacu bahuje nuko abategetsi ba Amerika babyumva. Ikibazo se kirihe? Isesengura lyabo rishingiye ku mategeko amwe. Ahubwo Nyakubahwa Minisitiri niyiyame abaribatangajeko bariya bategarugori bombi ari abanyabyaha. Hari nuwabise abarozi (sorcieres)! Hakwiye rero gucukumburwa kandi hagahanywa abategetsi batesheje agaciro inkiko zacu mu gihe bacaga urubanza rukiri mu nkiko. Icyakabiri cyacukumburwa: ubwo ibyo bavuze byagizwe ukuri, hakwiye kwihutishwa urubanza rw’urupfu rw’umubyeyi wabo, bakanasubizwa ibyabo byangiritse ndetse n’ibyibwe. Amabandi Adeline yashyize ahagaragara agahanwa by’intangarugero. Nasaba abasobanukiwe kutubwira niba Anne wafunguwe ngo aburane ari hanze nawe yaragize umwere. Aho urubanza rwe ntiruzaba nkurwa Violette Uwamahoro wisubiriye mu Bwongereza cyanga Erlinder muri USA? Izo manza zicumbikwa zizatanga ubutabera gute?

    Subiza
  3. Btwenge
    December 8, 20182:55 pm -

    BIRABABAJE CYANE!
    NGO. RETA IGIYE GUCUKUMBURA
    BYIMAZEYO IBYIFUNGURWA
    RYABO KWA RWIGARA??
    REKA MBABAZE MWESE
    ABASOMA RUSHYASHYA
    RETA BISOBANURA IKI??
    UBUTABERA. NAKO. UBUCAMANZA

    NTAGO ARI. RETA??

    Subiza
  4. Btwenge
    December 8, 20183:05 pm -

    Ndabona. Ibyiza rero

    Rushyashya na Tom Ndahiro
    Bakwiriye kujurira
    Bakaburana nabo kwa Rwigara!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo
HIRYA NO HINO

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda
Amakuru

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024
USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye
HIRYA NO HINO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru